SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Vava Dorimbogo yashyinguwe mu cyubahiro
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Vava Dorimbogo yashyinguwe mu cyubahiro
Imyidagaduro

Vava Dorimbogo yashyinguwe mu cyubahiro

Ahupa Radio
Last updated: 2024/07/29 at 9:49 PM
Ahupa Radio
Share
2 Min Read
SHARE

Kuri uyu wa 29 Nyakanga 2024 nibwo hashyinguwe umwe mu bagore bari bamaze kwamamara muri Entertainment mu Rwanda, Valantine wamenyekanye cyane nka Dore Imbogo kubera indirimbo ye Dore Imbogo yakunzwe n’abatari bake.

Uyu mubyeyi benshi batari baziko afite abana, atabarutse asize abana babiri b’abahungu harimo umwe ufite imyaka 11 ndetse n’undi ufite imyaka 8. Uyu mubyeyi kandi atabarutse akiri muto kuko yari afite imyaka 29 y’amavuko gusa.

Mu muhango wo kumushyingura wabaye uyu munsi tariki ya 29 Nyakanga 2024, witabiriwe n’umuryango ,inshuti, abavandiimwe, abana be , abanyamakuru, abantu bo muri entertainment ndetse n’abandi benshi. Ni umuhango wari urimo amarira menshi kubera urukundo benshi bari bamufitiye.

Kuri ubu uyu mubyeyi asize bimwe mu bikorwa yakoze , harimo n’indirmbo Dore Imbogo yakunzwe cyane ndetse ikaba ari nayo yatumye amenyekana. Iyi ndirimbo igiye kuzuza abayirebye bagera kuri Million kuko ubu imaze kurebwa n’abantu 943k.

Dore imbogo siyo ndirimbo yakoze gusa , ahubwo hari n’izindi nka Mapenzi yarebwe n’abantu ibihumbi 180, Iroma yarebwe n’abantu ibihumbi 119, ndetse na Christimas yarebwe n’abantu ibihumbi 51, ndetse n’izindi. Izi ndirimbo zose zimaze umwaka zigiye kuri Channel ya Vava. Gusa Vava yasaga nkuwahagaze gukora indirimbo ahubwo yacishagaho ibiganiro kuri channel ye.

Inkuru y’urupfu ry’uyu mubyeyi washyinguwe uyu munsi, yamenyekanye ku mugoroba wo ku wa 27 Nyakanga 2024, yapfuye azize uburwayi , aguye mu bitaro bya Kibuye mu Karere ka Karongi. Asize abana babiri umwe wa 11 n’undi w’imyaka 8 y’amavuko.

 

You Might Also Like

The Ben yaciye amarenga yo gukora igitaramo cya Kabiri cya New Year Groove

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

Ahupa Radio July 29, 2024 July 29, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Ikoranabuhanga

Perezida Kagame yashimye abanya-Kenya ku ihererekanya ry’ubutegetsi ryakozwe mu mahoro

January 30, 2019
Andi makuru

Ku nshuro ya 2 hagiye gutangwa ibihembo bya Video Vixen Awards 2025

February 24, 2025
Imyidagaduro

Safi Madiba agiye gutaramira mu Bufaransa

September 13, 2024
Imyidagaduro

Mfite icyizere cyo kuzaba umuhanzi Mpuzamahanga :Bruce Melodie

December 16, 2024
Imikino

” Afite ikibazo ku kagombambari “- Umutoza wa APR FC Thierry Froger avuga k’umukinnyi Banga Bindjeme.

January 22, 2024
Andi makuru

Ifoto ya Perezida Kagame akina n’umwuzukuwe yazamuye imbamutima za benshi ku mbuga nkoranyambaga (Amafoto)

February 24, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?