SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Mukansanga Salma yahagaritse akazi ko gusifura
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imikino > Mukansanga Salma yahagaritse akazi ko gusifura
Imikino

Mukansanga Salma yahagaritse akazi ko gusifura

Muhire Jimmy
Last updated: 2024/10/22 at 3:50 PM
Muhire Jimmy
Share
2 Min Read
SHARE
Umunyarwandakazi ,Salima Mukansaga wari umusifuzi yasezeye kuri uyu mwuga ku myaka 36 nyuma y’uko yakoze amateka atandukanye arimo nayo gusifura igikombe cy’Isi cya 2022.
Ibi Salima  yabitangaje muri  iki  gitondo mu kiganiro yagiranye  B&B Kigali FM kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Ukwakira 2024, aho yavuze ko ari icyemezo yafashe ku giti cye ndetse ko ibindi abantu bavuga atabizi.

Ni nyuma y’uko n’ubundi uyu musifuzi yari amaze igihe adasifura haba muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda ndetse no mu mikino mpuzamahanga.

Mukansanga Salima yatangiye gusifura mu buryo bwemewe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA mu 2007.

Mu 2012 nibwo yagizwe umusifuzi mpuzamahanga ,akaba yaratangiye gusifura imikino mpuzamahanga ari umusifuzi wa Kane maze nyuma y’imyaka ibiri asifura umukino we wa mbere ari mu kibuga ahafati ubwo ikipe y’igihugu ya Zambia yakinaga na Tanzania mu 2014 mu gushaka itike y’Igikombe cya Afurika.

Yagiye yitwara neza maze atangira kumenyekana cyane mu rugendo rwe nk’umusifuzi wabigize umwuga mu mwaka wa 2022. Muri icyo gihe yanditse amateka yo kuba umugore wa mbere wasifuye mu Gikombe cya Afurika cy’Abagabo [CAN] cyabereye muri Cameroun n’icy’Isi cya 2022 cyabereye muri Qatar.

Ku wa 19 Gicurasi 2022 yatangajwe mu basifuzi batatu b’abagore bari gusifura Igikombe cy’Isi hamwe na mugenzi wabo Stéphanie Frappart n’Umuyapani Yoshimi Yamashita.

Muri Mutarama mu mwaka ushize, Mukansanga yatoranyijwe mu basifuzi bayaboye Igikombe cy’Isi cy’Abagore cyabereye muri Australia na Nouvelle-Zélande ndetse yari no mu basifuzi bo kuri VAR mu gikombe cya Afurika cyabaye mu kwezi kwa Mbere.

You Might Also Like

Winner Rwanda yafunguye ubwidagaduriro bw’abana mu murenge wa Gitega

Abantu 27 harimo abana 4 bakomerekeye mpanuka mu birori byo kwishimira igikombe Liverpool yegukanye

Jose Chameleon na Weasel bazatarama mu birori byo kwishimira Ibikombe APR FC yegukanye

Munyakazi Sadate yasezeranyije Perezida Kagame kuzazana ibikombe mpuzamahanga mu Rwanda

APR BBC yongeye itsindirwa mu maso ya Perezida Kagame na MBB South Africa 98-88

Muhire Jimmy October 22, 2024 October 22, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Perezida Mamadi Doumbouya yishimiye urugendo rwa Perezida Kagame muri gihugu cye .

May 15, 2024
Andi makuruUbuzima

Urwandiko rwa UMUHIRE CHRISTELLA rusaba guhinduza amazina

April 6, 2023
Imyidagaduro

Chriss Eazy yashyize hanze indirimbo Edeni ica agahigo ko kurebwa cyane mu masaha make

February 16, 2023
Imyidagaduro

The Ben yiyongereye mu ndirimbo Folomiana ya Kevin Kade na Chriss Eazy

April 24, 2025
Andi makuru

Aba Tanzania ntibavuga rumw ku kibumbano cya Tanzania cyashyizwe ku kicaro cya AU

February 19, 2024
Imyidagaduro

#Kwibuka31: Massamba yasabye urubyiruko kudasinda ibyishimo ahubwo rukwiye kuba maso muri iki gihe twibuka

April 10, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?