SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Juno Kizigenza yashimiye buri muntu wese wamubaye hafi mu rugendo rw’Imyaka 4 Amaze mu muziki
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Juno Kizigenza yashimiye buri muntu wese wamubaye hafi mu rugendo rw’Imyaka 4 Amaze mu muziki
Imyidagaduro

Juno Kizigenza yashimiye buri muntu wese wamubaye hafi mu rugendo rw’Imyaka 4 Amaze mu muziki

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/05/15 at 11:53 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Umuhanzi Kwizera Bosco Junior uzwi nka Juno Kizigenza  ni umwe mu bahanzi bakunzwe cyane  mu Rwanda  mu gihe  gito amaze mu muziki ,uyu muhanzi  arashimira buri  muntu wese wamubaye hafi cyane  mu rugendo rw’imyaka ine  amaze mu ruganda rw’umuziki nyarwanda anishimira ibyo amaze  kugeraho

 

Uyu  musore uzwiho ubuhanga no kuririmba neza  yamenyekanye  cyane mu mwaka wa 2020 ubwo isi  yose yari yugarijwe  n’icyorezo cya  COVID-19 ,aho yazamukanye ingufu nyinshi  ibintu byamubereye byiza  kuko  muri icyo gihe nubwo byari bigoye gukora indirimbo uyu musore ntiyigeze yicara na gayota kugeza nubu ni umwe mu bahanzi  bahagaze neza  mu muziki nyarwanda .

 

Uyu  musore kuri  uyu  wa mbere w’iki cyumweru nibwo yari yujuje  imyaka ine  atangiye umuziki nk’umwuga   yagize atya asimbukira ku mbuga nkoranyambaga ze  maze ashyiraho ubutumwa avuga ati”Itariki ya 13 Gicurasi 2020 isobanura kuvuka kwa ‘Mpa Formula’ n’itangiriro ryo gukora ibidasanzwe mbakunda urumbamo mwe mwagize uruhare muri uru rugendo.”

Binyuranye cyane n’abandi bahanzi uyu musore yagiye akora indirimbo zitandukanye kandi zakunzwe  na benshi kugera aho  atangira gutumirwa  mu bitaramo mu ihugu byo mu karere  ndetse no hanze nubwo bimwe  muri ibyo bitaramo hari ibyo atabashije kujyamo .

Tubibutse ko mu mwaka wa 2021, Juno Kizigenza yawusoje ashyize hanze uruhurirane rw’indirimbo (EP) yise ‘6Kg’ hariho indirimbo ‘Aracyagwa’, ‘Monica’, ‘Taruka’, ‘Umufungo’, ‘Konsoma’ na ‘Birenze’.

Mu gihe umwaka wa 2023 wasize ashyize hanze Album  wavuga ko iri muri nkeya zari ziteguritse  kandi zatanze umusaruro mu buryo butandukanye kuko hajeho indirimbo nyinshi zakiriwe neza kandi no ku mbuga zicururizwaho umuziki iracuruzwa karahava.

Iyi Album yise Yaraje yatunganijwe n’abahanga mu gucura umuziki nka Elements Eleéeh, Clement Ishimwe, Prince Kiiz, X On The BeAt, Santana Sauce, Madebeats, Kozze, Knox on the Beat, Niz Beat na Bob Pro wanafashije mu kuyungurura amajwi ya buri imwe.

Indirimbo 17 zari zigize iyi Album y’uyu musore ‘Umusore’ yakoranye na Ally Soudy, ‘Umugisha’ na Knowless Butera, ‘You’ na King James, ‘Overdose’ na  BullDogg, ‘My Wife’ na  Riderman kimwe n’Igitangaza’ yakoranye na Bruce Melodie na Kenny Sol.

Hari kandi ‘Yaraje’, ‘Champion’, ‘Roke’, ‘Abracadabra’, ‘Isengesho’, ‘Mama’, ‘Biraryoha’, ‘Tonight’, ‘La Vie’ na  ‘Zezenge’.

Urugendo rw’uyu musore rukaba rwaragizwemo uruhare na Bruce Melodie binyuze mu Igitangaza Music, Label Juno Kizigenza yabayemo by’igihe gito.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul May 15, 2024 May 15, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Perezida Joe Biden yatangiye urugendo rw’akazi muri Angola

December 1, 2024
Ubukungu

Igiciro cya lisansi cyiyongereyeho 127 Frw/L

April 4, 2024
Imyidagaduro

New Mix uyobora Visual Light yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we Anabella (Amafoto)

August 5, 2023
Andi makuru

Joe Biden yatangiye uruzinduko rw’akazi muri Angola (Amafoto)

December 3, 2024
Iyobokamana

Ishimwe Josh wakuranye inzozi zo kuzaba umuramyi ukomeye yijeje abanyarwanda igitaramo kinogeye amaso

August 18, 2023
Andi makuru

Perezida Chakwera yategetse ko ingabo za Malawi ziri muri RDC zitahuka vuba

February 6, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?