SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Ibya P Diddy bikomeje kuba agatereranzamba nyuma yo kuregwa mu nkiko
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Ibya P Diddy bikomeje kuba agatereranzamba nyuma yo kuregwa mu nkiko
Imyidagaduro

Ibya P Diddy bikomeje kuba agatereranzamba nyuma yo kuregwa mu nkiko

Gossip Kigali
Last updated: 2024/05/29 at 7:52 PM
Gossip Kigali
Share
2 Min Read
SHARE

Umuraperi w’Umunyamerika Sean John Combs uzwi cyane nka P Diddy akomeje gusezererwa n’ibigo byamukoreshaga mu kwamamaza nyuma y’uko yarezwe ibyaha bigera kuri birindwi bifitanye isano n’ihohotera rishingiye ku gitsina.

Ibi bibaye nyuma y’uko hakomeje kugaragazwa amashusho uyu muraperi akubita uwahoze ari umukunzi we witwa Cassandra Ventura uzwi nka Cassie.

Imwe muri kompanyi yamaze guhagarika imikoranire yayo na we ni iyitwa America’s best contact and eye grasses, aho bamaze gukura ku isoko amarinete (Lunette) ariho ikimenyetso uyu muraperi akoresha cya Bad boy for life (Brand).

Mu minsi ishize inzu y’imyitozo ngororamubiri yitwa Peloton Fitness company yo muri America yahagaritse gukoresha imiziki ya P Diddy, ndetse n’indirimbo zikorewe muri Bad boy Entertainment igaragaza ko zitari mu zigomba gukoreshwa muri gahunda yabo.

Pelaton yahise isinyana amasezerano n’undi muraperi witwa Finna Get Loose, wabitangaje abinyujije ku rukuta rwe rwa Facebook, binashimangirwa n’ubuyobozi bwa Pelaton mu kiganiro bagiranye na Per RadarOnline.

Bagize bati: “Twafashe iki kibazo nk’igikomeye, kandi dufashe uyu mwanya ngo twemeze ko Pelaton yahagaritse gukoresha indirimbo za Sean Combs ndetse n’ibihangano byose byakorewe muri Bad Boy Entertainment ku mbuga zacu n’aho dukorera.”

Bagira bati: “Bivuze ko umuziki we utazongera gukoreshwa muri gahunda zacu z’imyitozo ikurikiraho, warakoze kugaragaza ko wifuza gukorana natwe kandi twishimiye ku kugira nk’umwe mu bagize umuryango mugari wa  Pelaton Fitness.”

P Diddy agiye kumara igihe kigera ku mwaka ashinjwa ibyaha bifitanye isano n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kuko byatangiye mu 2023, kugeza ubu akaba amaze gushinjwa n’urukiko ibyaha bigera muri birindwi bifitanye isano n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Gossip Kigali May 29, 2024 May 28, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Kanye West afite ikibazo cyo kwimwa uburenganzira ku bana be

May 1, 2025
Imyidagaduro

Igitaramo cya Lady Gaga Muri Brazil cyaciye agahigo ko kwitabirwa n’abantu benshi kw’Isi

May 5, 2025
Utuntu n'utundi

Gen Li Shangfu yirukanywe ku kazi ka Minisitiri w’Ingabo mu Bushinwa

October 25, 2023
Imyidagaduro

Abamurikamideli 15 nibo batsindiye gukorana na Naf Model Empire

May 13, 2025
Andi makuruImyidagaduroThe Escapist

Karisimbi Event yahembye ibigo 22 byahize ibindi muri Service Excellence Awards 2024 (Amafoto)

November 24, 2024
Imyidagaduro

Butera Knowless yakiranywe urugwiro n’abanyarwanda baba i Kampala

December 10, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?