SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Mu gahinda Kenshi benshi mubo Jean Lambert Gatare yafashije bamuvuze ibigwi (Amafoto)
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Mu gahinda Kenshi benshi mubo Jean Lambert Gatare yafashije bamuvuze ibigwi (Amafoto)
Andi makuru

Mu gahinda Kenshi benshi mubo Jean Lambert Gatare yafashije bamuvuze ibigwi (Amafoto)

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2025/03/28 at 8:11 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
4 Min Read
SHARE

Umugoroba wo  ku ya 27 Werurwe2028 wari  uwa amarira n’agahinda  kubabanye na  Jean Lambert Gatare  ubwo  benshi  mubo yafashije  byinshi mw’itangazamakuru bizihizaga ubuzima bwe bwa nyuma  higanjemo abamaze kwandika  izina mu itangazamakuru ryo mu Rwanda .

Ni mu muhango wabereye mu rugo rwa Nyakwigendera  I Nyamirambo aho benshi  mu bakora mw’Itangazamkauru baba abakuru cyangwa abato n’inshuti n’abavandimwe  bari bateraniye baje kumwizihiza nk’umugabo wari imfura kandi uzi kubana na benshi .

Muri uwo  muhango havugiwe byinshi mubyo Jean Lambert Gatare yakoze mu gihe cye cyose yamaze kuri iy’isi y’abazima kugeza  ashizemo Umwuka  kw’isi  y’abazima kw’itariki ya 22 Werurwe 2025 ku myaka  55 y’amavuko

Umunyamakuru ubimazemo igihe wanakoreye igitangazamakuru cy’igihugu ndetse akaba yaranakoranye na Jean Lambert Gatare, Tidjara Kabendera, yagaragaje ko nyakwigendera yagize uruhare runini mu kumutinyura no gutuma agera kuri Radio Rwanda ubwo yari avuye kwiga i Arusha muri Tanzania.

Umuyobozi Mukuru wa Isango Star, Mugabo Justin, uri mu bakoranye igihe kinini na Jean Lambert Gatare aho bakunze gukorana cyane mu matangazo yamamaza, yemeje ko yari umuntu udasanzwe kandi urangwa no kudacika intege.

Mugabo yasobanuye ko gukorana na Jean Lambert Gatare mu birebana no kwamamaza byatumye bahindura umuvuno w’uko byakorwaga kandi abantu bakabikunda.

Ati “Byinshi byatubabazaga icyo gihe twaje kubihindura tubihuzamo no kujya twisekera tugatera urwenya, ari naho havuye kujya dukora amatangazo yo kwamamaza ahindura abantu ariko akanabarangaza.”

Yongeyeho ati “Ibyo twakoze icyo gihe ni byo bitanga igisobanuro, kuko haba ku gitangazamakuru cya Leta, haba no ku cyo twashinze dufatanyije ni cyo gisobanuro. Isango Star ntabwo yubatswe na njye na we gusa harimo n’abandi banyamakuru ariko muri bo Gatare yabaye inkingi ya mwamba, mu kubaka ibiganiro, gutanga ibitekerezo mu kuzakora itangazamukuru rizajya imbere kandi rizubaka abantu.”

Yashimangiye ko Gatare ari umuntu wagombaga kwiyambazwa ku muntu ushaka kumenya ibirebana n’itangazamakuru kandi ko yagombaga kuboneka kugira ngo abere abandi urugero rwiza.

Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura, RMC, Mutesi Scovia, yashimangiye ko abateye ikirenge mu cya Jean Lambert Gatare bazavamo abanyamakuru beza nk’uko na we yari umunyamakuru mwiza kandi w’umunyamwuga

Umuyobozi wa Radio Rwanda n’izindi Radio za RBA, Uwayo Divin, yashimye umusanzu Gatare yatanze ku iterambere ry’iyo radio n’itangazamakuru muri rusange.

Ati “Umurage we yawusigiye abo bakoranye n’abandi bagiye bashinga ikirenge aho yagendaga ashingura barimo nanjye ubwanjye. Kuri njyewe mufata nk’umwarimu wigishije abatari bake itangazamakuru. Yabaye umwarimu mwiza w’itangazamakuru bitamusabye gufata ikaramu cyangwa ingwa ngo atange amasomo mu buryo busanzwe, yaratwigishije mu bijyanye n’umwuga kubera kumwumva no gukurikira ibyo yakoraga.”

Umunyamakuru wa Kiss FM, Niyongira Antoinette, yashimye uko yafashijwe gutera imbere mu mwuga na Jean Lambert Gatare ndetse yemeza ko uko ari ubu byagizwemo uruhare na we.

Ati “Gatare twahuye ndi umwana muto, umwana ufite inzozi, intumbero z’ejo hazaza ariko ubura uwamufungurira umuryango ngo abashe kuzigeraho. Duhura yabonye ubwo bushobozi bwari muri njye, angirira icyizere, amfungurira umuryango wo gutangira itangazamakuru.”

Yongeyeho ati “Yari umubyeyi wacu, yarebaga kure akavuga ngo uyu mwana ndabona yabishobora, kandi akakubwira n’ibyo wowe udakeka ko wageraho. Muvuze mu ijambo rimwe ni imfura, navuga ko yakoze ibyo yagombaga gukora nubwo agiye tukimukeneye.”

AMAFOTO: IGIHE

 

You Might Also Like

Lt Gén Masuzu yasabye ingabo za FARDC guhagukura zishikamye zikirukana M23

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemera abahagarariye ibihugu byabo 11 mu Rwanda

Umuyobozi wa Pan African Movement mu Rwanda yiyemeje gukangurira abanyafurika kwibohora burundu

Minisitiri Nduhungirehe yitabiriye inama yiga ku bufatanye bwa EU-AU I Buruseli

Augustin Patata Ponyo wabaye Minisitiri wa RDC yakatiwe imyaka 10 y’imirimo y’agahato

Nsanzabera Jean Paul March 28, 2025 March 28, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Rayon Sports wfc yaguze abakinnyi bashya!

December 23, 2023
Imyidagaduro

Nyuma y’imyaka 4 Safi Madiba yagarutse mu rwagasabo

December 4, 2024
Imyidagaduro

Umuhanzi Real Limu yahuje imbaraga na Justin bashyira hanze indirimbo bise Imihigo irakomeje

May 14, 2024
Imyidagaduro

Mfite icyizere cyo kuzaba umuhanzi Mpuzamahanga :Bruce Melodie

December 16, 2024
Imyidagaduro

Tasha The Dj yishimiye gusangira ubunani n’abana bo ku muhanda

January 1, 2024
Imyidagaduro

Dr Mukeshimana Geraldine wahoze ari Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda, yagizwe Visi Perezida wa IFAD

August 1, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?