SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Antoinnette Rehema yashyize hanze indirimbo nshya yise ibinezaneza
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Iyobokamana > Antoinnette Rehema yashyize hanze indirimbo nshya yise ibinezaneza
Iyobokamana

Antoinnette Rehema yashyize hanze indirimbo nshya yise ibinezaneza

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/01/20 at 11:40 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Antoinnette Rehema yashyize hanze indirimbo nshya

Nyuma y’igihe gito Antoinette Rehema ashyize hanze indirimbo nshya yise “Kuboroga” kuri ubu azanye indi ndirimbo nshya yise “Ibinezaneza”. Ni indirimbo isingiza Imana ishimangira ko imirimo yayo yivugira.

“Ibyo wadukoreye byaduhaye inkuru, tuzahora tubwira abantu ineza watugiriye. Yaduhaye Ubuhamya tuzahora tubwira abantu”. Ayo ni amwe mu magambo ari muri iyi ndirimbo nshya ya Antoinette Rehema.

Hari n’aho agira ati ” Imfatiro zose zisenyutseee, yandemeye ubuzima bushya, inkingi z’umutima wanjye zanyeganyejwe n’urukundo rwe, aranzanaaa ndakomeraaa. Ntabwo napfa kugushwa nkomejwe na rubasha. Nawe wazahuka eheee, Umwizeye wabohoka eheee. Numunyembabazi nyinshi cyaneeeee.”

Ni indirimbo yifashishijemo abanyempano batandukanye ubwo hafatwaga amashusho barimo umuramyi Divine Nyinawumuntu ubarizwa muri label ya TFS uririmba muri Kingdom of God akaba azwi mu ndirimbo”Urugendo” .

Antoinette Rehema avuga ko “Ibinezaneza” yashibutse ku mpanuka y’imodoka aherutse kurokoka ubwo yari agiye ku kazi akitambikwa mu muhanda n’inyamaswa nini yitwa “Orginal”

Avuga ko icyo gihe yahise agira ati “Umwanzi ubu ntaho yaduhera kuko waduhinduye abo kutaneshwa”.

Ku bijyanye n’ubutumwa buri muri iyi ndirimbo, Rehema avuga yayikoze agambiriye kwibutsa abantu ugukomera kw’Imana.

 Ati “Mpamya ko abizeye Imana neza, umwanzi ntaho yaduhera kuko Imana yaduhinduye abo ikitaneshwa.”

Rehema usanzwe utuye muri Canada ubwo aheruka mu Rwanda yakoze ibikorwa bitandukanye birimo ifatwa ry’amashusho y’indirimbo eshanu yitegura gushyira hanze.

Mu gihe cy’ukwezi yamaze mu rw’imisozi igihumbi yanitabiriye ibiganiro mu bitangazamakuru agaruka ku ndirimbo yise “Kuboroga” yishimiwe na benshi.

Byitezwe ko nyuma y’indirimbo “Ibinezaneza”, Antoinette Rehema ateganyiriza abakunzi be indi ndirimbo ndetse no gutegura kuzamurika Album.

You Might Also Like

Korali Ganza Kristo yo muri ADEPR Gasave yateguye igiterane cy’amashimwe kizamara iminsi 2

Aba-Cardinal binjiye mu munsi wa kabiri w’itora rya Papa

Cardinal Antoine Kambanda yerekeje i Vatican

Menya uko Papa atorwa iyo uwari uriho apfuye cyangwa yeguye

Vatican yatangaje umunsi Papa Francis azashyingurirwaho

Nsanzabera Jean Paul January 20, 2024 January 20, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Utuntu n'utundi

ubuyobozi bw’abayisilamu muri Jinja burasaba ko Nyege Nyege Festival’ ihagarikwa

September 27, 2023
Utuntu n'utundi

Prince Harry akomeje kwerekana ko yifuza gusubira Ibwami

July 10, 2024
Imyidagaduro

Marchal Ujeku avuga ko umuziki uri mu byatumye agera aho ageze ubu

February 6, 2024
Imyidagaduro

Skol yateguye igitaramo Nyega Nyega kizahuriramo abaraperi bakanyujijeho mu Rwanda

May 5, 2023
Imyidagaduro

Tanzania Umuhanzi Nezo B yishwe n’umugore

June 22, 2023
Imyidagaduro

Davis D yakoze amateka mu gitaramo cye,Nasty C biragira akubise umufana umugeri (Amafoto)

November 30, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?