Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryamaze guhamagara umunyezamu wa Union Saint-Gilloise mu cyiciro cya mbere mu Bubiligi, Maxime Wenssens ngo aze mu Mavubi.
Nk’uko twari twarabivuze mu nkuru iheruka uyu munyezamu ufite inkomoko mu Rwanda akaba yamaze kohererezwa ubutumire binyuze mu ikipe ye ya Union Saint-Gilloise basaba uyu munyezamu ndetse amakuru avuga ko iyi kipe nayo yasubije yemera kumurekura.
Yohererejwe ubutumire nyuma y’ibiganiro yagiranye na FERWAFA imusaba kuba yaza gukinira Amavubi.
Maxime Wenssens akaba avuka kuri Se w’Umubiligi na Nyina w’Umunyarwandakazi, ni umunyezamu ukiri muto utanga icyizere kuko afite imyaka 21 y’amavuko.
Maxime Wenssens wakiniye amakipe nka KV Mechelen na Saint-Truidense V.V, ni umunyezamu wa kabiri wa Royal Union Saint-Gilloise ikina mu cyiciro cya mbere mu Bubiligi aho ubu ari bo bayoboye shampiyona n’amanota 31, Mu mikino 13 yatsinzemo icumi, inganya umwe itsindwa undi umwe..
Muri UEFA Europa League aho iri ku mwanya wa kabiri mu itsinda F n’amanota ane inganya na Toulouse yo mu Bufaransa. Itsinda riyobowe na Liverpool n’amanota icyenda mu gihe LASK Linz yo muri Autriche iri ku mwanya wa nyuma nta nota ifite.
Wenssens ni Umunyezamu wa kabiri wa Royal Union Saint-Gilloise kuko yari ku ntebe y’abasimbura mu mukino wa UEFA Europa League ubwo Ikipe ye yatsindwaga na Liverpool ibitego 2-0 tariki 5 Ukwakira 2023. Yongeye kujya mu basimbura mu mukino banganyijemo na Toulouse igitego 1-1.
