SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Marchal Ujeku avuga ko umuziki uri mu byatumye agera aho ageze ubu
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Marchal Ujeku avuga ko umuziki uri mu byatumye agera aho ageze ubu
Imyidagaduro

Marchal Ujeku avuga ko umuziki uri mu byatumye agera aho ageze ubu

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/02/06 at 1:35 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Ujekuvuka Emmanuel wamamaye nka wahisemo guhesha ikuzo ururimi rw’amashi ruvugwa cyane iwabo ku Nkombo binyuze mu ndirimbo, arakataje mu bushabitsi bwo gucuruza ibibanza n’inzu mu Rwanda. Umushinga yashoyemo amafaranga yakuye mu muziki.

Uyu muhanzi akaba na rwiyemezamirimo ubwo yari mu kiganiro ‘Amahumbezi’ cya Radio Rwanda yatangaje ko umuziki wamwaguriye amarembo ndetse ubucuruzi asigaye akora binyuze mu kigo Marchal Real Estate Developers bwashibutse ku buhanzi.

Ujekuvuka yavuze ko agitangira uyu mushinga yagowe no kubona abashoramari bamufasha ndetse n’inguzanyo bitewe n’uko hari abatizerera mu nyungu ziva mu buhanzi.

Ati “Hari banki imwe nagiyemo hano mu Rwanda mbabwira ko nize ibijyanye n’ubwubatsi n’ubucuruzi mpuzamahanga ndetse ndi n’umuhanzi bampe inguzanyo, barabyanga bambaza ubushabitsi nkora mbabwira ko ndi umuhanzi. Barambaza bati ibitwereka se ko umuziki winjiza ni ibihe? ndabibura.”

“Ndibuka hari mu 2016 mbabwira ko nyuma y’imyaka ibiri nzagaruka mbereka ko umuziki winjiza. Nafashe konti iwabo mpitamo ko akantu kose kavuye ku muziki niyo yaba inoti ya 5000Frw izajya ica kuri iyo konti. Mu myaka itatu gusa hari hamaze kugera miliyoni 37Frw, mbereka na kontaro zose zayo mafaranga, nyuma mbasaba kunguriza miliyoni 300 Frw.”

Ntiyabashije kubona iyo nguzanyo yifuzaga bituma afata amafaranga yakuye mu muziki [miliyoni 37Frw] ayashora mu mushinga we yashakaga gukora.

Yatangiye agura ibibanza bya miliyoni 7Frw akagenda yungukaho imwe, akanitabira ibikorwa n’inama bibera mu Rwanda mu rwego kuganiriza abashoramari batandukanye kugira ngo abareshye, abone abamutera inkunga.

Bidatinze yaje guhura n’umugabo w’umwarabu ashima uburyo uyu muhanzi yiyemeje gukora ubushabitsi ndetse batangira gukorana.

Marshal Ujeku wize ubwubatsi yabanje gutinya kwerekana ko ari umuhanzi agira ngo hari abamutakariza icyizere.

Ati “Ndibuka umwarabu wa mbere washoye imari mu mu kigo twarahuye ansaba kumwereka imyirondoro yanjye nadibikora, arambwira ati ariko hari umuntu wambwiye ko uri umuhanzi byaba aribyo?.”

“Kuri njye natinye kubishyiramo ntekereza ko nabimenya adahita anyizera, narabimwemereye gusa ambaza impamvu ntabishyizemo mbere ndongera ndandika bundi bushya. Nyuma yaho yambwiye ko icyatumye ashora imari mu kigo ari uko ndi umuhanzi kuko iwabo umuhanzi aba ari umuntu ukomeye.”

Marchal Ujeku avuga ko uyu mushoramari wa mbere yamubonye bitewe n’umuziki. Abakozi 12 yari afite agitangira bari abafana be kandi nta mushahara bigeze bamusaba.

Nyuma y’igihe atangiye umushinga we byamusabye kujya muri Ghana kwihugura no kwiyungura ubumenyi, yigira ku bakora nk’ibye bari muri icyo gihugu.

Yahuye n’uwitwa Nana Kwame Bediako bagirana ibiganiro byamufashije kwagura ikigo cye kiva ku rwego cyariho mu myaka ine ishize kugera aho kiri ubu.

Marshal Ujeku nubwo yabanje gusubika muzika akinjira mu bushabitsi bwo kuranga no gucuruza inzu n’ibibanza, kuri ubu yarayisubukuye ndetse yateguje amashusho y’indirimbo “Ntakazimba” bisobanuye “Sinshobora kwiba” izasohoka mu minsi iri imbere.

 

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul February 6, 2024 February 6, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Indege ya Donald Trump yakoze impanuka

May 16, 2024
Imikino

Lionel Messi yaciye agahigo ko guhembwa amafaranga menshi muri Amerika

October 25, 2023
Ubukungu

Ibigo byatanze serivise nziza muri 2023 byahembwe mu bihembo bya Consumers Choice Awards( Amafoto)

April 6, 2023
Imyidagaduro

Clapton Kibonge yashimiye umugore we n’inshuti ze zamubaye hafi mu burwayi bwe

May 26, 2024
Utuntu n'utundi

Abanyakoreya y’epfo bari mu gahinda nyuma yo kubuzwa kugurisha inyama z’Imbwa

January 9, 2024
Andi makuruImyidagaduro

Alyn Sano yishimiwe nabitabiriye iserukiramuco rya Vic Falls Carnival’ryabereye muri Zambia

May 5, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?