SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Bwiza yakomoje kukuba ataragaragaye mu bahanzi bakiriwe na Perezida Kagame
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Bwiza yakomoje kukuba ataragaragaye mu bahanzi bakiriwe na Perezida Kagame
Imyidagaduro

Bwiza yakomoje kukuba ataragaragaye mu bahanzi bakiriwe na Perezida Kagame

Gossip Kigali
Last updated: 2024/08/20 at 6:46 AM
Gossip Kigali
Share
2 Min Read
SHARE

Umuhanzi Bwiza Emerence uzwi nka Bwiza yashyize umucyo ku bijyanye n’uko yakiriye kuba ataragaragaye  ku rutonde rw’abahanzi batuye ahitwa mu Karumuna mu Karere ka Bugesera batumiwe na Perezida Paul Kagame bagatarama akanabagabira. 

Ubwo Perezida Paul Kagame yiyamamarizaga ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu mu Karere ka Bugesera tariki 06 Nyakanga 2024, yagejejweho icyifuzo na Butera Knowless wamuvuze ibigwi nk’umuturage utuye muri ako Karere, maze amusaba ko yazabatumira nk’abaturanyi bagatarama, na we amusubiza ko yari asanzwe afite icyo gitekerezo kandi ko batazatarama gusa ahubwo bazanagabirwa.

Amakuru yiriwe acicikana tariki 15 Nyakanga 2024, ni ay’uko abahanzi batuye mu Karumuna batumiwe na Perezida Kagame bagatarama ndetse akanabagabira, ibintu byakiriwe neza binashimangira ko imvugo ye ari yo ngiro koko.

Nubwo ari igikorwa cyashimwe na benshi, ku rundi ruhande hari abanenze Butera Knowless ku bwo kurobanura mu gutanga ubutumire, kuko mu bahanzi bagaragaye mu ifoto hatarimo Bwiza na we bivugwa ko atuye muri ako gace, bikavugwa ko atigeze amenya amakuru y’uko bagiyeyo ibintu byakunze kugarukwaho mu myidagaduro, gusa bikaba bitaragize icyo bivugwaho na banyiri ubwite.

Ubwo Bwiza yari mu kiganiro cyari kigamije kugeza indirimbo ye yise Ahazaza ku bakunzi be yasabwe kugira icyo avuga ku buryo yabyakiriye, avuga ko hakwiye kwishimirwa ibyakozwe byiza.

Yagize ati: “Ntacyo kubivugaho kugeza ubu mfite, ariko icyo nkwiye kwishimira ni uko ibyo Perezida yatwemereye nka Abanya-Bugesera yabidukoreye kandi bikagenda neza, ntekereza ko twagombye kwishimira ibyagezweho kurusha uko twagombye kwibaza ibibazo byinshi. Kuko byose biba bigamije kwishima n’imibereho myiza y’umuturage w’u Rwanda, kiriya gihe cyari icyacu nk’abaturanyi be, dufite kwishima kurusha guca imanza z’ibintu tudafitiye amakuru.”

Akomoza ku ndirimbo ye nshya yise Ahazaza, Bwiza yavuze ko yayihimbye ashingiye ku wahoze ari umukunzi we, kuko yamubonagamo ahazaza habo heza, ariko nyuma bikaba bitarakunze ko bakomezanya.

Bwiza aherutse kugira isabukuru y’amavuko umunsi avuga yashimishijwe n’uko hari kompanyi y’ubukerarugendo yamwemereye kumutembereza ari kumwe n’umuryango we, harimo ababyeyi be, ibintu byamushimishije cyane, kuko ari ubwa mbere yari atemberanye na bo, kubera ko ubusanzwe buri wese yijyanaga.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Gossip Kigali August 20, 2024 August 20, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Utuntu n'utundi

Umunyamakuru Jean Paul Nkundineza yasabiwe gufungwa imyaka 10

March 20, 2024
Imikino

CAF igiye gusuzuma ikibuga cya Huye!

December 6, 2023
Imyidagaduro

TMC wahoze muri Deam Boys yatunguwe n’abahanzi nyarwanda baba muri Amerika kw’isabukuru ye

September 26, 2023
Andi makuru

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bunamiye Intwari z’Igihugu (Amafoto)

February 1, 2023
Andi makuru

Bimwe mu bibazo bitegereje uzasimbura Papa Francis

April 30, 2025
Imyidagaduro

Umunyarwenya Kevin heart ari mu Rwanda (Amafoto)

July 19, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?