SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Fally Merci yiseguye kubatarabashije kwinjira mu gitaramo abizeza kubashumbusha
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Fally Merci yiseguye kubatarabashije kwinjira mu gitaramo abizeza kubashumbusha
Imyidagaduro

Fally Merci yiseguye kubatarabashije kwinjira mu gitaramo abizeza kubashumbusha

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/03/29 at 7:49 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Fally Merci, umunyarwenya unategura igitaramo cya Gen-Z Comedy yasabye imbabazi abaguze amatike ntibabashe kwinjira, yemera ko bazayakoresha mu cyo ari guteganya muri Gicurasi 2024.

Ibi uyu munyarwenya uri mu bamaze kubaka izina mu Rwanda yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na kimwe  Ni nyuma yo gukorera igitaramo muri Camp Kigali kiritabirwa cyane ndetse abahageze nyuma babura n’aho bahagarara, amagana y’abatari bake basubirayo.

Muri iki kiganiro Fally Merci yavuze ko uretse abitabiriye batabashije kwinjira mu gitaramo bitewe n’abantu benshi, yanyuzwe n’uko cyagenze.

Ati “Mu byukuri byaraturenze, igitaramo cyaraturuse. Ntekereza ko ari intsinzi kuri twe ariko ku batarabashije kwinjira ndi hano ngo mbasabe imbabazi ariko mu byukuri igitaramo cyagenze neza kurusha uko twabitekerezaga.”

Avuga ku cyateye ibibazo byavutse muri iki gitaramo, Fally Merci yavuze ko ikibazo cyatewe n’uko abantu bashatse kugurira rimwe amatike nyuma urubuga rwifashishwaga ruza kugira ibibazo.

Ibi byatumye abantu benshi bagurira amatike ku muryango ariko bihurirana nuko hari abari baguze amatike mbere bityo bahurira Camp Kigali buzura ahari kubera igitaramo baranasaguka.

Ku rundi ruhande, uretse gusaba imbabazi abaguze amatike batashye batinjiye muri Gen-Z Comedy, Fally Merci yabijeje kuzayifashisha mu gitaramo gitaha ateganya gukora muri Gicurasi 2024.

Ati “Twebwe nta kibazo dufite Gen-Z Comedy zirahari kandi nyinshi, bazahitemo izo bashaka rwose, abafite amatike batabashije kwinjira bayabike neza rwose ubutaha bazayazane binjire kuko twe dukeneye abantu.”

Fally Merci kugeza ubu yavuze ko ataramenya neza impamvu Kigingi atabashije kwitabira iki gitaramo, ati “Yambwiye ko afite ikibazo gitunguranye ariko ntabwo yakimbwiye, byakubitanye nuko nari mpuze ariko buriya ntazabura undi munsi tuzamutumira kandi azitabira.”

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul March 29, 2024 March 29, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Umuhanzi Eyo Faboulous ukorera umuziki muri Canada yashyize hanze indirimbo yise Toujours (Video )

November 21, 2024
Imyidagaduro

Perezida Museveni yiyemeje gutanga ibishoboka byose Jose Chameleon akavurwa

December 20, 2024
Andi makuruIyobokamana

Vestine na Dorcas nyuma yo kutajya muri Canada bagiye gutaramira I Burundi

November 28, 2023
Andi makuru

Perezida Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma Nelly Mukazayire agirwa Minisitiri wa Siporo

December 21, 2024
Imyidagaduro

Belgique :Umunyarwanda Nikhan yateguje amashusho y’indirimbo ziri kuri EP ye yise 1.2.3.4

June 10, 2024
Imyidagaduro

Ibihembo bya Rwanda International Movie Awards bigiye gutangwa ku nshuro ya 8

February 9, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?