SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Intambara y’amagambo irakomeje hagati ya Bobi wine na Gen Muhozzi
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Intambara y’amagambo irakomeje hagati ya Bobi wine na Gen Muhozzi
Imyidagaduro

Intambara y’amagambo irakomeje hagati ya Bobi wine na Gen Muhozzi

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2025/03/26 at 10:59 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umuhanzi akaba n’umunyapolitike muri Uganda, Bobi Wine, yemeye ubusabe bw’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba wamusabye ko bazakina umukino w’iteramakofi.

Byose byatangiye ubwo ku munsi w’ejo Gen. Muhoozi Kainerugaba yandikaga ubutumwa kuri X, agira ati “Kwica Kabobi ni akazi koroshye. Biroroshye cyane. Yavuze ko akunda iteramakofi. Mutumiye mu mukino w’iteramakofi.”

Nyuma y’amasaha make Bobi Wine nawe yaje kumusubiza yemera ubusabe bwe, avuga ko naramuka atsinzwe azahita areka politike ariko kandi nawe naramuka amutsinze azareka inzoga.

Ati “Umukino wemewe! Nunsinda nzareka politike, nanjye ningutsinda uzareka inzoga. Vuga igihe, nanjye ndavuga aho bizabera.”

Si ubwa mbere ba bagabo bombi bakomeye muri politike ya  Uganda  bakozanyijeho ku mbuga nkoranyambaga aho buri  iteka umwe aba yigamba ko afte ingufu mu baturage.

Mu kwezi kwa mbere  uyu mwaka  Gen Muhoozi yagiye ku rubuga rwe rwa X yanditse agira  ati” ati “Kabobi (izina yita Bobi Wine) arabizi ko umuntu umurinze agatuma ntamugeraho, ni Data (Museveni). Igihe Mzee (Museveni) yaba adahari, ubu mba naramuciye umutwe!”

Mu bundi butumwa nabwo bushotorana, Gen Muhoozi yagize ati “Kabobi ni umuntu udakenewe, ntiyemewe n’amategeko, ni umuntu udashobotse udashobora, kandi utazigera na rimwe yemerewe kujya mu mwanya w’icyubahiro mu biro bya Perezida muri Uganda.”

Gen Muhoozi kandi yongeye kwandika andi magambo, abwira Bobi Wine ko azamuvugiriza induru aho yihishe, amubwira ko niyongera kumuvuga cyangwa akavuga izina ry’umuryango we azamukura amenyo!

 

 

 

 

 

 

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul March 26, 2025 March 26, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Ubukungu

RwandAir yatangije ingendo zigana i Paris

June 27, 2023
Imyidagaduro

Imbamutima za Massamba na Aline Gahongayire nyuma yo kugirwa b’Ambasaderi bo kumenyekanisha u Rwanda mu mahanga

December 4, 2023
Imyidagaduro

Mama wa Weasel yashimiye Teta Sanda ko akomeje gushyigikira umuhungu we

August 6, 2024
Imikino

Perezida wa Sunrise Fc yatawe muri yombi

December 6, 2023
Andi makuru

Dr Alfred Jahn yavuzwe ibigwi mu ijoro ryo kwizihiza ubuzima bwe (Amafoto

June 19, 2024
Imyidagaduro

Anita Pendo ahatanye mu bihembo bya ‘Ladies in Media Awards 2023’bibera muri Ghana

February 19, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?