SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Abashinwa bahishuye ko biteguye guhangana n’amerika igihe icyo aricyo cyose
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Abashinwa bahishuye ko biteguye guhangana n’amerika igihe icyo aricyo cyose
Andi makuru

Abashinwa bahishuye ko biteguye guhangana n’amerika igihe icyo aricyo cyose

Ahupa Radio
Last updated: 2025/03/06 at 12:53 PM
Ahupa Radio
Share
1 Min Read
SHARE

Ubushinwa bwabwiye Leta Zunze Ubumwe za Amerika ko bwiteguye kurwana “intambara iyo ari yo yose” nyuma y’uko Perezida Donald Trump yongereye umusoro ku bicuruzwa bituruka muri icyo gihugu.

Tariki 3 Werurwe 2025, nibwo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye umusoro wa 25% ku bicuruzwa bituruka muri Kanada na Mexique, mu gihe ibicuruzwa biturutse mu Bushinwa byongerewe 10% ku musoro wari usanzweho.

Ni iteka yashyizeho umukono avuga ko gushyiraho imisoro mishya bigamije kugabanya umubare w’abimukira n’ibiyobyabwenge byinjira muri Amerika mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ni icyemezo kitakiriwe neza n’ibihugu, aho byavuze ko nabyo bizihimura kuri Amerika.

Ubushinwa bwihimuye byihuse bushyiraho imisoro iri hagati ya 10% na 15% ku bicuruzwa by’ubuhinzi byaturukaga muri Amerika.

Bwavuze ko niba Amerika ishaka intambara, izayirwana mu buryo ubwo aribwo bwose.

Itangazo ry’u Bushinwa rigira riti: “Niba intambara ari yo Amerika ishaka, yaba iy’imisoro, iy’ubucuruzi, cyangwa ubundi bwoko bw’intambara iyo ari yo yose, twiteguye kurwana kugeza ku iherezo.”

U Bushinwa butangaje ibi mu gihe Minisitiri w’Intebe, Li Qiang, aherutse gutangaza ko ubutegetsi bwe buzongera ingengo y’imari y’ingabo ku kigero cya 7.2% uyu mwaka, anavuga ko bazakora impinduka mu gisirikare zitari zarigeze zibaho mu kinyejana.

 

You Might Also Like

Perezida Paul Kagame yatangiye uruzinduko rw’akazi muri Algeria (Amafoto)

Uganda : Ingabo za UPDF zaburijemo igitero cy’iterabwoba I Munyonyo hagwa babiri

Martin Fayulu udacana uwaka na Tshisekedi biyemeje gufatanya kurwanya Joseph Kabila

I Kigali hateraniye inama itegura ibikorwa by’ingabo za EAC biteza imbere abaturage

RIB yasabye abanyarwanda kwirinda ababashukisha akazi keza mu mahanga bizezwa ubuzima bwiza

Ahupa Radio March 6, 2025 March 6, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano na StarTimes!

December 7, 2023
Imyidagaduro

Diamond Platnumz yishimiye ko igitaramo yakoreye i Kigali cyitabiriwe n’Umuryango wa Perezida Kagame

August 13, 2023
Imyidagaduro

A$AP Rocky agiye gusubira mu nkiko

February 28, 2025
Andi makuru

Perezida Paul Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru Abapolisi harimo na CG Emmanuel Gasana

September 27, 2023
Andi makuru

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Zelensky wa Ukraine

January 17, 2024
Iyobokamana

Aime Uwimana na Prosper Nkomezi batumiwe mu gitaramo cya Cross Over 2024 cyateguwe na Zion Temple

December 21, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?