SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Sitting Volleyball: Amakipe y’u Rwanda yatangiye neza Shampiyona Nyafurika
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imikino > Sitting Volleyball: Amakipe y’u Rwanda yatangiye neza Shampiyona Nyafurika
Imikino

Sitting Volleyball: Amakipe y’u Rwanda yatangiye neza Shampiyona Nyafurika

Muhire Jimmy
Last updated: 2024/01/31 at 9:28 AM
Muhire Jimmy
Share
2 Min Read
SHARE

Ikipe y’u Rwanda y’Abagabo yatangiye neza muri Shampiyona Nyafurika ya Sitting Volleyball, itsinda iya Algeria amaseti 3-0, mu gihe iy’abagore nayo yatsinze iya Nigeria amaseti 3-0, mu mikino yabaye ku wa Kabiri, tariki 30 Mutarama 2024 i Lagos aho irimo rushanwa rikomeje kubera.

 

Umukino w’Abagabo niwo wabanje gukinwa, u Rwanda rutangira neza rutsinda iseti ya mbere ku manota 25 kuri 13 ya Algeria.

Algeria yasubiye mu iseti ya kabiri yiminjiriyemo agafu igerageza kuzamura amanota ariko abakinnyi b’u Rwanda babyitwaramo neza bayitsinda amanota 25 kuri 20.

Iseti ya nyuma itagoranye Algeria nayo yayitakaje ku manota 25 kuri 11.

Muri rusange, umukino warangiye u Rwanda rwatsinze Algeria amaseti 3-0 (25-13, 25-20, 25-11).

Ikipe y’Igihugu y’Abagore nayo yitwaye neza itsinda iya Nigeria mu buryo bworoshye cyane, kuko iyi kipe yatsinzwe nta seti yatsinzemo amanota byibura agera ku 10.

Muri rusange uyu, mukino warangiye u Rwanda rwatsinze Nigeria amaseti 3-0 ( 25-6,25-4,25-9).

 

Umukino wa kabiri, u Rwanda ruzakina na Libya mu bagabo, mu gihe abagore bazakina na Kenya, mu mikino yombi iteganyijwe tariki 1 Gashyantare 2024.

Muri rusange, mu bagabo, iri rushanwa ryitabiriwe n’ibihugu 11 birimo Misiri, Maroc, Libya, Kenya, Algeria, Zimbabwe, u Rwanda na Nigeria.

U Rwanda ruri mu itsinda B hamwe na Libya, Algeria na Zimbabwe.

Mu bagore ryitabiriwe n’ibihugu bine ari byo u Rwanda , Nigeria, Zimbabwe na Kenya bityo bikaba bizahura hagati yabyo.

Ibihugu bizasoza byegukanye iri rushanwa mu bagabo n’abagore bizahita bikatisha itike y’Imikino Paralempike izakinwa kuva tariki 29 Kanama kugeza ku wa 7 Nzeri i Paris.

Ikipe y’Igihugu y’Abagore nayo yitwaye neza itsinda iya Nigeria

You Might Also Like

PSG yegukanye igikombe cya champions League itsinze Inter Milan 5-0(Amafoto)

Winner Rwanda yafunguye ubwidagaduriro bw’abana mu murenge wa Gitega

Abantu 27 harimo abana 4 bakomerekeye mpanuka mu birori byo kwishimira igikombe Liverpool yegukanye

Jose Chameleon na Weasel bazatarama mu birori byo kwishimira Ibikombe APR FC yegukanye

Munyakazi Sadate yasezeranyije Perezida Kagame kuzazana ibikombe mpuzamahanga mu Rwanda

Muhire Jimmy January 31, 2024 January 31, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Umuryango wa John Legend uri mu gahinda ko gupfusha imbwa yabo

January 29, 2025
Imikino

“Ndishimye cyane, wari umwaka mwiza kuri njye ubwanjye no ku ikipe”! Cristiano Ronaldo!

December 31, 2023
Imyidagaduro

The Ben yashyize hanze indirimbo Plenty yari itegerejwe na benshi

September 27, 2024
Andi makuru

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Nigeria Bola Ahmed Tinubu i Abu Dhabi

January 14, 2025
Imyidagaduro

Sonia Rolland yatangije imishinga yo korora Inzuki mu Rwanda

March 1, 2023
Ubukungu

Sea2City yashyize igorora abatunze imbwa n’Injangwe muri Kigali

November 7, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?