Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yikomye bikomeye Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, nyuma y’uko asabye ibihugu guhagarika guha Israel intwaro mu ntambara irimo muri Gaza.
Ubwo yari mu muhango usoza inama y’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), kuri uyu wa 5 Ukwakira 2024, Emmanuel Macron yavuze ko Israel idakwiye gushyigikirwa mu ntambara irimo muri Gaza, ndetse ko ibihugu byose bikwiye guhagarika kuyoherereza intwaro zo kwifashisha muri iyo ntambara.
Nyuma y’ubwo butumwa, Netanyahu yatangaje ubutumwa bw’amashusho, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, aho yavuze ko bugenewe Perezida Emmanuel Macron.
Yagize ati “Uyu munsi Israel iri kwirwanaho mu ntambara zirindwi ihanganyemo n’abanzi b’iterambere, turi kurwana na Hamas muri Gaza […] turi kurwana na Hezbollah muri Liban […] turi kurwana n’aba-Houthis muri Yemen, ndetse n’izindi nyeshyamba muri Iraq na Syria […] turi kurwana n’iterabwoba muri Somalia […] turi no kurwana na Iran mu cyumweru gishize yarashe missiles zirenga 2000 kuri Israel kandi ishyigikiye buri wese urwanya Israel muri izo ntambara zirindwi.”
Netanyahu yavuze ko Israel iri kurwana n’abanzi b’iterambere ry’Isi muri rusange, avuga ko ibihugu byose byagakwiye kuba biri ku ruhande rwa Israel muri izo ntambara.
Yongeyeho ati “Ariko Perezida Macron, ndetse n’abandi bayobozi bamwe bo mu Burayi, bari gusaba ko Israel yakomanyirizwa ku ntwaro, ni ikimwaro kuri mwe!”
Yagaragaje ko abo Israel ihanganye na bo basa n’abashyize hamwe, badashobora gukomatanyirizanya, ariko avuga ko bibabaje kuba ibihugu byakabaye bishyigikira Israel mu guhangana na bo, ari byo biri gushaka kuyikomatanyiriza.
Ati “Mbega ikimwaro! Gusa reka mbabwire ibi, Israel izatsinda bayifasha batayifasha, ariko ikimwaro cyabo kizakomeza kubabaho na nyuma twaramaze gutsinda intambara […] munmenye ibi y’uko Israel izawana kugeza urugamba rutsinzwe, ku bwacu ndetse no ku bw’amahoro n’umutekano by’Isi yose.”