SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Alliah Cool yahembye bamwe batsindiye ibihembo muri ‘Leadership Excellence  muri Nigeria
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Alliah Cool yahembye bamwe batsindiye ibihembo muri ‘Leadership Excellence  muri Nigeria
Imyidagaduro

Alliah Cool yahembye bamwe batsindiye ibihembo muri ‘Leadership Excellence  muri Nigeria

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/11/14 at 12:01 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
1 Min Read
SHARE

Isimbi Alliance wamamaye nka Alliah Cool yatanze ibihembo muri ‘Leadership Excellence (LEEX) Awards’, bitangirwa muri Nigeria, aho amaze iminsi ari kumwe na bagenzi bo muri Kigali Boss Babes.

Ni ibihembo byatanzwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 11 Ugushyingo 2023, ahitwa The Congress Hall i Abuja muri Nigeria. Byatangwaga ku nshuro ya gatanu.

Ibi bihembo bigamije gushimira abantu bagiye bakora ibikorwa by’indashyikirwa cyane cyane abayobora ibigo n’uduce dutandukanye muri iki gihugu.

Mu bahembwe bakomeye muri Nigeria harimo Prof. Nnenna Oti usanzwe ari umuyobozi wungirije wa Federal University of Technology, abasenateri nka Adams Oshiomhole, Ifeanyi Uba, Victor Umeh, Monday Okpebholo n’abandi.

Alliah Cool yari yatumiwe nk’umushyitsi w’imena ndetse yatanze ibihembo bitandatu.

Abandi bari batumiwe mu itangwa ry’ibi bihembo harimo Guverineri wa Leta ya Abia, Dr. Alex Otti, Minisitiri w’ibikorwa by’ubutabazi no kurwanya ubukene, Betta Edu n’abandi.

Mu bihembo Alliah yatanze harimo icya ‘Human Leadership of the Year’, ‘Leadership of the Year’, ‘Humanitalian of The Year’, ‘Human Service of The Year’ n’ibindi.

Ku wa 8 Ugushyingo abagize itsinda rya ‘Kigali Boss Babes’ ribarizwamo uyu mugore, berekeje i Abuja muri Nigeria, aho bagiye kumurikira filime igaruka ku buzima bwabo bwa buri munsi, mbere y’uko ijya hanze.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul November 14, 2023 November 13, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

CAN 2023: Côte d’Ivoire izaba idafite abakinnyi bane mu mukino izakina na Congo Kinshasa

February 5, 2024
Imyidagaduro

Kevin Montana yasabye abakunzi b’umuziki guhora bishimye mu ndirimbo yise Zamuka (Video)

November 1, 2024
Imyidagaduro

Kenny Sol wateguje EP ye nshya yahishuye uko yishimiye gukorana na Harmonize

June 28, 2023
Andi makuru

Ku nshuro ya kabiri mu Rwanda hagiye gushimirwa abagira uruhare mu guteza imbere abamugaye

October 23, 2024
Imyidagaduro

50 Cent yihaye yo kumara umwaka adatera akabariro

January 11, 2024
Andi makuru

Gen. Valerii Zaluzhnyi wari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ukraine yirukanywe mu kazi

February 9, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?