SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Tiwa Savage ntari gucana uwaka na Davido
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Tiwa Savage ntari gucana uwaka na Davido
Imyidagaduro

Tiwa Savage ntari gucana uwaka na Davido

Gossip Kigali
Last updated: 2024/01/10 at 11:09 AM
Gossip Kigali
Share
2 Min Read
SHARE

Tiwa Savage yareze Davido kuri Polisi ya Nigeria amushinja kumutera ubwoba no gushaka kumugirira nabi, nyuma yo gutambutsa amafoto ari kumwe ka Sophia Momodu wabyaranye n’uyu muhanzi.

Mu ibaruwa ndende bivugwa ko uyu muhanzikazi yandikiye Polisi y’Umujyi wa Lagos muri Nigeria, yavuze ko akomeje kwakira ubutumwa bumutera ubwoba ko ashobora kugirirwa nabi na Davido.

Tiwa Savage avuga ko intandaro y’ibi byose, yaturutse ku mafoto yatambukije kuri Instagram Story tariki 23 Ukuboza 2023, ari kumwe na Sophia Momodu wabyaranye na Davido, uyu muhanzi ngo ntiyabyakira neza.

Nyuma yo kutabyakira neza, David Adeleke wamamaye nka Davido, ngo yahise yegera umwe mu bari hafi Tiwa Savage amubwira ko atishimiye kumubona ari kumwe na Sophia wagiye amwandagaza mu bihe bitandukanye.

Davido ngo yabwiye uwo mugabo bakorana ariko akanakorana na Tiwa Savage ko akwiriye kugira inama uyu muhanzikazi, agahagarika umubano afitanye na Sophia wamubyariye imfura, bitaba ibyo akazagira ikibazo.

Tiwa Savage acyumva ubu butumwa yandikiye Davido, amwibutsa ko atagenga amahitamo y’abo bakwiye kumenyana no kugendana ku buryo yamutegeka kurekana na Sophia, undi ararakara cyane abwira uwo bakorana ko Tiwa akwiye kwitonda mu gihe ari mu Mujyi wa Lagos kuko ashobora kumugirira nabi.

Tiwa yahise yandikira Polisi ku wa kabiri, tariki 9 Mutarama 2023, mu rwego rwo kwishinganisha kuko yatangiye kwakira ibikangisho atekereza ko bishobora kugira ingaruka ku buzima bwe, n’ubw’abo bakorana.

Tiwa Savage na Davido bahoze ari inshuti magara, baherutse guhagarika gukurikirana ku rubuga rwa Instagram, ndetse Tee Bills wabyaranye na Tiwa Savage yibasira Davido cyane amushinja gusuzugura uyu mugore ndetse ahigira kumwihoreraho.

Tee Bills wabaye umugabo wa Tiwa Savage yahise atangaza ko Davido yirengagije umwana we w’imfura Imade Adeleke kandi ari mu bahanzi binjiza agatubutse ku Mugabane wa Afurika.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Gossip Kigali January 10, 2024 January 10, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Perezida Kagame  yasabye ko ababyeyi baha abana inzoga bajya bahanwa

February 28, 2023
Imyidagaduro

Igitaramo cya Demarco cyasubitswe ku munota wa nyuma

December 28, 2022
Imikino

Manishimwe Djabel yasinyiye ikipe ya Naft Al-Wasat yo muri Iraq.

August 29, 2024
Imyidagaduro

Bwiza na Danny Vumbi bahuje Imbaraga basubiramo indirimbo Ni dange yabiciye mu myaka yashize (Video )

May 22, 2024
Ubukungu

Sea2City yashyize igorora abatunze imbwa n’Injangwe muri Kigali

November 7, 2024
Iyobokamana

Aline Gahongayire agiye gukorera igitaramo mu bubiligi

June 10, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?