SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Abba Marcus Mayanja yongeye kwikoma se umubyara nyuma yo gusubizwa mu bitaro
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Abba Marcus Mayanja yongeye kwikoma se umubyara nyuma yo gusubizwa mu bitaro
Imyidagaduro

Abba Marcus Mayanja yongeye kwikoma se umubyara nyuma yo gusubizwa mu bitaro

Gossip Kigali
Last updated: 2025/02/20 at 12:19 PM
Gossip Kigali
Share
2 Min Read
SHARE

Abba Marcus Mayanja, umuhungu w’umuhanzi Jose Chameleone yamwibasiye bikomeye nyuma y’uko bitangajwe ko yongeye kujyanwa mu bitaro, avuga ko se ari we muntu mubi kurusha abandi Isi yagize.

Joseph Mayanja uzwi nka Jose Chameleone, yasubijwe mu bitaro ku nshuro ya kabiri aho afite uburwayi bumurembeje bufite aho buhuriye cyane no kunywa inzoga zirengeje urugero.

Uku gusubizwa mu bitaro byatumye umuhungu we basanzwe badacana uwaka amwibasira kumugaragaro.

Uyu musore yifashishije imbuga nkoranyambaga kuri uyu wa 19 Gashyantare 2025, yandika kuri X ko Jose Chameleone atari umuntu muzima, kuko ngo akijyanwa mu bitaro aho guhamagara abana be yahisemo kubitangariza kuri Tik Tok.

Abba Marcus kandi yongeyeho ko Se ari umwe mu babyeyi b’abagabo babi bigeze babaho mu mateka.

Ati “Data ni we mubyeyi mubi kurusha abandi bose babayeho ku Isi. Yihutiye kujya kwa muganga ndetse akigerayo aho kumenyesha abana be ahita yihutira kubishyira kuri TikTok.”

Ibi ndetse n’andi magambo agaragaza ko atishimiye Se umubyara yakomeje kubivuga mu bisubizo yahaga abantu bamunengega kuri X ko ari gutuka umubyeyi we ufatwa nk’igihangange mu muziki wa Uganda.

Si ubwa mbere Abba Marcus avuze amagambo nk’aya kuri Chameleone akaba na se umubyara.

Mu mpera za 2024 ubwo Chameleone yajyanwaga mu bitaro uyu muhungu we yagaragaje ko ubu burwayi bwa Se buterwa n’uburangare bw’abamukikije.

Yashimangiye ko abo se yita inshuti ari bo bamuteza imyago kuko ngo bo baba barangajwe imbere no kumukuraho amafaranga.

You Might Also Like

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

King Promise yasangije urugendo rwe mu muziki abana bafashwa na Sherrie Silver Foundation

The Ben ,Diamond ,Bebe Cool na Eddy Kenzo bayuze abaitabiriye igitaramo cya Coffe Marathon UG (Amafoto

Jose Chameleone na Murumuna we bunamiye inzirakarengane za Jenoside yakorewe Abatutsi zishinguye mu Rwibutso rwa Gisozi

Bishop Gafaranga yasabiwe n’urukiko gufungwa iminsi 30

Gossip Kigali February 20, 2025 February 20, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Pst Theogene Niyonshuti uzwi nk’umwana wo ku mihanda yitabye Imana

June 23, 2023
ImyidagaduroUbukungu

Inzu y’imideli ya ‘Lito Ris Design’ yashyize kw’isoko amoko mashya yibyo bakora

June 13, 2023
Imyidagaduro

Ariel Wayz yashimiye Minisitiri Nduhungirehe nyuma yo kumwereka ko yakunze album ye

April 1, 2025
Andi makuru

Imibiri 10 y’abana barohamye muri Nyabarongo yabonetse

July 19, 2023
Andi makuru

Perezida Ndayishimiye yakiriye Minisitiri w’ububanyi na Amahanga wa RDC I Bujumbura

March 25, 2025
Andi makuru

Jean-Marie Le Pen wamenyekanye kubera ubuhezanguni n’irondaruhu mu bufaransa yitabye Imana

January 8, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?