SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Lions de Fer yegukanye igikombe cy’irushanwa rya Jade Water
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imikino > Lions de Fer yegukanye igikombe cy’irushanwa rya Jade Water
Imikino

Lions de Fer yegukanye igikombe cy’irushanwa rya Jade Water

Nsanzabera Jean Paul
Nsanzabera Jean Paul Published February 17, 2025
Share
SHARE

Mu mpera z’icyumweru dusoje ku wa gatandatu tariki 15 gashyantare muri  IPRC Kicukiro habereye irushanwa  ry’umukino w Rugby ryari ryateguwe na Federasiyo y’uwo mukino  mu Rwanda ku nkunga ya Jade Water Group na Ambasade y’abongereza mu Rwanda aho ryegukanywe na Lions De  Fer mu bagabo na Resilience mu bagore .

Iri  rushanwa ryari ribaye ku nshuro yaryo  ya mbere ryahuje amakipe  18 yo mu cyiciro cya mbere  harimo 12 y’abagabo n’6 y’abagore aho yahataniraga ibikombe ndetse  n’ibindi  bihembo bitandukanye .

Iryo rushanwa kandi ryari ukugira  ko rirebe neza uko amakipe ahagaze mu gihe bitegura gutangira shampiyona y’igihugu cy’umukino wa  Rugby biteganyijwe ko izatangira  tariki  22 werurwe  uyu  mwaka

Iryo rushanwa rya Jade water 7s kuri uwo munsi ryari ryitabiriwe n’Ambasaderi w’igihugu  cy’ubwongereza mu Rwanda Madame  Alison Thorpe wari mu bashyitsi ba banyacyubahiro bari batumiwe aho yirebeye umukino wa nyuma wahuje Lions de Fer aho yatsinze ikipe ya 1000 Hills  amanota  21 kuri  14.

Ikipe ya Lions yegukanye igikombe muri  iri rushanwa yabonye uyu  mwanya nyuma yo gukuramo Resilience amanota  28 kuri 05 , mu gihe  1000 Hills yo yabashije gukuramo Gitisi TSS amanota  21 kuri  19 muri kimwe cya  kabiri .

Kapiteni  w’ikipe ya Lions Ikorukwishaka Patrick yadutangarije ko nubwo begukanye ririya rushanwa ku nshuro yabo ya mbere bahuye n’ikipe ikomeye ya 1000 Hills  ikipe  n’ubusanzwe bahora bahanganye ariko barabikoze barabatsinda , kandi bizeye ko no muri shampiyona y’uyu mwaka nabwo bazabatsinda

Iri rushanwa nkuko  twabibabwiye ryari  rigizwe n’amakipe 12 mu bagabo yari matsinda 4 aho  ikipe  yabaye iya mbere  muri buri tsinda yageze muri kimwe cya kabiri .

Perezida w’  ishyirahamwe ry’umukino wa Rugby mu Rwanda Bwana Tharcisse  Kamanda  asoza iri  rushanwa yavuze ko  bateguye iri rushanwa  mu rwego rwo kugaragaza impano nshya ndetse  no kuzizamura  kugira zigere ku rwego mpuzamahanga mu myaka iri Imbere

Yakomeje avuga  ko ubu ari intsinzi ikomeye  cyane  gutangiza  irushanwa nkiri  kuko ariyo ntego yabo gukomeza guteza  imbere uyu mukino  ku buryo  n’umwaka utaha bazongera  bakaritegura kuko  umufatanyabikorwa wabo  yongeye kwemera kuzabatera inkunga ,

 

 

 

 

 

 

You Might Also Like

Amavubi yongeye gutsindwa umukino wayo wa kabiri na Algerie

APR BBC yageze muri ½ nyuma yo gutsinda Rivers Hoopers

UEFA Nations League : Espagne izahura na Portugal ku mukino wa nyuma

Amavubi yatsinzwe umukino wayo wa mbere na Algerie 2-0

UEFA Nations League: Portugal yageze ku mukino wa nyuma isezereye Ubudage

Nsanzabera Jean Paul February 17, 2025 February 17, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Inzibutso 4 za Jenoside yakorewe Abatutsi zashyizwe mu murage w’Isi na UNESCO

September 20, 2023
Imikino

Munyakazi Sadate yaburiye abafana ba Mukura VS bakomeje kwicinya icyara

March 31, 2025
Andi makuru

Jimmy Carter wabaye Perezida w’Amerika yitabye Imana

December 30, 2024
Andi makuru

Umuraperi Kendrick Lamar ategerejwe i kigali mu bitaramo cyiswe Move Afrika: Rwanda”

November 3, 2023
Andi makuru

Munyakazi Sadate yongeye gucyeza inkotanyi zatumye yongera kwiyubaka akaba uwo ariwe ubu

April 30, 2025
Imyidagaduro

Lady Gaga Yinjije arega miliyoni ijana mu mwaka wa 2023

February 6, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?