SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Marina yishimiye umufana we w’I Nyabihu wamubonye agasuka amarira
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Marina yishimiye umufana we w’I Nyabihu wamubonye agasuka amarira
Andi makuruImyidagaduro

Marina yishimiye umufana we w’I Nyabihu wamubonye agasuka amarira

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/07/09 at 11:53 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
1 Min Read
SHARE

Mu minsi ishize ubwo Marina yari mu bikorwa byo kwamamaza abakandida ‘Depite’ b’umuryango FPR Inkotanyi mu Karere ka Nyabihu, yahuye n’inkumi isanzwe ikunda umuziki we nyuma yo kwibonera uyu muhanzikazi kwihangana biranga asuka amarira.

Marina yadutangarije  ko uyu mukobwa ari umufana we wamubwiye ko yari amaze imyaka myinshi yifuza ko bahura ariko bitarabakundira.

Ati “Ubwo nari mvuye ku rubyiniro bambwiye ko hari umukobwa wifuza ko duhura, mu by’ukuri numvaga ari umufana usanzwe ariko sinarinzi ko bigeze ku rwego nabibonyeho.”

Uyu muhanzikazi avuga ko ubwo yabonaga uyu mukoba bahoberanye asuka amarira menshi amubwira ko yari amaze imyaka myinshi yifuza kuzahura na Marina yihebeye.

Marina avuga ko icyo gihe yakozwe ku mutima n’uyu mukobwa bafata umwanya wo kuganira ndetse banafatana amafoto y’urwibutso.

Avuga kuri uyu mufana, Marina yavuze ko yishimiye kwerekwa urukundo n’umukunzi we ahamya ko nyuma y’uko bahanye nimero za telefone azareba uko yahura nawe bakaganira byimbitse.

Marina ni umwe mu bahanzi bamaze igihe mu muziki kuri ubu akaba afite indirimbo zinyuranye zamuhaye abakunzi batari bake mu Gihugu hose.

Mu minsi ishize, Marina wari umaze igihe adasohora indirimbo yashyize hanze iyitwa ‘Avec toi’ afata nk’itangiriro ryo kongera kugaruka mu ruhando rwa muzika nyarwanda.

 

 

 

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

Nsanzabera Jean Paul July 9, 2024 July 9, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Urukundo ruravuza ubuhuha hagati ya Kendall Jenner na Devin Booker nyuma y’umwaka batandukanye

February 28, 2024
Andi makuru

Perezida Paul Kagame yatashye ku mugaragaro inyubako ya ‘Norrsken Kigali

November 8, 2023
Imyidagaduro

Sir Michael Gambon wamenyekanye muri filime ya Harry Potter yitabye Imana ku myaka 82

September 29, 2023
Imyidagaduro

Amatariki Boyz II Men izataramiraho i Kigali yamenyekanye

July 28, 2023
Imyidagaduro

Umuhanzi Javanix yashyize hanze indirimbo yise Abachou ijambo rikunzwe cya ku mbuga nkoranyambaga

February 9, 2023
Imikino

“Tuzajya muri Qatar gukina n’amakipe yaho” – Umutoza wa APR BBC

January 20, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?