SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Michelle Obama akomeje kwibasirwa nyuma yo kutitabira umuhango wo gushyingura Jimmy Carter
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Michelle Obama akomeje kwibasirwa nyuma yo kutitabira umuhango wo gushyingura Jimmy Carter
Andi makuru

Michelle Obama akomeje kwibasirwa nyuma yo kutitabira umuhango wo gushyingura Jimmy Carter

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2025/01/10 at 8:47 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Michelle Obama yakomeje kotswa igitutu nyuma yo kutitabira umuhango wo gushyingura Jimmy Carter wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ni we mugore w’umunyacyubahiro utabashije kugaragara muri uwo muhango, ibintu byateje impaka zikomeye.

Uyu muhango wabereye muri National Cathedral i Washington kuri uyu wa 09 Mutarama 2025, nyuma y’iminsi icumi Jimmy Carter yitabye Imana. Abagabo bose babaye aba Perezida n’abagore babo bitabiriye, uretse Obama utazanye n’umugore we Michelle, ibintu byateye benshi kwibaza impamvu yabyo.

Carter yapfuye afite imyaka 99, kandi umuhango wo kumushyingura witabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Perezida watorewe kuyobora Amerika muri manda nshya, Donald Trump hamwe n’abaperezida batatu barimo Bill Clinton, George W. Bush, ndetse na Barack Obama. Kutaboneka kwa Michelle Obama byakomeje kugibwaho impaka cyane cyane ko ari umwe mu bagore bakomeye mu bya politiki muri Amerika.

Impamvu yo kutitabira yamenyekanye nyuma, ubwo umunyamakuru wa CNN Jeff Zeleny yatangazaga ko Michelle Obama ari mu “kiruhuko” i Hawaii, akavuga ko yari afite gahunda yihariye. Ariko, iki gisubizo nticyabashije kugabanya impaka ku mbuga nkoranyambaga. Abenshi bagaragaje agahinda batewe no kubona Michelle Obama yitaye kuri gahunda ze zihariye kurusha kwitabira guha icyubahiro Carter.

“Yagombaga kugaruka mu gihugu, nta kintu na kimwe cyari kumubuza kugaruka,” umwe mu bakoresha urubuga rwa X (Twitter) yabitangaje ku rukura rwe, mu gihe abandi babonaga ko yanze kuza kuko ko atifuzaga kugira aho ahurira na Trump, bafitanye umubano utari mwiza.

Nubwo hari abagaragaje ko imishinga y’umuntu igomba guhabwa umwanya mbere y’ibindi bintu ibyo ari byo byose, kutitabira kwa Michelle Obama kwateje impaka ku isura ye rusange, cyane ko abandi bagore b’aba Perezida barimo Hillary Clinton, Laura Bush na Rosalynn Carter bose bitabiriye.

Nk’umugore umwe rukumbi mu bagore b’abayobozi bayoboye Leta Zunze Ubumwe za Amerika, utitabiriye uyu muhango, icyemezo cyo kutitabira uyu muhango cya Michelle Obama cyasize abantu benshi bibaza ku ndangagaciro ze no ku gaciro aha kuba ari umugore w’umugabo wigeze kuba Perezida

 

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul January 10, 2025 January 10, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Umuhanzi Fik Gaza yatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha cy’ubujura

April 4, 2025
Imyidagaduro

Lil wayne agiye gushyira hanze alubumu ye nshya yise The Carter VI.

April 24, 2025
Imyidagaduro

Minisitiri Dr Utumatwishima Yasabye abakunzi ba muzika kumuherekeza mu gitaramo cya Yago Pon Dat

December 21, 2023
Imyidagaduro

El Classico Beach yateguriye abanyabirori igitaramo gisoza icyumweru neza yise Week ends Vybes

June 8, 2023
Andi makuru

Perezida Chakwera yategetse ko ingabo za Malawi ziri muri RDC zitahuka vuba

February 6, 2025
Imikino

Umuyobozi wa Tiger Gate Steward yavuze ibyabagoye mu mikino ibiri amavubi  yatsinzwemo

March 27, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?