SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Fally Merci wari ufite inzozi zo kuzaba rutahizamu yisanze ari umunyarwenya
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Fally Merci wari ufite inzozi zo kuzaba rutahizamu yisanze ari umunyarwenya
Imyidagaduro

Fally Merci wari ufite inzozi zo kuzaba rutahizamu yisanze ari umunyarwenya

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/02/29 at 4:00 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
4 Min Read
SHARE

Umunyarwenya Ndaruhutse Merci uzwi cyane nka Fally Merci, akaba yaranashinze urubuga rutanga amahirwe ku banyarwenya bakiri bato, GEN-Z Comedy, yahishuye ukuntu inzozi yari afite zo kuba umukinnyi w’umupira w’amaguru zamuviriyemo kuba umunyarwenya.

Uyu musore wanyuze muri Art Rwanda Ubuhanzi icyiciro cya mbere, bikamuha amahirwe yo kwigishwa uko impano ye yabyazwa umusaruro, avuga ko igitekerezo cyo gushinga urwo rubuga yabitewe n’uko yari asanzwe ari umunyarwenya akumva na we yashyira itafari rye mu kubaka impano y’urwenya.

Mu kiganiro yagiranye n’Imvaho Nshya, Fally Merci yavuze ko yumvaga ko azaba umukinnyi w’umupira w’amaguru, ariko akaza kwisanga ari umunyarwenya mu buryo atazi.

Yagize ati: “Mbere numvaga nzaba umukinnyi w’umupira w’amaguru, ariko ngeze mu mashuri makuru, ni bwo abo  twiganaga bambwiye ngo nzibere umunyarwenya, kuko ari byo nshoboye. Najyaga mu kibuga aho gukina nkabasetsa, mbere yo kuba umunyarwenya nari mfite inzozi zo kwibera umukinnyi wa ruhago nkajyana n’amavubi mu gikombe cy’Isi, ariko buriya na najyana nayo ngiye kuyasetsa.”

Uyu  munyarwenya avuga ko Gen-z Comedy ivuze ikintu kinini kuri we, kuko atari yiteze urwego igezeho uyu munsi.

Ati: “Gen-z Comedy kuri njye ivuze ikintu kinini cyane, ni urubuga rw’abanyempano batandukanye, yaba abanyerwenya n’abandi bahanzi bakizamuka, ni urubuga rwo kugaragarizaho impano, kandi ruzacaho abantu benshi bazakomera, Gen-Z urwego igezeho ruri hejuru cyane ntabwo nari ndwiteze, ntabwo nari niteze ko yagera ahangaha mu gihe imaze, ariko ni Imana n’Abanyarwanda bayigejeje ahangaha, kuko twe ntabwo twari kubishobora nkaba Gen-z gusa, iyo hataza kubamo iyo migisha ndetse n’amahirwe.”

Agaruka ku gitaramo barimo gutegura cyo kwizihiza imyaka 2 Gen-z Comedy imaze  itangiye, Mercii avuga ko ari igitaramo barimo gutegura neza, kandi hari n’ikindi kizacyibanziriza kizaba tariki 7 werurwe.

Ati: “Turi kwitegura igitaramo cy’imyaka 2 Gen-Z itangiye, turacyarimo kugitegura, hari n’indi izayibanziriza izaba ku itariki 7 Werurwe izabanziriza iyo kwiziza imyaka 2. Na yo izaba imeze neza pe, abazitabira  igitaramo cyo kwizizhiza imyaka 2 kizaba tariki 21 Werurwe.

Yavuze ko abazitabira ibyo birori bazishima kuko  kuko hari abanyarwenya bo muri Afurika y’Iburasirazuba buteguye nka Patrick Savaldo wabyemeje n’abandi bakiganirizwa barimo Okello na Kigingi.

Ati: “Rero abantu nababwira ngo ntibazahombe, bazaze bisekere kuko tubahishiye byinshi cyane muri iki gitaramo kizabera muri Camp Kigali.”

Merci yavuze ko ateganya ko urubuga rwa Gen-Z comedy rwakwaguka rukagera mu Ntara zose, ku buryo byaba ari iseka rusange mu magambo ye.

Yagize ati: ”Gen-Z nifuza ko yagera ku rwego rw’uko yaba ari iseka rusange mu Ntara zose,  ku wa Kane nimugoroba bagaseka, kabiri mu kwezi nkuko tubikora i Kigali. Ndashaka kwagura amashami yayo nkayishyira no mu Ntara, ku buryo bikunze Gen-Z yaba ari iseka rusange.”

Agaruka ku buryo abona ibijyanye n’urwenya mu Rwanda, Merci avuga ko abona impano yo gusetsa mu Rwanda iri ku rwego rushimishije.

Avuga ko mu Rwanda no ku Isi we afana Umunyarwanda w’umunyarwenya, avuga ko atazi aho akomora impano yo gusetsa uretse ko abona aganira n’abantu akabona baraseka.

Uyu munyarwenya ari no mu barimo guhatanira ibihembo byo gushimira abahanzi nserukarubuga byateguwe na n’urubuga rw’ubuhanzi nserukarubuga (Rwanda Perfoming Art Festival).

Ibitaramo bya Gen-Z Comedy byatangiriye mu Rugando kuri Art Rwanda Ubuhanzi Incubation Center, nyuma biza kwimukira muri Mundi Center (Rwandex), mu rwego rwo kujya ahantu hagutse bitewe n’uko umubare w’abayitabira wari umaze kwiyongera bikaba bisigaye bibera muri Camp

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul February 29, 2024 February 29, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

U Rwanda rwasabye kwakira amashami y’umuryango w’abibumbye i Kigali

May 19, 2025
Imikino

ikipe y’igihugu amavubi yagiye muri Madagascar

March 18, 2024
Imyidagaduro

Ed Sheeran akomeje guca uduhigo mu Bwongereza

July 23, 2024
Imyidagaduro

Nana Nadége uzwi cyane muri sinema nyarwanda yasezeranye mu mategeko n’Umukunzi we

December 17, 2024
Imikino

Inama umutoza Mashami Vincent yagiriye umutoza Torsten Frank Spittler w’amavubi

November 4, 2023
Imyidagaduro

Juno Kizigenza na Kevin Kade bishimiwe n’abitabiriye ibirori byo kumurika Skol Malt nshya Nshya muri kigali Universe

November 16, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?