SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Abaramyi Gaby Kamanzi, Aline Gahongayire na Tonzi bakebuye abakirangwa n’inzangano
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Abaramyi Gaby Kamanzi, Aline Gahongayire na Tonzi bakebuye abakirangwa n’inzangano
Imyidagaduro

Abaramyi Gaby Kamanzi, Aline Gahongayire na Tonzi bakebuye abakirangwa n’inzangano

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/04/13 at 7:15 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Abaramyi bahuriye mu itsinda rya The Sisters; Tonzi, Aline Gahongayire na Gaby Kamanzi basobanuye ko aho bigeze nta Munyarwanda ukwiriye kuba akirangwa n’urwango kuko rusenya.

Ibi babitangaje mu kiganiro cyihariye na IGIHE, aho bagaragaje ko buri Munyarwanda akwiriye kwirebaho yasanga adashyira hamwe n’abandi muri gahunda z’iterambere akisubiraho.

Babitangaje mu gihe u Rwanda ruri mu minsi ijana yo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, igahitana miliyoni.

Aba bahanzi bavuze ko urwango ari rwo rwagize uruhare runini mu gutuma Jenoside ishoboka.

Ati “Impore wowe warokotse! Iyi myaka 30 iratwereka ko u Rwanda rwiyubatse ariko rero abantu bagifite inzangano bitekerezeho bigaye kuko nta hantu urwango rwakugeza. Wowe icare urebe niba uri Umunyarwanda ushyira hamwe, wiyubaka, kuba uriho neza bishimisha umuremyi wawe”

Aline Gahoganyire asanga buri Munyarwanda wese akwiriye kureba aho u Rwanda rwavuye noneho bikamuha umukoro wo gutegura ahazaza hatarimo urwango.

Ati “Twabonye ubuyozi bwiza, Munyarwanda sigasira ibyagezweho, iyubake, ntabwo twakwibagirwa. Ndashimira perezida Kagame kuko yakuye u Rwanda mu kaga none tumeze neza. Twibuke twiyubaka”.

Gaby Kamanzi yasobanuye ko kuba Jenoside yakorewe Abatutsi yari igamije kurimbura ariko ntibigerweho hakagira abarokoka, atari ibintu byabaye kubw’impanuka ari nacyo kigaragaza ko Imana igifitiye u Rwanda umugambi mwiza.

Ati”Kuba ukiriho si impanuka, Imana iracyagufitiye umugambi, kuba utarapfuye, kuba warize, kuba wariteje imbere byerekana ko Imana igufitiye umugambi. Komera, senga, shikama. Imana ikunda u Rwanda kandi izaturinda”

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul April 13, 2024 April 13, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Perezida Paul Kagame yasabye abanyafurika kutazahora bategereje ibya abandi

February 27, 2023
Imyidagaduro

Davis D yakoze amateka mu gitaramo cye,Nasty C biragira akubise umufana umugeri (Amafoto)

November 30, 2024
Imikino

Live :Tour du Rwanda Umwongereza Ethan Vernon ukinira Soudal-QuickStep, yongeye kwegukana agace ka Tour du Rwanda 2023, ( Amafoto )

February 20, 2023
Andi makuru

Abapolisi na Dasso mu mujyi wa Kigali babyukiye mu gikorwa cyo gutanga amaraso

May 28, 2025
Imikino

Umubyeyi wa Taddeo Lwanga ukina muri APR FC yitabye Imana!

December 11, 2023
Andi makuru

Perezida Ruto nyuma yo guhura naba Guverineri yemeye ibyo ibyo asabwa

December 16, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?