SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Big Fizzo ashobora kutitabira igitaramo cya Platini P
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Big Fizzo ashobora kutitabira igitaramo cya Platini P
Imyidagaduro

Big Fizzo ashobora kutitabira igitaramo cya Platini P

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/03/26 at 12:05 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Amakuru yizewe aturuka i Bujumbura arahamya ko Big Fizzo atakije i Kigali aho yari yatumiwe mu gitaramo ‘Baba Experience’ yagombaga gufashamo Platini ku wa 30 Werurwe 2024.

Umwe mu bakurikiranira hafi imyidagaduro y’i Bujumbura, yatangarije  itangazamakuru  ko muri ibi bihe umubano w’u Rwanda n’u Burundi udahagaze neza bigoye ko abahanzi batumiwe i Kigali bitabira.

Ati “Ntabwo abahanzi bavayo ngo babivuge ariko biragoye, uwo batumiye i Kigali ahita aganirizwa akumvishwa ko atahaza. Ngira ngo mwabonye ko Kigingi ataje na Big Fizzo byamaze kumenyekana ko atakitabiriye.”

Yaba uruhande rwa Big Fizzo cyangwa Platini wari wamutumiye mu gitaramo, nta n’umwe ushaka kuvuga ku kuba uyu muhanzi atazitabira igitaramo cy’i Kigali.

Kutitabira iki gitaramo kwa Big Fizzo byaba bitewe n’ibibazo bya Politike cyane ko umubano w’u Rwanda n’u Burundi kugeza uyu munsi udahagaze neza.

Ku rundi ruhande Platini akomeje imyiteguro y’iki gitaramo gitegerejwe kubera muri Camp Kigali ku wa 30 Werurwe 2024, aho amatike yo kwinjira amaze igihe ku isoko.

Kwinjira muri iki gitaramo ni 5000Frw mu myanya isanzwe, ibihumbi 10Frw muri VIP ndetse n’ibihumbi 200Frw ku meza y’abantu umunani.

Byitezwe ko igitaramo kizagaragaramo abarimo Eddy Kenzo, Urban Boys, Butera Knowless, Nel Ngabo, Kenny Sol, Riderman n’abandi benshi.

Ushobora kugura itike yawe unyuze aha

BABA Xperience | BABA Xperience

You Might Also Like

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Nsanzabera Jean Paul March 26, 2024 March 26, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Umuyobozi wa Pan African Movement mu Rwanda yiyemeje gukangurira abanyafurika kwibohora burundu

May 22, 2025
Imyidagaduro

Urubanza rwa Tity Brown rwongeye gusubikwa ku nshuro ya 4

March 14, 2023
Andi makuru

Koffi Olomide yanenze Leta yabo yananiwe gukemura ikibazo cyayo ikakigereka ku Rwanda

February 1, 2023
Andi makuru

Perezida Kagame yihanganishije abibasiwe n’ibiza

May 3, 2023
Utuntu n'utundi

Umusirikare w’u Burusiya Ukraine iherutse kuvuga ko yishe yagaragaye ari muzima

September 27, 2023
Andi makuru

DRC yatangaje ko izitabira ibiganiro na M23

March 17, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?