SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Yvan Muzik yasubiranyemo indirimbo intsinzi na Mariya Yohana,The Ben na Marina (Video)
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Yvan Muzik yasubiranyemo indirimbo intsinzi na Mariya Yohana,The Ben na Marina (Video)
Imyidagaduro

Yvan Muzik yasubiranyemo indirimbo intsinzi na Mariya Yohana,The Ben na Marina (Video)

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/06/26 at 8:01 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
1 Min Read
SHARE

Indirimbo ‘Intsinzi’ ifite amateka yihariye bitewe n’uko Mariya Yohana yayihimbye agamije gutera imbaraga Ingabo zari iza RPA mu rugamba rwo kubohora u Rwanda, yasubiwemo n’abahanzi barimo Yvan Muziki, The Ben na Marina.

Ni indirimbo isubiwemo uko yakabaye, icyakora ikaba yarakorewe amashusho cyane iyari isanzwe yari ikoze mu buryo bw’amajwi gusa.

Indirimbo “Intsinzi” yamamaye ifite impamvu yahimbwe. Nk’uko abisobanura, ngo ahanini yayihimbye agamije guha imbaraga Ingabo zari iza RPA zari ku Rugamba rwo Kwibohora.

Mariya Yohana yayihimbye mu 1992, aho yabaye nk’ubuhanuzi bw’intsinzi, kuko ibyo yavugaga byabaye mu 1994 ari nabwo u Rwanda rwabohowe.

Ubwo yavugaga kuri iyi ndirimbo, Mariya Yohana yaragize ati “Indirimbo ’Intsinzi’ nayihimbye ubwo abana bacu bajyaga ku rugamba, ngira ngo nibayumva ijye ibatera imbaraga bakomeze umurego aho barwanirira Igihugu, nibyo koko bararwanye kandi baratsinda, ndetse naje kumenya ko hari n’Abanyarwanda bayumviraga hirya no hino aho bari bihishe bumvaga bagiye gutabarwa. Ubu barishima iyo bongeye kuyumva kuko bibuka ibihe bitoroshye banyuzemo n’uko batabawe.”

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul June 26, 2024 June 25, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Zari the Boss Lady yongeye gusabana n’umugabo Shakib

April 1, 2025
Iyobokamana

Aline Gahongayire agiye gukorera igitaramo mu bubiligi

June 10, 2024
Imyidagaduro

Umunyamideri Moses Turahirwa yatangaje ko byemewe n’amategeko ari umugore

April 27, 2023
Iyobokamana

Umuramyi Israel Mbonyi wari utegerejwe I Nairobi yahinduye itariki yo kugererayo

August 4, 2024
Kwamamaza

Abanyarwanda bifuza kwimuka bashyizwe igorora na Vmovers Ltd

March 12, 2024
Andi makuru

Abayobozi bashya ba Rayon Sport bagiranye ibiganiro na nyiri Uruganda rwa Skol

November 20, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?