SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: #Kwibuka30 : Kayonza abarokotse Jenoside barasaba ko imibiri y’abatutsi ishyinguye muri Tanzania yazanwa mu Rwanda
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Kwibuka > #Kwibuka30 : Kayonza abarokotse Jenoside barasaba ko imibiri y’abatutsi ishyinguye muri Tanzania yazanwa mu Rwanda
Andi makuruKwibuka

#Kwibuka30 : Kayonza abarokotse Jenoside barasaba ko imibiri y’abatutsi ishyinguye muri Tanzania yazanwa mu Rwanda

Gossip Kigali
Last updated: 2024/04/08 at 2:54 PM
Gossip Kigali
Share
3 Min Read
Perezida wa Ibuka mu Karere ka Kayonza, Ndindabahizi Didace, yavuze ko bifuza ko imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi ishyinguye muri Tanzania yazanwa mu Rwanda
SHARE

Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Kayonza basabye ko imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside bakajugunywa mu kiyaga cy’Akagera bakaza gukurwamo bagashyingurwa muri Tanzania, yazanwa mu Rwanda igashyingurwa mu cyubahiro.

Ibi babisabye kuri iki Cyumweru tariki ya 7 Mata 2024, ubwo hatangizwaga igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Iki gikorwa cyabereye mu Murenge ku rwibutso rwa Kabarondo ahiciwe Abatutsi barenga 5000 bari bahahungiye.

Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Kayonza, Ndindabahizi Didace, yavuze ko hari Abatutsi benshi bashatse guhungira mu gihugu cya Tanzania bamwe ntibagerayo bitewe nuko bari barashyiriweho ikimeze nk’umukandara w’uburinzi wari ugizwe n’ikiyaga cy’Akagera abenshi bakaba barishwe bakajugunywamo.

Ati “Hari urwibutso rwubatswe mu Ntara ya Kagera mu Karere ka Ngara, hari Umunya-Tanzania watanze ubutaka hubakwamo urwibutso. Turabasaba ko mwadufasha tukajya tuhajya tukahibukira kuko ndahamya neza ko harimo abantu b’i Kayonza bagerageje gushaka guhungirayo ntibyabakundira barabica bajugunywa mu Akagera.”

Uwitonze Théoneste ukuriye Ibuka mu Murenge wa Kabarondo, yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi muri Kabarondo yakozwe n’abasirikare bituma bamwe mu Batutsi batangira guhunga bambuka bajya muri Tanzania, bamwe bicirwayo abandi bagwa mu mazi.

Ati “Hariyo abagiraneza bafashe umwanzuro wo kugira ngo bubakeyo urwibutso bashyiramo n’iyo mibiri. Icyifuzo rero dufite ni ugufashwa kugera aho abacu bashyinguye, ubundi buryo nubwo bwaba bugoranye twakwifuje ko iyo mibiri yakagarutse mu Rwanda tukayishyingura mu cyubahiro.”

Mutangana Alphonse we yavuze ko Leta ikwiriye kubafasha imibiri y’Abatutsi ishyinguye muri Tanzania ikazanwa mu Rwanda ngo kuko gushyingura uwawe hafi biruhura.

Yasabye inzego zose bireba kubafasha iyi mibiri iri muri Tanzania ikazanwa mu Rwanda igashyingurwa mu cyubahiro.

Ati “Ntabwo byaba ari byiza ko abacu bashyingurwa i Shyanga, ni koko bakoze igikorwa cyiza cy’ubutwari n’ubutabazi ariko rwose imibiri y’abacu ikwiriye kuzanwa mu Rwanda tukayishyingura, bitabujije ko muri kiriya gihugu hashyirwa urwibutso rw’ubutwari.”

Senateri Bideri John Bonds, yavuze ko bashimira igihugu cya Tanzania ku kuba cyaremeye ko iyo mibiri ihashyingurwa mu cyubahiro, avuga ko mu minsi yashize Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’iki gihugu yaje mu Rwanda akemera ko bagiye kugira uruhare gusana uru rwibutso.

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco we yavuze ko iki kibazo bazakigeza ku zindi nzego bireba ku buryo zagikurikirana, Abanyarwanda bakajya bemererwa kujya kuhibukira cyangwa se imibiri y’Abatutsi ishyinguyeyo ikaba yazanwa mu Rwanda ho hagashyirwa ikimenyetso.

 

Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Kayonz barasaba ko imibiri y’Abatutsi ishyinguye muri Tanzania yazanwa mu Rwanda
Perezida wa Ibuka mu Karere ka Kayonza, Ndindabahizi Didace, yavuze ko bifuza ko imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi ishyinguye muri Tanzania yazanwa mu Rwanda
Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco yavuze ko iki cyifuzo cy’abaturage bazakigeza ku nzego zibishinzwe

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Gossip Kigali April 8, 2024 April 8, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Ubuzima

Bwa mbere mu Rwanda hagiye gutangwa ibihembo byiswe ”Rwanda Disability Inclusion Awards 2023

October 4, 2023
Imyidagaduro

Riderman na Bull Dogg bishimiye kuzifatanya na barumununa babo mu gitaramo cyo kumurika alubumu yabo

August 5, 2024
Imyidagaduro

Ibitaramo bya Juno Kizigenza na Ariel Wayz iburayi byegejwe imbere

October 6, 2023
Andi makuru

RDC yahagaritse ingedo za Rwandair mu kirere cyayo

February 12, 2025
Andi makuru

Perezida Paul Kagame yasangije abanyamerika ubuzima abanyarwanda babayemo mu nkambi

February 2, 2024
Imyidagaduro

Niyo Bosco yashyize hanze Ep ye ya mbere iriho indirimbo Ndabihiwe yibajijweho byinshi

February 16, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?