SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Umunyeshuri wari uvuye mu Rwanda yaketsweho Marburg bihagarika urugendo rwa Gariya moshi mu budage
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Umunyeshuri wari uvuye mu Rwanda yaketsweho Marburg bihagarika urugendo rwa Gariya moshi mu budage
Andi makuru

Umunyeshuri wari uvuye mu Rwanda yaketsweho Marburg bihagarika urugendo rwa Gariya moshi mu budage

Wakibi Geoffrey
Last updated: 2024/10/03 at 5:39 AM
Wakibi Geoffrey
Share
2 Min Read
SHARE

Umuntu umwe bivugwa ko ari umunyeshuri wari uvuye mu Rwanda n’umukobwa bakundana baketsweho ko banduye indwara ya Marburg ubwo bari muri gare ya moshi mu mujyi wa Hambourg mu Budage, bituma urugendo ruhagarikwa inzego z’ubuzima zigatangira gukora isuzuma.

Kuri uyu wa Gatatu ni bwo uwo munyeshuri ngo wari ukiva mu ndege avuye mu Rwanda, ahamaze iminsi hagaragaye iki cyorezo, yinjiye muri iyo gare ya moshi ari kumwe n’umukunzi we, ubundi batangira kugaragaza ibimenyetso birimo ibicurane, ndetse umwe ngo yatangiye no kuruka bikomeye ahita ahamagara polisi.

Uyu munyeshuri w’imyaka 26 wiga ibijyanye n’ubuganga, bikekwa ko yaba yaragize aho ahurira n’uwanduye Marburg mu Rwanda. Bivugwa ko yaba yaratangiye kugaragaza ibimenyetso umunsi umwe mbere.

Ibyo bikimara kugaragara, polisi yahise ihagarika iyo gare ya moshi ndetse abagenzi bose bavanwamo, mu gihe hahise hoherezwa n’itsinda ry’abaganga ryaturutse mu mujyi wwa Frankfurt kugira ngo baze gukora isuzuma.

Iyo gare ya moshi yari irimo abagenzi bagera kuri 200, polisi ikaba yari igikora iperereza kugira ngo imenye ababa bagize aho bahurira bya hafi n’abo bakekwaho kwandura.

Mu minsi mike ishize ni bwo mu Rwanda hagaragaye abarwayi ba mbere ba Marburg, hatangira gushyirwaho ingamba n’amabwiriza byo kuyirinda.

Inzego z’ubuzima zigaragaza ko umuntu ashobora kuyandura akamara hagati y’iminsi itatu na 21 ataragaragaza ibimenyetso gusa hari abo biza vuba.

Bitangira bisa n’iby’izindi ndwara cyane cyane Malaria, umuriro mwinshi utunguranye, umutwe ukabije, kubabara mu ngingo, imikaya ndetse bikaba byagera no mu rwungano ngogozi umuntu akaba yacibwamo akaruka.

Gusa ngo uko iminsi igenda yiyongera ibimenyetso bigenda bihinduka uko umubiri ugenda wangirika.

Abahanga mu buvuzi bemeza ko aho abarwayi bavuwe kare bashobora gukira ariko uwayanduye haba hari ibyago biri hagati ya 26% na 89% byo kuba yahitana umuntu.

Uburyo bwo kuyirinda ni ugukaza ingamba z’isuku no kwirinda gusangira ibikoresho n’umuntu ufite ibimenyetso bisa n’iby’iyi ndwara.

Abanyarwanda bose basabwe kuba maso bakamenya niba bafite ibimenyetso by’iyi ndwara bakajya kwa muganga kugira ahandi hantu bajya bakabanduza.

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Wakibi Geoffrey October 3, 2024 October 3, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Umuhanzi Jdk na Beata wamenyekanye muri Azabatsinda Kagame bashyize hanze indirimbo bise Ubudasa (Video )

October 9, 2024
Imyidagaduro

Kidumu agiye gukorera ibitaramo by’umwaka mushya muri canada

December 29, 2024
Imyidagaduro

Young Grace yashyize hanze indi myambaro ya siporo yitiriye izina rye rya YG

March 20, 2025
Andi makuru

Ishyaka CCM ryagennye Samia Suluhu nk’umukandida waryo mu matora azaba uyu mwaka

January 20, 2025
Imyidagaduro

Tity Brown yasabiwe gufungwa imyaka 25 mu rubanza rwaranzwe n’Impaka ndende

July 20, 2023
Imikino

Nshimiyimana Eric utoza ikipe ya Bugesera FC ashobora kwirukanwa!

November 6, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?