SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Abantu ntibari kuvuga rumwe ku mafaranga asabwa ngo bazarebe ubukwe bwa The Ben na Pamella .
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Abantu ntibari kuvuga rumwe ku mafaranga asabwa ngo bazarebe ubukwe bwa The Ben na Pamella .
Imyidagaduro

Abantu ntibari kuvuga rumwe ku mafaranga asabwa ngo bazarebe ubukwe bwa The Ben na Pamella .

Gossip Kigali
Last updated: 2023/11/08 at 11:22 AM
Gossip Kigali
Share
3 Min Read
SHARE

Umuhanzi Mugisha  Benjamin Ukunzwe  nka The Ben hano mu Rwanda  ndetse no mu karere ni umwe mu bakomeje kuvugisha  benshi mu bakoresha imbuga nkoranyambaga  muri iyi  minsi  nyuma yo gukorera  igitaramo mu I Burundi .

Uyu  musore ufitiwe  igikundo na benshi mu banyarwanda mu minsi mike ishize yatangaje amatariki y’ubukwe  bwe  ndetse  bidatinze  yashyize hanze urubuga  abifuza  kuzitabira  ubukwe banyuzaho intwerarano  .

Nyuma y’amasaha make The Ben  yongeye ashyira hanze  urundi rubuga  rwo kwishyuriraho amafaranga yo kugira  ngo abantu bazarebe ubukwe ku rubuga rwe yise  https://thebenandpamella.com/get-invitation/

Akimara gushyira hanze  uru rubuga abantu  benshi ku mbuga nkoranyambaga  zitandukanye  X(yahoze ari twitter ),Facebook ni zindi zitandukanye ntago babivuze rumwe kuko ni ibintu bitari bimenyerewe  mu muco nyarwanda  aho benshi basanzwe bazi yuko akenshi  hakoreshwa urubuga rwa whatsapp abantu bitwerereza  ndetse na Youtube ariko batishyuye akayabo k’amafaranga anagana  kuriya .

Benshi mu bagiye  batanga ibitekerezo  byabo  kuri izo  mbuga  bibajije ikintu gihambaye kizaba  kiri  mu bukwe bw’uyu muhanzi ukunzwe na benshi  ku buryo  yakwishyuza amafaranga ibihumbi  mirongo itanu .

Bamwe mu baganiriye  na Ahupa Radio bayitangarije ko ibintu umuhanzi The Ben yakoze  bitari bikwiye  ukurikije aho ibihe muri iyi minsi bigeze kandi ari umuhanzi wagakwiye  guha ibyishimo abakunzi be .

Nubwo benshi bakomeje kuvuga byinshi ku mbuga nkoranyambaga kuvuga ko aho kwaka abantu  akayabo  k’amafaranga ari ukwishongora cyane ku banyarwanda  mu gihe isi yose  iri mu bibazo by’ubukungu .

Abandi bandi nabo bakomeje kuvuga ko kubera  ko ari icyamamare  bimwemerera kuba yashyiraho icyo  gicirokugira ubukwe  bwe  buzabe mutuzo kubera ikibazo cy’umutekano waho buzabera ndetse  n’abazabwitabira .

Nubwo ubukwe bwa  The Ben na Pamella  bukomeje kuvugisha benshi   amakuru atugeraho nuko  abagomba kubwitabira bamaze kubona ubutumire  bwabo  kandi ari  abantu benshi  mu byamamare .

Ahupa Radio  yagerageje kuvuga na bamwe mu babanye na The  Ben mu myaka yashize agikorera  umuziki mu Rwanda  badutangariza ko  uyu muhanzi  nyuma yo kugera muri amerika  yakoze uko ashoboye  ngo yigarurire imitima ya benshi  bikaba bituma ariyo mpamvu yakoze  ibi byo gushyiraho  ibiciro bingana gutya.

Byitezwe ko ubukwe bw’aba bombi buzaba ku wa 15 Ukuboza ahateganyijwe umuhango wo gusaba no gukwa mu gihe ku wa 23 bazasezerana imbere y’Imana mu birori bizabera muri Kigali Convention Centre.

 

You Might Also Like

The Ben yaciye amarenga yo gukora igitaramo cya Kabiri cya New Year Groove

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

Gossip Kigali November 8, 2023 November 8, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Mashami Vincent yahagaritswe na Police Fc abura amezi 6

January 8, 2025
ImyidagaduroUtuntu n'utundi

Bahati Makaca yikomye abategaga urugo rwe iminsi

August 26, 2024
Andi makuru

FARDC yarashishije Indege za Sukhoi-25 muri teritwari ya Fizi

March 10, 2025
Andi makuru

Umuhinde Salman Khan ukekwaho ibyaha by’iterabwoba yasubijwe iwabo

November 27, 2024
Andi makuru

Umuvugizi wa Guverinoma Yolande Makolo yanyomoje amakuru yatangajwe n’ikinyamakur The Guardian

February 7, 2025
Andi makuru

Inyubako zo muri Gare ya Musanze zibasiwe n’inkongi y’Umuriro

November 20, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?