SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yashimiye RIB urwego rwiza igezeho igenza ibyaha
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Kagame yashimiye RIB urwego rwiza igezeho igenza ibyaha
Andi makuru

Perezida Kagame yashimiye RIB urwego rwiza igezeho igenza ibyaha

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2025/03/28 at 2:22 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yasabye Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha gukomeza gukorana n’izindi nzego kugira ngo zitange ubutabera vuba kandi mu mucyo.

 Ni ubutumwa yatanze kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28 Werurwe 2025, ubwo yakiraga indahiro y’Umunyamabanga mushya w’Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha,Col Pacifique Kayigamba Kabanda.

 Umukuru w’igihugu yabanje  gushima intambwe urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha,RIB,rugezeho mu kugenza ibyaha.

 Perezida Kagame yavuze ko kugeza ubu hagenda hagaragara ibyaha bitandukanye birimo n’ibyambukiranya imipaka n’iby’ubukungu ,asaba ubufatanye mu kubirwanya.

 Ati “Turagenda tubona imikoranire y’amatsinda mpuzamipaka y’abanyabyaha, bakoresha ikoranabuhanga kugira ngo bagirire abantu nabi.

 Ikindi kandi ibyaha by’ubukungu bikomeje kwiyongera harimo uburiganya mu ishoramari ndetse n’ibindi bikorwa bigamije gushuka abantu no kubanyaga ibyabo. Ibyo byose bigira ingaruka mbi ku baturage baba batabizi, bikabangamira imibereho yabo.”

 Perezida wa Repubulika yasabye uru rwego gukoresha imbaraga mu gukora ubushakashi no gukoresha ikoranabuhanga mu guhangana n’ibyaha bigenda bigaragara.

 Ati “Tugomba rero gukoresha imbaraga zose dufite tugahangana n’izi mpinduka no gukomeza kubaka ubushobozi bwacu mu bugenzacyaha, binyuze mu bushakashasti busesuye ku byaha, gukoresha ikoranabuhanga mu gushaka ibimenyetso no gukoresha uburyo bushya bushingiye ku bumenyi ndetse hasigaye hariho n’ubwenge buhangano. Ibi byose ni byo twakoresha mu kubaka ubushobozi bwacu.”

Umukuru w’igihugu yibukije ko uru rwego rw’Ubugenzacyaha, rukwiye gufatanya n’izindi ngo rutange ubutabera bwiza kandi bwihuse.

Yagize ati “Nagira ngo nongereho RIB igomba gukomeza gufatanya n’inzego bireba kugira ngo ubutabera butangwe vuba kandi neza.”

 

Perezida Kagame  yasabye abayobozi kurangwa n’ubunyangamugayo mu mikorere yabo, abibutsa ko bakwiye gushyira umuturage ku isonga.

 Ati “Inshingano yacu ni ukugira ngo buri wese, buri muturage,abeho mu buzima bwe, yizeye ko arinzwe uko bikwiye .Ibindi bya buri munsi bikagenda uko byagakwiye kuba bigenda hatarimo kwihanganira amafuti nkayo ngayo.”

 Col Pacifique Kayigamba Kabanda wahawe inshingano zo kuyobora RIB yari asanzwe ari Umushinjacyaha Mukuru mu Rukiko rwa Gisirikare.

 Asimbuye Col Ruhunga  Jeannot wari umaze imyaka umunani kuri uwo mwanya.

Ingingo ya 20 y’itegeko rishyiraho RIB, iteganya ko Umunyamabanga Mukuru n’Umunyamabanga Mukuru wungirije bagira manda y’imyaka itanu ishobora kongerwa rimwe gusa.

You Might Also Like

Kigali : Umusore wo mu kigero cy’ imyaka 20 yiyahuriye ku nyubako izwi nko kwa Makuza ahita yitaba Imana

Ambasaderi Ernest Rwamucyo yatanze impapuro zimwerera guhagararira u Rwanda muri Kenya

Canal+ Rwanda yashyize igorora abakiliya bayo ibaha Poromosiyo ya Umukiliya n’umwami

Minisitiri Mutamba Constant yitabye ubushinjacyaha ashagawe n’abunganizi 20

Perezida Kagame yasuye ishuri rikuru ry’’ikoranabuhanga ry’ubwenge bw’ubukorano muri Algerie

Nsanzabera Jean Paul March 28, 2025 March 28, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuruImyidagaduro

Urubyiruko rukoresha imbuga nkoranyambaga rwasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Bisesero(Amafoto)

April 14, 2025
Imikino

Myugariro wa Arsenal Jurriën David Norman yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi

December 14, 2023
Andi makuru

Uganda yohereje umutwe w’Ingabo zidasanzwe muri Sudan y’ Epfo

March 11, 2025
Imikino

Neymar yarwaniye mu kabyiniro muri Brazil

July 6, 2023
Andi makuru

Abanyeshuri biga mu ishuri rya gisirikare muri Qatar basuye u Rwanda

May 24, 2023
Andi makuru

Ed Sheeran yahishuye ko yarikuba akiri Imanzi iyo ataba umuhanzi

August 6, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?