SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Itsinda The Same Abiru ryakeje Perezida Kagame ku mibanire ye n’amahanga mu ndirimbo bise “Urabanaga “(Video)
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Itsinda The Same Abiru ryakeje Perezida Kagame ku mibanire ye n’amahanga mu ndirimbo bise “Urabanaga “(Video)
Imyidagaduro

Itsinda The Same Abiru ryakeje Perezida Kagame ku mibanire ye n’amahanga mu ndirimbo bise “Urabanaga “(Video)

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/06/10 at 4:49 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

 Itsinda “The Same” ryo mu Karere ka Rubavu rikaba rimwe  mu matsinda amaz igihe kinini  hano mu Rwanda  ryongeye rikora mu nganzo  mu gihe  abanyarwanda bitegura  amatora rishyira hanze Indirimbo ryise Urabanaga yagarutse ku mibanire myiza Rwanda rwagezeho na mahanga mu myaka 30 ishize jenoside ihagaritswe na RPF-Inkotanyi.

 Mu gitero cya mbere cy’iyi ndirimbo bise  Urabanaga  bagize bati”Genda urabanaga, ingobyi yaguhetse ntigacike umujishi, genda urabanaga. Yitwa Rudasumbwa, ni Intore Izirusha Intambwe, Genda urabanaga. Watubaniye neza, uduhesha agaciro, kwitwa Umunyarwanda ni ishema [Genda urabanaga], wadutoje kuba umwe , ndi Umunyarwanda ku isonga ! Genda urabanaga”.

Muri iyi ndirimbo kandi aba basore bagarutse kuri gahunda za Leta zirimo ibikorwa bitandukanye byagezweho muri iyo myaka birimo ubuvuzi kuri bose imihanda yubatswe mu bice byose by’igihugu, kubaka imidugudu y’icyitegererezo guha abagore ijambo no kubahesha agaciro n’ibindi byinshi bitandukanye.

Ubwo bagiranaga ikiganiro n’itangazamakuru bavuze ko bagize igitekerezo cyo gukora iyi ndirimbo nk’Abanyarwanda banyuzwe n’ibyiza Umukuru w’igihugu yarugejejeho mu myaka 30 ishize kandi bakaba bagomba kubishimangira bamuhundagazaho amajwi mu matora ateganijwe tariki ya 14 na 15 Nyakanga uyu mwaka.

Ati”Tukimara kubona ko twegereje ibihe bidasanzwe by’amatoa y’Umukuru w’igihugu ndetse n’ay’Abadepite nk’intore z’indatabigwi ndetse tukaba n’inganji za Rubavu twasanze dukwiye gutanga umusanzu wacu mu kugaragariza Abanyarwanda ndetse n’Abanyamahanga ibyiza u Rwanda rumaze kugeraho.”

Ni indirimbo ifite umwihariko w’ururimi rukoreshwa mu Karere ka Rubavu(Ikigoyi) yiswe ” Urabanaga”(Urabana) ikaba yarakunzwe n’abatari bake mu Banyarwanda bari no mu gihe bitegura amatora y’umukuru w’igihugu.

Itsinda The Same rikorera mu Karere ka Rubavu mu Ntara y’Uburengerazuba rikaba rigizwe  na Jay Fary na Jay Luv rikaba ryasohoye indirimbo Urabanaga nyuma y’indi ndirimbo yitwa Ndandambara nayo yakunzwe na benshi.

Aba aba basore batangiye umuziki ahagan mu mwaka wa 2008 n’umunani ni absore bakomeje guteza imbere umuziki mu ntara y’Iburengerazuba cyane  mu Karere ka Rubavu aho bagiye begukana ibihembo bitandukanye ndetse bakaba bari no mu batajya Babura mu bitaramo byinshi bitegururwa muri ako karere .

You Might Also Like

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Nsanzabera Jean Paul June 10, 2024 June 10, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Abaganga 7 bavuraga Diego Maradona batangiye kuburanishwa ku cyaha cyo kwica umuntu ku bushake

March 13, 2025
Andi makuru

Umukinnyi wa film mpuzamahanga Blaise Christian Sitchet uri mu Rwanda Yishimiye sinema Nyarwanda

April 28, 2023
Ubukungu

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byongeye kugabanuka

June 5, 2024
Andi makuru

Abanyeshuri bo muri Umbrella TVET School bunamiye abashyinguye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

March 17, 2024
Imyidagaduro

Bad Rama arembejwe n’indwara ataramenya iyo ariyo

June 5, 2024
Imikino

FIFA: Amavubi yagumye k’umwanya yari ariho ku rutonde rwa FIFA

February 15, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?