SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Piano The Grooveman yasinye muri Studio y’umuhanzi Ricky Password
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Piano The Grooveman yasinye muri Studio y’umuhanzi Ricky Password
Imyidagaduro

Piano The Grooveman yasinye muri Studio y’umuhanzi Ricky Password

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/05/15 at 12:09 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Piano The Grooveman yagarutse mu byo gutunganya indirimbo binyuze muri studio nshya y’umuhanzi Rwigema Ricky[Ricky Password] na we wakanyujijeho mu myaka myinshi ishize. Ni studio yiswe Ricky Music iherereye i Remera munsi ya BK Arena.

Ricky Pasword yadutangarije ko iyi studio iri mu mishinga migari agarukanye mu muziki, cyane ko uretse kuririmba yifuje no kuba yashora imari mu muziki mu bundi buryo.

Ati “Ni umushinga maranye igihe ariko ubu nibwo navuga ko igihe cyawo cyari kigeze ngo utangire. Uretse gutunganya amajwi turashaka n’uko mu minsi iri imbere tuzatangira kujya dutunganya amashusho.’’

Akomeza avuga ko yitabaje Piano nk’umwe mu batunganya indirimbo bakoranye kuva kera, kandi akaba ari n’umwe mu bahanga muri aka kazi.

Ati “Piano ni umuntu tuziranye kuva kera. Ikindi ni umuhanga mu buryo bukomeye ku buryo gukorana nawe nta gihombo kirimo.’’

Ricky Password yirinze kugira byinshi avuga ku masezerano yaba afitanye na Piano avuga ko byo atari ngombwa ko bijya mu itangazamakuru.

Piano yaherukaga kumvikana mu itangazamakuru cyane mu byo gutunganya indirimbo mu 2021 ubwo AmaG The Black yavugaga ko bagiye gukorana, ariko nyuma iyi mikoranire yaje guhagarara.

Piano The Grooveman yamenyekanye mu gutunganya indirimbo zamenyakanye mu myaka irenga 10 ishize, kuri ubu yagarutse muri aka kazi mu buryo bweruye nyuma y’igihe atagaragara.

Ricky Password watangije iyi studio iri gukoreramo Piano, yamenyekanye mu bihangano bitandukanye mu myaka irenga icumi ishize birimo indirimbo ye yakunzwe yitwa ‘Wikozeho’ iyi yayihuriyemo na Bulldogg. Icyo gihe yaririmbaga iziganjemo iziri mu Njyana ya Rock.

Ricky Password mu 2014 nyuma yo gutsindira igihembo cya ‘Laureat Visa Pour La Creation’ cyategurwaga na Institut Français du Rwanda, akajya mu Bufaransa yavuyeyo asubira mu Rwanda gusoza amashuri.

Nyuma yo kuyasoza yafashe umwanzuro wo kuba aretse umuziki akabanza gushaka amafaranga kuko yabonaga abikeneye ari na yo mpamvu yamaze igihe kinini adakora indirimbo.

Uyu mugabo yasubukuye umuziki mu 2022 ubwo yakoraga indirimbo yise “Pretend’’ yahuriyemo na Gabiro Guitar. Yavuze ko iyi studio nshya igiye kumufasha mu kongera imbaraga mu gukora

You Might Also Like

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Nsanzabera Jean Paul May 15, 2024 May 10, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

APR yatsindiye umukino wayo wa kabiri muri BAL imbere ya Perezida Kagame

May 19, 2025
Imyidagaduro

Joe Boy yakoreye igitaramo cy’amateka I Kampala

July 29, 2024
Imikino

Umubyeyi wa Taddeo Lwanga ukina muri APR FC yitabye Imana!

December 11, 2023
Andi makuru

Ed Sheeran yarahiye ko atazongera gukoresha ibiyobyabwenge nyuma y’urupfu rwa Pal Jamal

March 22, 2023
Andi makuru

Abahanzi babanye na Junior Multisystem bamuvuze imyato mu ijoro ryo kumwunamira(Amafoto)

August 2, 2023
Imyidagaduro

Abaraperi n’abanyamakuru bahuriye muri AJSPOR bajyiye guhurira mu mukino w’ishiraniro

December 15, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?