SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Nzabonimpa Emmanuel meya w’Akarere ka Gicumbi yiyemeje gukemura ibibazo biri muri Gicumbi FC
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imikino > Nzabonimpa Emmanuel meya w’Akarere ka Gicumbi yiyemeje gukemura ibibazo biri muri Gicumbi FC
Imikino

Nzabonimpa Emmanuel meya w’Akarere ka Gicumbi yiyemeje gukemura ibibazo biri muri Gicumbi FC

Muhire Jimmy
Last updated: 2024/05/17 at 9:18 AM
Muhire Jimmy
Share
2 Min Read
SHARE

Uruhererekane rw’ibibazo byabaye akarande  muri Gicumbi FC bigiye  kuvugutirwa umuti  harebwa uko yasubira mu cyiciro cya mbere ndetse iyi kipe  yongere  itange  ibyishimo ku baturage no mu Karere ka Gicumbi.

 

Ibi meya w’Akarere ka Gicumbi, Nzabonompa Emmanuel, yabitangarije  mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru aho yavuze  ko nta rirarenga kandi inzego bireba zigiye kwicara zigatekereza ku cyakorwa ngo ikipe isubire ku murongo ndetse n’amatiku yakunze kuyivugwamo bayacoce.

Nzabonimpa Emmanuel yashimangiye kandi ko akurikirana Gicumbi FC ndetse n’ibibazo biyirimo abizi byiganjemo ibyo kudahemba abakinnyi, kutabona ubushobozi bwo kubacumbikra, gucunga nabi ingengo y’imari.

Hari kandi kugumura abakinnyi rimwe na rimwe bigatuma badakora imyitozo, byose hamwe byatumaga ikipe itsindwa umusubizo kuko abakinnyi benshi bayo baturukaga i Kigali bagakina badaheruka imyitozo.

 

Ku ikubitiro mu nzira zo gukemura ibibazo byose bituma  iyi kipe itajya mu byiciro byo hasi nko  mu Cyiciro cya Gatatu, Meya Nzabonimpa yavuze ko yatangiye kwifashisha abafatanyabikorwa banamwemerera inzu zigera kuri esheshatu zahoze ari iz’ubuyobozi bwa leta nubwo zidakoreshwa ,aho zizatunganywa zigahabwa abakinnyi b’iyi kipe yo mu karere ka Gicumbi aho gukomeza gushakisha amafaranga y’ubukode dore ko nayo aboneka bigoranye.

Uyu muyobozi kandi {Meya Nzabonimpa} yatangaje  ko hakiri ikibazo gikigoye cy’uko   bitakoroha guhita usesa Komite Nyobozi ya’ikipe ya Gicumbi fc  , gusa hagiye kubaho ibiganiro byaba ngombwa hakazatorwa indi ariko mu gihe kiri imbere.

 

Ikipe ya Gicumbi FC ntabwo iri mu makipe  yageze mu mikino ya kamarampaka  azakinira kuzamuka mu cyiciro cya mbere nyamara abantu benshi harimo n’ubuyobozi bwayo bwavugaga ko izaza mu cyiciro cyambere ,muri iyi kipe kandi hagiye hakomeza kumvikana umwuka utari mwiza haba mu bayobozi hagati yabo ubwabo ndetse no mu bafana,gusa kuva Meya Nzabonimpa yagaruka k’ubuyobozi bw’akarere ka Gicumbi abaturage bamufitiye icyizere ko ibi byose azabivugitira umuti cyane ko asanzwe ari umukunzi wa siporo wabigaragaje cyane ubwo aka karere katwaraga ibikombe bitandukanye mu mikino y’intoki nka Handball .

 

Meya  w’Akarere ka Gicumbi FC, Nzabonimpa Emmanuel, arashaka gushyira ikipe ya  Gicumbi FC k’umurongo

 

You Might Also Like

PSG yegukanye igikombe cya champions League itsinze Inter Milan 5-0(Amafoto)

Winner Rwanda yafunguye ubwidagaduriro bw’abana mu murenge wa Gitega

Abantu 27 harimo abana 4 bakomerekeye mpanuka mu birori byo kwishimira igikombe Liverpool yegukanye

Jose Chameleon na Weasel bazatarama mu birori byo kwishimira Ibikombe APR FC yegukanye

Munyakazi Sadate yasezeranyije Perezida Kagame kuzazana ibikombe mpuzamahanga mu Rwanda

Muhire Jimmy May 17, 2024 May 17, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Umuhanzi Chley yishimiye kuba agiye gutaramira abanyarwanda akigera I kigali

August 9, 2024
Andi makuru

Ibyaha General Bunyoni afungiwe byamenyekanye

May 9, 2023
Andi makuru

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga

January 29, 2025
Andi makuru

Abazita abana b’ingagi amazina babanje kujya gusura imiryango bavukamo mu birunga

August 31, 2023
Imyidagaduro

Umuhanzi Thompson yishimiye kwinjira mu nzu ifasha abahanzi ya P Promoters ya Papy Valens Ndahiro

July 25, 2023
Imyidagaduro

Abamurikamideli 15 nibo batsindiye gukorana na Naf Model Empire

May 13, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?