Abapolisi b’u Rwanda 240 baritegura kujya gusimbura bagenzi babo mu bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS).
Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 10 Kamena ni bwo Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda CG Namuhoranye Felix yabagejejeho impanuro aho yabasabye guhagararira neza u Rwanda bagaragaza isura nziza yarwo.
Itsinda ryahawe impanuro rirasimbura irindi rimaze igihe cy’umwaka muri ubwo butumwa.
U Rwanda rugiye gusimbuza abapolisi b’u Rwanda boherejwe i Malakal mu Ntara ya Upper Nile ku nshuro ya cyenda guhera mu mwaka wa 2015.
Itsinda bagiye gusimbura ni iryagiye muri icyo gihugu muri Gicurasi 2023. Abo bapolisi baba bafite inshingano zo guharanira umutekano w’abasivili mu nkambi za Malakal n’ibindi.
Itsinda rigiye gusimburwa ryanakoze ibindi bikorwa byimakaza imibereho myiza y’abaturage, harimo Umuganda, gutera ibiti mu kubungabunga ibidukikije, gutanga ibikoresho by’ishuri ku bana bo mu miryango yakuwe mu byayo, n’ibindi.