SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Bad Rama yishimiye kuza guhura n’umuvandimwe yirinda kugira byinshi avuga kuri The Mane
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Bad Rama yishimiye kuza guhura n’umuvandimwe yirinda kugira byinshi avuga kuri The Mane
Imyidagaduro

Bad Rama yishimiye kuza guhura n’umuvandimwe yirinda kugira byinshi avuga kuri The Mane

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/12/08 at 10:35 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umunyemari Mupende Ramadhan wamamaye nka Bad Rama mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda, yagarutse i Kigali nyuma y’igihe yari amaze muri Amerika abajijwe iby’irindimuka rya The Mane aruma ahuhaho.

Yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku kibuga cy’indege, aho yabanje kubazwa icyo yari akumbuye.

Mu gusubiza Bad Rama yavuze ko yari akumbuye abanyarwanda muri rusange.

Yabajijwe mu by’ukuri imishinga imuzanye mu Rwanda avuga ko ari ibintu bitatu.

Ati “Sinakivuga mu buryo burambuye, mfite imishinga nje kubamurikira. Icyo navuga cyo intambara maze iminsi ndwana yo kugira ngo mbashe gutunga sosiyete yavukiye hano ariko ikandikwa muri Amerika, igatangira gukora.’’

Yavuze yamaze gutangiza icyo yise ‘The Mane Hub’ muri Amerika akaba afite ibikorwa byinshi ateganya, yiteguye no gusobanurira abanyarwanda.

Ati “Ikindi kinzanye ni uguhura n’umuvandimwe wanjye Moses Olivier Uwimana bitaga Wakwetu, twari twaratandukanye mu 1994 tuza kongera kumubona muri uyu mwaka, no gufungura akabari k’inshuti yanjye ka B-Lounge gaherereye i Nyamirambo.’’

Bad Rama yabajijwe ibya The Mane niba ikiriho mu Rwanda mu gihe avuga ko aje mu bikorwa byayo kandi nta muhanzi n’umwe ugaragara bari gukorana. Uyu mugabo wirinze kuvuga byinshi yavuze ko azabona umwanya wo kugenda abisobanura neza uko iminsi igiye kugenda iza.

Ati “Nababwiye ngo nibyo njemo nzagenda mbisobanura.’’

The Mane ya Bad Rama imaze iminsi icumbagira ndetse abahanzi bose mu Rwanda bayibarizwagamo bamaze kuyivamo bucece.

N’ubwo mu Rwanda bamwe bibaza amaherezo ya The Mane ariko Bad Rama aheruka gufungura ishami ryayo muri Leta ya Arizona muri Amerika, yise “The Mane Entertainment Hub’’ aho avuga kuri we ahubwo kuri ubu ari nk’aho aribwo agiye gutangira ibikorwa bye.

 

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul December 8, 2023 December 8, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Iyobokamana

Icyamamare Nomthie Sibisi yijeje abakristo bo mu Rwanda igitaramo cy’amateka

November 29, 2023
Imyidagaduro

Marie France yatorewe kuyobora Inama y’Igihugu y’Abahanzi

December 17, 2023
Imyidagaduro

Ibirori by’isabukuru ya Michael Tesfay umukunzi wa Miss Naomie byitabiriwe n’abavandimwe be

January 21, 2024
Andi makuru

APR WBBC na REG WBBC zatsindiwe muri Tanzania, zihurira ku mukino w’umwanya wa gatatu

September 9, 2021
Andi makuru

Gen Kainerugaba yahishuye ko muri 2026 bazakuraho itegeko rihana abaryamana bahuje ibitsina

January 3, 2025
Andi makuru

Nigeria : Umubyeyi n’abana be babiri basanzwe bapfiriye mu iduka

May 30, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?