SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Kim Kardashian akomeje kugira impungenge kubera imyitware ya Kanye West
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Kim Kardashian akomeje kugira impungenge kubera imyitware ya Kanye West
Imyidagaduro

Kim Kardashian akomeje kugira impungenge kubera imyitware ya Kanye West

Gossip Kigali
Last updated: 2025/03/24 at 4:33 AM
Gossip Kigali
Share
3 Min Read
SHARE

Kim Kardashian wabyaranye abana bane na Kanye West akomeje kugira impungenge kubera imyitwarire y’uyu mugabo iri gutuma bamwe bavuga ko afite uburwayi bwo mu mutwe bwarenze urugero.

Mu 2014 ni bwo aba bombi barushinze gusa mu 2022 baratandukana, ariko bari baramaze kubyarana abana bane ari bo North, Saint, Psalm na Chicago.

Page Six yatangaje ko Kanye West amaze iminsi ari kwandagaza impanga za Jay-Z na Beyonce, kwibasira Kim Kardashian babyaranye no gushyira umukobwa we mukuru mu ndirimbo irimo P. Diddy n’ibindi.

Nyuma y’ibi byose, bivugwa ko Kim ari gushaka uburyo uyu mugabo yakwamburwa uburenganzira bwo gufata imyanzuro ku bana be.

Iki kinyamakuru cyatangaje ko gifite amakuru cyakuye mu nshuti za hafi za Kanye West na Kim Kardashian, avuga ko Kim Kardashian akurwa umutima no kuba umukobwa we mukuru akunda Se kandi akomeza kugaragaza ibikorwa bigayitse.

Uwatanze amakuru yagize ati “North aramukunda cyane. Ntabwo navugira abandi bana, ariko North ni umukobwa wa Kanye West cyane. Ibi bintu bikura umutima Kim.”

Amakuru avuga ko Kanye West adakunze kuba ari kumwe n’abana be, ahubwo barerwa na nyina wenyine.

Kanye West wahinduye izina mu myaka yashize akiyita ‘Ye’ yigeze kwivugira ko yasanzwemo indwara ya ‘Autisme’ ituma umuntu agira imyitwarire idasanzwe ndetse na ‘Bipolar disorder’, ituma umuntu agira agahinda gakabije kavanze n’imihindagurikire y’umubiri. Icyo gihe umuntu ashobora kugira ibyishimo bidasanzwe, akabura ibitotsi n’ibindi.

Umwe mu bamuzi neza yavuze ko ashobora kuba yararetse imiti yafataga kugira ngo ubu burwayi bucogore, ati “Biragaragara ko atari gufata imiti ye, iyo aza kuba ayifata ntabwo tuba turi hano.”

Yongeyeho ko uburwayi bw’uyu mugabo buri gukaza umurego, ati “Biri gusubira inyuma, ntabwo ameze neza, arushaho kumera nk’uri kurohama mu nyanja kandi ntabwo ari kwitwara nk’umuntu ufite ubwenge. Afite ibitekerezo bibi byinshi, sintekereza ko ashobora gusohoka muri ibi bintu.”

Nk’uko Page Six yabitangaje, imyitwarire ya Kanye West yarushijeho guhinduka kuva yagaruka i Los Angeles muri Mutarama 2025, bitewe no gukoresha ‘Nitrous oxide’ igabanya ububabare.

Bivugwa ko kandi Kanye na Censori bamaze amezi make babana muri hoteli, ariko ntiharamenyekana neza uko umubano wabo uhagaze nyuma y’inkuru zavugaga ko batandukanye.

Ababazi bavuga ko Censori w’imyaka 30, asanzwe yitwara neza ku bana ba Kanye, cyane cyane North.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Gossip Kigali March 24, 2025 March 24, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Iyobokamana

Grace Room Ministries ya Pastor Julienne Kabanda yateguye igiterane cyo kwishimira imyaka 5 imaze

November 21, 2023
Imyidagaduro

Ubuyobozi bwa Kigali Protocal bwijeje abazitabira igitaramo cyo kwizihiza imyaka 5 bazanyurwa n’imitegurire yacyo

June 28, 2023
Imyidagaduro

Jose Chameleon yageze I Kigali aherekejwe na Teta Sandra yanga kuganira n’itangazamakuru

May 23, 2025
Andi makuru

Perezida Emmanuel Macron yahawe urwamenyo ageze muri Mayotte

December 20, 2024
Andi makuru

Meddy na Adrien Misigaro bakoranye indirimbo ya 2 yo kwinjiza abakunzi babo mu bihe bya Noheli

December 11, 2023
Andi makuru

Ghana :Inteko Ishinga amategeko yatoye itegeko rikuraho igihano cy’urupfu

July 26, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?