SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Abanyarwanda barangajwe imbere na Perezida Paul Kagame n’umuryango we bitabiriye igitaramo cya John Legend muri BK Arena
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Abanyarwanda barangajwe imbere na Perezida Paul Kagame n’umuryango we bitabiriye igitaramo cya John Legend muri BK Arena
Imyidagaduro

Abanyarwanda barangajwe imbere na Perezida Paul Kagame n’umuryango we bitabiriye igitaramo cya John Legend muri BK Arena

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2025/02/22 at 1:03 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
KIGALI, RWANDA - FEBRUARY 21: John Legend performs onstage during Global Citizen's Move Afrika: Kigali at BK Arena on February 21, 2025 in Kigali, Rwanda. (Photo by Jemal Countess/Getty Images for Global Citizen)
SHARE

Umugoroba wo ku tariki ya 21 Gashyantare 2025 wari utegerejwe na benshi wari umunsi w’amateka muri muzika nyarwanda  uhereye ku muryango wa Perezida wa Repubulika  Paul Kagame n’umuryango we wose .

Kw’isaha  ya saa kumi imiryango yari yamaze gufungurwa ndetse abinkwakuzi bari batangiye  kwinjira muri  BK Arena nubwo batahise bijiramo imbere bagumye hanze bifatira amafoto y’urwibutso n’icyo kunywa  kugeza ahagana I saa  moya  n’igice  nibwo Dj Toxxyk yageze ku rubyiniro abanza gususurutsa abari bitabiriye igitaramo kugeza ahagana  I saa mbiri.

Nyuma ya Dj Toxxyk kw’isaha ya saa mbiri nígice nibwo  Bwiza uri ku rutonde rw’abahanzi bagomba gususurutsa abitabiriye iki gitaramo ageze ku rubyiniro yahereye ku ndirimbo ‘Ogera’ yakoranye na Bruce Melodie, yishimirwa na benshi bitabiriye iki gitaramo.

Uyu muhanzikazi yasusurukije abitabiriye iki gitaramo mu ndirimbo ze zakunzwe zirimo Ahazaza na Ready.

Nyuma ya Bwiza ahagana I saa tatu nibwo  John Legend n’itsinda  rimufasha ku rubyiniro bageze  ku rubyiniro igitaramo ibintu  bihindura isura abanyarwanda bamwakirana urugwiro rwinshi

Uyu muhanzi w’icyamamare yaserutse mu myambaro ya Made in Rwanda, yakozwe n’inzu y’imideli ya Moshions.

Akigera ku rubyiniro ibintu byahindutse, abari bicaye barahagarara batangira kuririmba. Ageze ku ndirimbo “Love Me Now” ibintu byabaye akarusho, abari muri BK Arena bose batangira kuririmbana nawe.

Nyuma yo kurangiza kuririmba Love Me Now, John Legend yafashe umwanya aganiriza abafana be, avuga ko “Nishimiye kugera i Kigali, by’umwihariko nejejwe no gutaramira bwa mbere muri Afurika y’Iburasirazuba”.

Mu byishimo  byinshi uyu munyabigwi wari uherekejwe n’itinda ry’ abaririmbi bigaragara ko baziranye  bakomeje bashimisha abantu ari nako umuryango wa nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame wagaragaza ibyishimo byinshi mu byicaro by’icyubahiro  wari wagenenewe .

John Legend mbere y’uko  ava ku rubyiniro yashimiye abanyarwanda cyane ababwira ko abakunda ari nabwo yaririmbye indirimbo yatumye aba  ikimenya bose  ariyo “ all Of Me maze Arena yose irahaguruka imufasha kuyiririmba ari nako bacana amatoroshi ya telephone zabo  ari nako bafata amashusho azatuma benshi bamukumbura ayisoje  Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yasuhuje abari bitabiriye  igitaramo nabo bamweretse  urukundo bamufitiye arabasuhuza nyuma abona no kubasezeraho  nabo bati ni wowe muzehe wacu .

Iki gitaramo cyashyizweho akadomo kw’isaha ya Saa tanu n’iminota 10 abanyarwanda bataha  bishimye aho bamwe batashye bavuga  ko John Legend yimanye u Rwanda nyuma yo  kwiregangiza amagambo menshi yagiye  abwirwa mbere yo kuza avuga ko u Rwanda  ruteze umutekano muke mu majyaruguru y’intara ya Goma muri Repubulika  iharanira Demokarasi ya Congo .

 

 

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul February 22, 2025 February 22, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Nigeria Bola Ahmed Tinubu i Abu Dhabi

January 14, 2025
Andi makuru

Kimenyi Yves yabazwe ashyirwamo urugingo rushya

October 31, 2023
Imyidagaduro

Itsinda The Same Abiru ryakeje Perezida Kagame ku mibanire ye n’amahanga mu ndirimbo bise “Urabanaga “(Video)

June 10, 2024
Imyidagaduro

Marcus Jordan umuhungu wa Michael Jordan yatawe muri yombi akukiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge

February 5, 2025
Imyidagaduro

Nadia Umugore wa Riderman nyuma y’imyaka 9 barushinze yongeye kumutera imitoma ku isabukuru ye .

March 10, 2024
Imyidagaduro

Kevin Hart n’umuryango we basuye urwibutso Jenoside rwa Kigali

July 20, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?