SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Col Kazarama yashyizwe mu rubanza rwabafasha AFC/M23
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Col Kazarama yashyizwe mu rubanza rwabafasha AFC/M23
Andi makuru

Col Kazarama yashyizwe mu rubanza rwabafasha AFC/M23

Ahupa Radio
Last updated: 2024/07/30 at 1:41 PM
Ahupa Radio
Share
2 Min Read
SHARE

Ubushinjacyaha bw’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwongereye Colonel Kazarama Kanyamuhanda Vianney mu rubanza rw’abakekwaho kuba abanyamuryango b’ihuriro AFC ririmo imitwe ya politiki n’uwitwaje intwaro wa M23.

Uru rubanza ruri kubera muri gereza ya gisirikare ya Ndolo rwatangiye tariki ya 24 Nyakanga 2024. Hari kuburanishwa abantu 25 barimo abayobozi bakuru ba AFC/M23 ariko abari kurwitabira ni batanu bafashwe na Leta ya RDC.

Abo batanu ni Eric Nkuba Shebandu alias Malembe wabaye umujyanama wihariye wa Corneille Nangaa uyobora AFC, Nkangya Nyamacho Microbe, Nangaa Baseane Putters, Nicaisse Samafu Makinu na Safari Bishori Luc.

Ubushinjacyaha bubasinja ibyaha birimo kwica, kugerageza kwica, kugambanira igihugu, kwinjira mu mutwe utemewe n’amategeko n’ibyaha byibasiye inyokomuntu; byose hamwe bihanishwa igihano cy’urupfu.

Mu iburanisha ryakomeje kuri uyu wa 29 Nyakanga 2024, ubushinjacyaha bwasabye urukiko rukuru rwa gisirikare ko Col Kazarama yakongerwa mu bari kuburanishwa kuko ngo ibimenyetso biri kwifashishwa muri uru rubanza afite aho ahurira na byo.

Umucamanza yafashe umwanzuro wo gusubika urubanza, amenyesha impande zirebwa na rwo ko ku munsi ukurikiyeho azatanga umwanzuro ku busabe bwo kwinjiza Col Kazarama mu bashinjwa.

Col Kazarama wabaye Umuvugizi wa M23 kuva mu 2012 kugeza mu 2013 asabiwe kongerwa muri uru rubanza nyuma y’aho kuri uyu wa 28 Nyakanga 2024 agaragaye muri teritwari ya Rutshuru ari kumwe n’abarimo Perezida w’uyu mutwe, Bertrand Bisimwa.

Uyu musirikare yabwiye abaturage ko yamaze gusubira muri uyu mutwe kugira ngo afashe bagenzi be gukomeza urugamba. Ati “Nishimiye akazi uyu mutwe uri gukora, ngashimira umuyobozi Bertrand Bisimwa, Sultani Makenga n’abanyamuryango. Nje ngo dukomeze urugendo.”

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Ahupa Radio July 30, 2024 July 30, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Umuhanzi Javanix yahurije hamwe isabukuru ye n’igitaramo cyo gushimira abakunzi be

April 21, 2023
Imyidagaduro

Massamba na Ruti Joel basusurukije abagande mu mbyino gakondo

May 20, 2024
Imyidagaduro

Tiwa Savage yagiriye Inama abagore bata abagabo babo bakurikiye imitungo

January 30, 2025
Imikino

Mvukiyehe Juvénal yarezwe ibyaha 3!

December 6, 2023
Andi makuru

African Public Procurement Network’s 4th General Assembly in Kigali Sets Path to Sustainable Economic Resilience Across Africa

November 11, 2024
Andi makuru

RDC ntiyahagarariwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wayo mu nama ya EAC na SADC muri Tanzaniya

February 8, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?