SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yitabiriye inama ihuza Arabie Saoudite na Afurika
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Kagame yitabiriye inama ihuza Arabie Saoudite na Afurika
Andi makuru

Perezida Kagame yitabiriye inama ihuza Arabie Saoudite na Afurika

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/11/10 at 3:06 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
1 Min Read
SHARE

Perezida Kagame yageze muri Arabie Saoudite kuri uyu wa Kane aho yitabiriye inama ihuza iki gihugu n’umugabane wa Afurika, iteganyijwe kuri uyu wa Gatanu, tariki 10 Ugushyingo 2023.

Iyi nama izabera muri ‘King Abdulaziz International Conference Center’. Perezida Kagame yamaze kugera mu Murwa Mukuru Riyadh nk’uko ubutumwa bwa Perezidansi y’u Rwanda bwanyujijwe ku rubuga rwa X bubivuga.

Mu bandi bakuru b’ibihugu bamaze kumenyekana ko bitabiriye iyi nama harimo Bola Tinubu wa Nigeria, Evariste Ndayishimiye w’u Burundi n’abandi.

Ibiganiro muri iyi nama bizibanda ku gushyigikira ibikorwa bihuriweho, kongera ubufatanye mu bya politiki, gukemura ibibazo bihungabanya umutekano, gushyira imbere ibikorwa bigamije kuzamura ubukungu binyuze mu bushakashatsi, ubufatanye mu by’ishoramari mu nzego zitandukanye n’ibindi.

Umugabane wa Afurika na Arabie Saoudite bimaze igihe kitari gito bifitanye imikoranire mu by’ubucuruzi, umuco ndetse abaturage ku mpande zombi bakagenderana.

Nyuma yo kubona ubwigenge mu myaka ya 1960, ibihugu byinshi bya Afurika byubatse umubano n’ibihugu by’Abarabu ndetse no mu nkundura yo guharanira ubwo bwigenge bivugwa ko Abarabu bafashije Abanyafurika.

Ubwami bwa Arabie Saoudite ni cyo cya mbere mu by’Abarabu ibya Afurika byihutiye gufatanya na cyo no kugirana ubutwererane mu bya dipolomasi.

 

 

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul November 10, 2023 November 10, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Umwamikazi Annick wamenyekanye muri Miss Rwanda 2012 akomeje kwitwara neza mubanyamideli bo muri Turkiya

June 23, 2023
Andi makuru

U Rwanda rwatangaje icyatumye inama yagombaga guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi itaba

December 15, 2024
Andi makuru

Imodoka ya Sosiyete internationsl ikoze Impanuka ikomeye i Rulindob

February 11, 2025
Andi makuru

Perezida Paul Kagame yageze I Dar Es Salam aho yitabiriye inama ihuza abakuru b’ibihugu bya EAC na SADC

February 8, 2025
Andi makuru

Perezida Kagame yasabye abarahiye bakora mu nzego z’ubutabera ko abantu bose bakwiriye kubafata mu buryo bungana.

November 14, 2023
Imyidagaduro

Riderman yashimiye umubyeyi we wamubujije gukora indirimbo zimuteranya n’inshuti ze

October 20, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?