SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Teacher Mpamire mu ishusho ya Perezida Museveni yasekeje abanyarwanda ataha batabyifuza mu gitaramo cya Gen Z Comedy (Amafoto)
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Teacher Mpamire mu ishusho ya Perezida Museveni yasekeje abanyarwanda ataha batabyifuza mu gitaramo cya Gen Z Comedy (Amafoto)
Imyidagaduro

Teacher Mpamire mu ishusho ya Perezida Museveni yasekeje abanyarwanda ataha batabyifuza mu gitaramo cya Gen Z Comedy (Amafoto)

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/07/26 at 6:52 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Umugoroba  wiswe  uwiseka rusange  muri gitaramo cya Gen  Z Comedy umaze kwigarurira  imitima ya Benshi ariko  uwo kuri uyu wa 25 Nyakanga 2024 wari amateka aho abakuzni b’Urwenya  batashye  batabishaka  nyuma yo gusetswa n’Abanyarwenya  Dr Hillary  Okelloa  na  Teacher Mpamire  ndets en’abandi   Bri Ambasaderi w’abakonsomateri na benshi mu bazamukiye muri ibi bitaramo bya Gen-Z Comedy.

Iki gitaramo cyari cyanatumiwemo Massamba Intore wagombaga kuganiriza urubyiruko rwagikoraniyemo cyatangiye  ahagan akw’isaha ya saa Moya aho Ihema  ryari ryakubise  ryuzuye  kubera benshi bari bafite amatsiko yo kwirebera abo banyarwenya bakunzwe cyane mu karere .

Uko abanyarwenya bagendaga basimburana niko ibintu byagenda bihindura isura  kugeza ubwo abakunzi b’Urwenya bamwe  babuze aho bicara bakareba bahagaze kugeza  bisoje .

Umunyarwenya  Dr Hillary Okello  umaze kwigarura abanyarwanda imitima kabone  ko Atari ubwa mbere  ataramiye  muri Gen Z comedy yishimiwe  cyane  abantu bamuha amashyi karahava .

Ubwo  ibiroro byari bigeze  hagati  Massamba Intore  wari watumiwe  mu gice bise  Meet Me Tonight yageze kur urbyiniro maze asangiza abaraho amateka ye  mu rugedo rwe rwa muzika maze ababwira byinshi cyane  kugeza no ku Rukundo yigeze kugira n’umurundikazi bakundanye  mbere gato y’uko asanga abanda ku rugamba  rwo  kubohora u Rwanda .

Yagize ati ” Ati “Nigeze kugira umukunzi, yari umurundikazi, njya kumusezera mubwira ko nsanze abari ku rugamba. Byaramubabaje. Ntiyabishakaga. Ariko mubwira ko nzagaruka. Nasubiyeyo nsanga wa mukobwa amaze kugira abana bane. Mu myaka ine namaze tutari kumwe, hari byinshi muzamenyera mu gitaramo nimuhagera.”

Nyuma ya  Massamba Umunyarwenya wo  mu gihugu cya  Uganda  Teacher Mpamire ufite  umwihariko  mu gutera urwenya  Atanga amasomo  atandukanye yo mu buzima  , uyu mugabo  yasekeje benshi baratembaga ariko byahuhutse ubwo yazaga  mu ishusho ya Perezida Uganda Kaguta Museveni ndetse anafite  n’Umurinzi

Mu minota yamze ku rubyiniro yigana uwo muyobozi haba mu ngendo no mu mvuge benshi  mubari bitabiriye iki gitaramo cyasojwe ubona bagifite  inyota yo gukoemza kwisekera .

Fally Merci nyuma y’igitaramo   yatangaje  ko ari ibintu bishimishije uburyo abantu bakomeje kugaragaza urukundo bakunda ibitaramo byo gusetsa bya ‘Gen-Z Comedy’ ahamya koi bi aribyo bibatera imbaraga zo gukora cyane.

Ati “Biba ari ibintu bishimishije, buri wese ntekereza ko yakwishimira gutegura igitaramo nk’iki ngiki kikitabirwa kuri uru rwego. Ibi nibyo bidutera imbaraga zo gukora cyane ngo tutazabatenguha.”

Ku rundi ruhande Fally Merci yavuze ko mu by’ukuri ubwitabire bw’iki gitaramo bwamushimishije, asaba abantu kujya bagura amatike kare mu rwego rwo kwirinda umuvundo ku muryango ndetse anabasaba kujya bahagerera igihe kuko uwatinze hari igihe ahura n’ikibazo cyo kubura aho yicara.

Ubusanzwe iki gitaramo kibera mu ihema ryakira abantu babarirwa hagati ya 1500-2000 icyakora mu ijoro ryakeye hari hakubise huzuye ku buryo kubona aho umuntu atera agatebe byari ingorane zikomeye.

Ibitaramo bya Gen-Z Comedy biba kabiri mu kwezi, buri wa kane hirengejwe uwo igiherutse kiba cyarabereyeho.

 

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul July 26, 2024 July 26, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Inzibutso 4 za Jenoside yakorewe Abatutsi zashyizwe mu murage w’Isi na UNESCO

September 20, 2023
Imyidagaduro

Burna Boy yatunguye umubyeyi we amuha impano ya Mercedes Benz Maybach SUV y’akayabao ka Miliyoni 200 Frw

May 15, 2024
Imyidagaduro

M1 yashyize hanze indirimbo nshya yafashijwemo n’icyamamare Jordan Hoechlin

February 20, 2023
Imyidagaduro

Burna Boy, Davido, Wizkid bazitabira Ibirori bya Trace Awards i Kigali

August 23, 2023
Andi makuru

General Mubarakh Muganga n’itsinda ayoboye bari mu ruzinduko rw’akazi muri Jordan

April 23, 2024
Kwamamaza

Iduka Sea2City ryongeye kudabagiza abatunze inyamaswa zibana n’abantu ku bikoresho byazo

March 12, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?