SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yakiriwe na Infantino ku cyicaro cya FIFA i Paris
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imikino > Perezida Kagame yakiriwe na Infantino ku cyicaro cya FIFA i Paris
Imikino

Perezida Kagame yakiriwe na Infantino ku cyicaro cya FIFA i Paris

Muhire Jimmy
Last updated: 2024/07/26 at 5:01 PM
Muhire Jimmy
Share
2 Min Read
SHARE

Perezida Paul Kagame na Gianni Infantino uyobora FIFA, bahuriye mu Bufaransa ahari kubera imikino Olempike, bagirana ibiganiro byibanze ku iterambere rya Ruhago mu Rwanda.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 26 Nyakanga 2024, ubwo aba bombi bari hafi kwitabira ibirori byo gufungura irushanwa rya Olempike rigiye guhuriza hamwe abakinnyi barenga ibihumbi 10 mu marushanwa atandukanye.

U Rwanda ni kimwe mu bihugu by’intangarugero muri siporo cyane ko ibikorwa by’indashyikirwa rwakoze mu myaka yashize ari intambwe igaragarira buri wese ufite aho ahuriye na siporo.

Mu butumwa bwatanzwe na Perezidansi y’u Rwanda bugaragaza ko Perezida Gianni Infantino yahuriye na Perezida Kagame ku biro bishya bya FIFA byubatswe i Paris “baganira ku mubano mwiza ukomeje ndetse n’amahirwe mashya ahari yo gukomeza guteza imbere Ruhago mu Rwanda.”

Perezida Infantino yashimye uruhare rwa Perezida Kagame mu kwereka amahanga akamaro ka Ruhago.

Ati “Perezida Kagame, Leta ayoboye ndetse n’Ishyirahamwe rya Ruhago ni abafatanyabikorwa bakomeye ba FIFA ku ntego yihaye zo guteza imbere Ruhago kandi dutewe ishema no gukorana.”

“Nabonye akazi kakozwe mu gihe nasuraga iki “Gihugu cy’Imisozi Igihumbi”, mu gihe cy’Inteko Rusange ya FIFA yabereye i Kigali, aho Isi yasanze gihamya ya Ruhago binyuze muri iki Gihugu cyiza cyo muri Afurika. Perezida Kagame yumva neza akamaro ka Ruhago mu baturage, mu burezi ndetse n’andi mahirwe ishobora kurema.”

Umubano w’impande zombi si uw’ubu kuko mu mwaka ushize Perezida Infantino yatorewe kuyobora FIFA muri manda ya kabiri, 2023-2027, ndetse na Perezida Kagame akaba yaramushimiye ku ruhare yagize mu gitekerezo cyo kuvugurura Amahoro Stadium iri mu za mbere ku Isi.

You Might Also Like

Winner Rwanda yafunguye ubwidagaduriro bw’abana mu murenge wa Gitega

Abantu 27 harimo abana 4 bakomerekeye mpanuka mu birori byo kwishimira igikombe Liverpool yegukanye

Jose Chameleon na Weasel bazatarama mu birori byo kwishimira Ibikombe APR FC yegukanye

Munyakazi Sadate yasezeranyije Perezida Kagame kuzazana ibikombe mpuzamahanga mu Rwanda

APR BBC yongeye itsindirwa mu maso ya Perezida Kagame na MBB South Africa 98-88

Muhire Jimmy July 26, 2024 July 26, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

KTY Crew yegukanye irushanwa ry’‘Urutozi Dance Challenge ihembwa Miliyoni 1 na 300

December 30, 2024
Andi makuruImyidagaduro

Marina yishimiye umufana we w’I Nyabihu wamubonye agasuka amarira

July 9, 2024
Imikino

Handball: Kiziguro SS yisubije igikombe cy’Irushanwa ry’Intwali

February 12, 2024
Andi makuru

Général Mahamat Déby Itno yatorewe kuyobora Tchad

May 10, 2024
Imikino

Ubuyobozi bwa APR FC bwasezeye mu cyubahiro umutoza Darko Nović mu cyubahiro

May 15, 2025
Andi makuru

Perezida Evariste Ndayishimiye yongeye kuvuga ko u Rwanda ari nyirabayazana w’ibibazo byo mu karere

March 18, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?