SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Minaffet yatumije Ambasaderi w’Ubwongereza mu Rwanda, Alison Thorpe
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Minaffet yatumije Ambasaderi w’Ubwongereza mu Rwanda, Alison Thorpe
Andi makuru

Minaffet yatumije Ambasaderi w’Ubwongereza mu Rwanda, Alison Thorpe

Ahupa Radio
Last updated: 2025/02/28 at 10:11 AM
Ahupa Radio
Share
2 Min Read
SHARE

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane yatumije Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda, Alison Thorpe, kugira ngo agaragarizwe uburyo amagambo yavuzwe na Minisitiri w’u Bwongereza ushinzwe Afurika ayobya.

Minisitiri Ray Collins aherutse gutangaza ko ubwo yari imbere y’abadepite, yabajijwe ku bakirisitu 70 umutwe w’iterabwoba wa ADF wicishije imihoro n’inyundo muri teritwari ya Lubero muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Nk’uko yakomeje abisobanura, ngo yasubije abadepite ko yahuye na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, “ahakana ibyo byaha byose biri gukorwa.”

Minisitiri Nduhungirehe yatangaje ko amagambo ya Minisitiri Collins agaragaza urwego rw’ubumenyi buke, guteza urujijo n’ibinyoma rutihanganirwa, agaragaza ko Guverinoma y’u Bwongereza izayatangaho ibisobanuro binyuze mu nzira ziteganywa.

Minisitiri Nduhungirehe ku wa 27 Gashyantare 2025 yemeje ko yatumije Ambasaderi Thorpe kugira ngo agaragarizwe uburyo amagambo ya Minisitiri Collins ayobya, kandi ko yababaje Guverinoma y’u Rwanda.

ADF ni umutwe w’iterabwoba ukomoka muri Uganda. Ukorera mu ntara ya Ituri no mu majyaruguru y’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru. Nta raporo n’imwe igaragaza ko hari aho uhuriye n’u Rwanda, ahubwo u Rwanda ni kimwe mu bihugu washatse kugabamo ibitero, umugambi wawo urapfuba.

Impuguke z’Umuryango w’Abibumbye zatangaje ko ADF yateganyaga kugaba ibitero mu mujyi wa Kigali mu gihe mu Rwanda hari hateraniye inama y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma ya Commonwealth (CHOGM) mu 2022.

Mu Ukwakira 2021, na bwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwafashe abantu 13 ADF yari yatumye kugaba ibitero ku bikorwaremezo by’ingenzi mu mujyi wa Kigali. Bari bafite ibikoresho bateganyaga kwifashisha, bikora ibiturika.

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Ahupa Radio February 28, 2025 February 28, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Oldies Music Festival’ yaranzwe n’udushya Fuadi ahemberwa kwambara neza (Amafoto)

July 28, 2024
Imikino

Icyo imibare ivuga kuri Tour du Rwanda 2024

February 17, 2024
Imikino

Amavubi anganyije na Zimbabwe mumukino utari uryoheye ijisho!

November 15, 2023
Imyidagaduro

Umuhanzi Kidumu yageze i Kigali yirinda kugira icyo avuga ku mubano w’igihugu cye n’U Rwanda

August 21, 2024
Imyidagaduro

Nzovu na Yaka bongeye gutumirwa muri gitaramo cya Gen-Z Comedy

April 30, 2025
Andi makuru

Chley wamenyekanye mu ndirimbo komasava rmx ya Diamond azataramira I kigali

August 5, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?