SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Umuhanzikazi Adele yatangaje ko agiye guhagarika kuririmba
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Umuhanzikazi Adele yatangaje ko agiye guhagarika kuririmba
Imyidagaduro

Umuhanzikazi Adele yatangaje ko agiye guhagarika kuririmba

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/09/03 at 11:23 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
1 Min Read
SHARE

Umuhanzikazi w’Umwongereza, Adele Laurie Blue Adkins wamamaye nka Adele yatangaje ko agiye kuba ashyize ku ruhande ibijyanye n’umuziki.

Uyu muhanzikazi yabivugiye mu gitaramo yakoreye mu Mujyi wa Munich mu Budage, ku Cyumweru tariki 1 Nzeri 2024.

Ati “Namaze imyaka irindwi yose ishize ndi kubaka ubuzima bushya, ndetse ni bwo nshaka kubamo.”

Uyu mugore yakomeje avuga ko yishimira ibitaramo yakoreye mu Budage, ashimira abantu bitabiriye icyo aheruka, arangije ati “Nkeneye kuruhuka!”

Nubwo yavuze gutya ariko, afite ibitaramo bitandukanye mu mpera z’uyu mwaka ari na byo ashobora kuzasorezaho akaba ahagaritse umuziki mu gihe atatangaje uko kingana gusa akavuga ko atari gito.

Adele yaherukaga gushyira hanze album mu 2021, icyo gihe byari nyuma y’imyaka itandatu ashyize hanze iyo yise “25”. Album ye ya mbere n’iya kabiri yazishyize hanze mu 2008 na 2011.

Mu 2011 yari yafashe ikuruhuko kubera ikibazo yari yagize cyanatumye yibagisha umuhogo. Mu 2012 na bwo yafashe ikiruhuko ubwo yibarukaga umwana w’umuhungu.

Muri Nyakanga uyu mwaka yabwiye ZDF ko agiye guhagarika gukora ibitaramo ‘agakora ibindi byerekeye ubuhanzi, mu gihe runaka.’

You Might Also Like

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Nsanzabera Jean Paul September 3, 2024 September 3, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Danny Vumbi yakoreye i Musanze igitaramo cyo kumvisha abakunzi be alubumu ye yise 365

February 12, 2023
Andi makuru

RDB igiye kwizihiza imyaka 20 umuhango wo kwita izina uba buri mwaka

September 25, 2024
Imyidagaduro

Ubuyobozi bwa Kigali Protocal bwijeje abazitabira igitaramo cyo kwizihiza imyaka 5 bazanyurwa n’imitegurire yacyo

June 28, 2023
Imyidagaduro

Itorero Inyamibwa bijeje abanyarwanda igitaramo cy’amateka cy’Inkuru ya 30

March 19, 2024
Imyidagaduro

Israel Mbonyi yateguye igitaramo azafatiramo amashusho ya albumu ye nshya

May 4, 2023
Imikino

Abakinnyi ba Argentine bababajwe nábafana bakubiswe na polisi ya Brésil!

November 22, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?