SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: IMA :Abanyamakuru b’imyidagaduro bitoreye abahanzi bakoze neza muri 2024
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > IMA :Abanyamakuru b’imyidagaduro bitoreye abahanzi bakoze neza muri 2024
Andi makuru

IMA :Abanyamakuru b’imyidagaduro bitoreye abahanzi bakoze neza muri 2024

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/12/18 at 5:24 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
4 Min Read
SHARE

Ku mugoroba wo kuri uyu  wa kabiri  muri  Kigali Universe abanyamakuru  bakora mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda bahujwe n’Isango na muzika mu gikorwa cyo gutora abahanzi bakoze neza mu mwaka wa 2024 aho bazahembwa mu Isango na Muzika Awards 2024 ku nshuro ya  Gatanu

Muri ibyo birori byari byitabiriwe n’abanyamakuru bandika ,abakora kuri Televiziyo ndetse ‘abasanzwe bakoresha imbuga  nkoranyambaga zitandukanye  babonye  umwanya  wo kwitorera abahanzi bakoze neza muri uyu mwaka .

Uwo mugoroba waranzwe n’ibiganiro hagati y’abategura ibyo bihembo barimo Radio Isango Star, Deutsche Welle,ndetse na Skol n’abandi  batandukanye

Mu ijambo Umuyobozi wa ISANGO STAR Laetitia Mugabo yavuze ko imyaka itanu ishize ibi bihembo bitangwa ari iyo kwishimirwa.

Ati “Uyu munsi ni umunsi wo kwishimira…Imana ibahe umugisha turi twenyine ntabwo byaryoha. Tubashimira ko mutuba hafi. Ni igikorwa dukora twikoramo kuko ntabwo ari kimwe mu byinjiriza ikigo ariko kuko iki kiganiro ari kimwe mu byakunzwe kugeza n’uyu munsi, ni umusanzu dutanga mu ruganda.”

Grace Ubaruta wa Deutsche Welle, iri mu bafatanyabikorwa muri ibi bihembo yavuze ko basanzwe bafite gahunda yo guteza imbere uruganda rw’imyidagaduro, banyuze mu cyo bise ‘Afrimax’ bityo bakaba barahisemo kwifatanya na Isango mu gukomeza kugira itafari bashyira kuri uru ruganda.

Ati “Tugira porogaramu yitwa Afrimax ireba ku buhanzi, rero twifuje gutanga umusanzu wacu mu Rwanda dufatanya na Isango Star. Afrimax izanyuzwaho ibitaramo byabaye bigamije kumenyekanisha ibi bihembo mu ntara zose zo mu Rwanda.”

Umunyamakuru Kalex usanzwe akora ikiganiro isango na muzika  yavuze ko imyaka itanu bamaze bakora iki gikorwa kuri bo ivuze ikintu gikomeye, kandi bakaba bifuzaga ko noneho begerana n’itangazamakuru ry’imyidagaduro nk’abantu bahora hafi abahanzi.

Ati “Twifuje ko noneho byatangwa itangazamakuru ribigizemo uruhare turi kumwe. Mu byukuri ibihembo, ni ishimwe n’abahanzi ubwabo bakabaye bishimira ko batoranyijwe.”

Yavuze ko muri uyu mwaka bongeye kongeramo icyiciro cy’umuraperi mwiza, nyamara mu myaka yashize byari ibintu  bigoranye kumubona cyane ko byaherukaga mu 2021.

Mugenzi we, Tessy bakorana  muri icyo kiganiroyavuze  ko uyu mwaka byanga bikunze hari impinduka zabayeho mu gutanga ibi bihembo, ndetse n’uko byagiye bitegurwa cyane ko ku nshuro ya mbere byanyuze mu ntara zose z’igihugu bimenyekanishwa.

Ikindi yavuze ni uko abanyamakuru bahawe rugari mu buryo butandukanye n’uko byari mbere.

Uyu mukobwa yatangaje ko kuri iyi nshuro bazatanga ibihembo mu byiciro 11. Muri ibyo harimo icya ‘Best Male’, ‘Best Female Artist’ cyanatewe inkunga na Skol, ‘New Artist of Year’, ‘Gospel Artist of The Year’, ‘Best Album of The Year’, ‘Song of The Year’, ‘Best Collaboration Song of The Year’,’ Audio Music Producer’, ‘Video Director’, ‘Hip Hop Artist of The Year’ ndetse na ‘Cultural Artist of The Year’.

Kuri  iyi nshuri  bavuze Amatora  azakorwa  binyuze  kuri murandasi azaba afite amajwi angana na 30%, itangazamakuru naryo 30% naho abakemurampaka bafite 40%.

Kalex yunze mu rye, avuga ko gutegura ibihembo ari ikintu kitoroshye, ndetse atangaza ko bigoye ko bazatanga akandi gashimwe gaherekeza igihembo.

Yatangaje ko binyuze mu bafanyabikorwa hari igihe abahanzi runaka bazagira amahirwe, yo kujya bamamariza sosiyete zahisemo guhemba icyiciro runaka, bityo bakaba bakirigita ku ifaranga mu buryo bwihuse ariko ubu bikaba bikigoranye.

Yavuze ko abahanzi bose bagendanye mu bitaramo bakoze mu ntara bagiye babagenera agashimwe ko kwifashisha mu kwitegura gutaramira abitabiriye ibi bitaramo.

Ibi bihembo biteganyijwe ko bizatangwa ku Cyumweru tariki 22 Ukuboza muri Kigali Convention Centre

 

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul December 18, 2024 December 18, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Vladimir Putin yatangaje ko barashe ku birindiro bya Ukraine bikomeye

November 28, 2024
Imyidagaduro

Umunyarwanda Dabijou yatewe indobo n’umuhanzi Harmonize byavugwaga ko bari mu Rukundo .

January 5, 2023
Andi makuru

Umuyobozi w’abarwanyi ba Wagner yavuze ko bagiye kuva mu gace ka Bakhmut Muri Ukraine

May 5, 2023
Imyidagaduro

Aline wo muri Bamenya yibarutse umwana wa kabiri

January 19, 2023
Andi makuru

Abantu 59 baguye mu nkongi y’Umuriro yibasiye akabyiniro muri Macedonia

March 17, 2025
Andi makuru

Ingabo za SAMDRC zizataha zinyuze ku butaka bw’ u Rwanda

April 17, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?