SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: “Argentine irashaka umutoza ufite imbaraga nyinshi kandi umeze neza”: Lionel Scaloni
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imikino > “Argentine irashaka umutoza ufite imbaraga nyinshi kandi umeze neza”: Lionel Scaloni
Imikino

“Argentine irashaka umutoza ufite imbaraga nyinshi kandi umeze neza”: Lionel Scaloni

Muhire Jimmy
Last updated: 2023/11/23 at 5:40 PM
Muhire Jimmy
Share
2 Min Read
SHARE

 

Umutoza Mukuru w’Ikipe y’Igihugu ya Argentine wanayihesheje Igikombe cy’Isi giheruka, Lionel Scaloni, yaciye amarenga ko ashobora guhagarika kuyitoza nyuma y’imyaka itanu ari muri ako kazi.

 

Yabigarutseho nyuma yaho ku wa Kabiri, tariki ya 21 Ugushyingo 2023, aribwo uyu mutoza yafashije ikipe ye gutsinda umukino ukomeye wayihuje na Brésil mu gushaka itike yo kujya mu Gikombe cy’Isi cya 2026 kizabera muri Canada, Mexique na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ubu yamaze gutangaza ko abona akazi afite katacyoroshye ndetse atagikwiriye gutoza, akaba ari yo mpamvu ashaka kubihagarika agatekereza ku bindi.

Ati “Argentine irashaka umutoza ufite imbaraga nyinshi kandi umeze neza. Njye ndashaka guhagarika umupira kubera ko hari ibintu byinshi ndi gutekereza muri iki gihe.”

“Ntabwo mvuze ngo murabeho cyangwa ikindi ariko icyo nshaka ni ugutekereza kuko ibintu bimaze kurenga urwego kandi ndabona bidasobanutse ku buryo twakoroherwa no gukomeza gutsinda. Aba bakinnyi bari gutuma ibintu bikomera cyane, ni byo nshaka gutekerezaho. Nzavugana na bo ndetse na Perezida w’Ishyirahamwe turebe icyakorwa.”

Umukinnyi we ukinira Tottenham Hotspur, Cristian Romero, yavuze ko afite icyizere ko umutoza wabo Scaloni azakomeza kubashyigikira. Ati “Reka turebe uko umwanya yifuza wo gutekereza waboneka, ntacyo aratubwira mu rwambariro ariko tuzamuganiriza kandi azemera.”

Intsinzi Argentine yabonye kuri Brésil yahise ituma iyobora itsinda isangiye n’umukeba ariko kandi ikaba ari na yo ntsinzi yaboneye ku kibuga cya Maracana mu mikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi.

Scaloni yageze muri iyi kipe asimbuye Jorge Sampaoli muri Kanama 2018, avuye mu Ikipe y’Igihugu y’Abatarengeje imyaka 20.

Nyuma yo gutwara igikombe cy’isi ngo arashaka gusezera

Igikombe gikomeye cya mbere yayihesheje ni Copa América mu 2021 ari nacyo Argentine yari yegukanye mu myaka 28 yari ishize. Yanayihesheje n’Igikombe cy’Isi yaherukaga mu 1986.

 

You Might Also Like

Winner Rwanda yafunguye ubwidagaduriro bw’abana mu murenge wa Gitega

Abantu 27 harimo abana 4 bakomerekeye mpanuka mu birori byo kwishimira igikombe Liverpool yegukanye

Jose Chameleon na Weasel bazatarama mu birori byo kwishimira Ibikombe APR FC yegukanye

Munyakazi Sadate yasezeranyije Perezida Kagame kuzazana ibikombe mpuzamahanga mu Rwanda

APR BBC yongeye itsindirwa mu maso ya Perezida Kagame na MBB South Africa 98-88

Muhire Jimmy November 23, 2023 November 23, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Utuntu n'utundi

Nyuma y’ibiganiro bya Joe Biden na Netanyahu Israel yemeye gufungura inzira zijya muri Gaza

April 5, 2024
Imyidagaduro

The Ben yageze muri Amerika aho yitabiriye Rwanda Day 2024

January 30, 2024
Andi makuru

Bassirou Diomaye Faye watorewe kuyobora Senegal ni muntu ?

March 26, 2024
Imikino

Umusifuzi Twagirumukiza Abdul niwe uzasifura umukino w’ishiraniro wa APR FC na Rayon sports

October 26, 2023
Imyidagaduro

Sonia Rolland yatangije imishinga yo korora Inzuki mu Rwanda

March 1, 2023
Imyidagaduro

Pamella yifurije umugabo we The Ben isabukuru nziza amubwira amagambo aryoshye

January 9, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?