SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida wa Sunrise FC yavuze ko bari bibeshye k’umutoza!
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida wa Sunrise FC yavuze ko bari bibeshye k’umutoza!
Andi makuru

Perezida wa Sunrise FC yavuze ko bari bibeshye k’umutoza!

Muhire Jimmy
Last updated: 2023/11/07 at 8:26 AM
Muhire Jimmy
Share
3 Min Read
SHARE

Perezida w’ikipe ya  Sunrise FC, Hodari Hilary, yavuze ko bahise babona ko bari baribeshye ku mutoza Muhire Hassan nyuma yo kumwirukana bakazana Umunya-Uganda, Mayanja Jackson, agahita atsindira AS Kigali kuri Kigali Pelé Stadium igitego 1-0 ku mukino we wa mbere.

 

Sunrise FC yatangiye Shampiyona itozwa na Muhire Hassan, imwirukana ku munsi wa 8 wa Shampiyona nyuma yo gutsindwa k’uburyo bugayitse na Rayon Sports ibitego 3-0  ikipe isigaranwa na Uwacu Jean Bosco watoje umukino w’Umunsi wa Cyenda yatsinzwemo na Muhazi United ibitego 2-1 tariki 29 Ukwakira 2023.

Nubwo byari byaragizwe ibanga ariko mu gikari hari ibiganiro n’Umutoza w’Umunya-Uganda, Mayanja Jackson wari waje kureba uyu mukino ndetse bidatinze kuwa 3 taliki ya 1 Ugushyingo yerekanwa nk’Umutoza mushya ndetse  yungirijwe na Ntambi Ivan.

Mayanja wakoresheje ikipe ye imyitozo iminsi ibiri gusa, ku wa Gatanu no ku wa Gatandatu, ku Cyumweru yakinnye na As Kigali akanayitsinda  1-0 cyatsinzwe na Rutahizamu w’Umunya-Uganda Yafeesi Mubiru.

Rutahizamu w’Umunya-Uganda, Yafeesi Mubiru, yatsindiye Sunrise FC igitego cye cya mbere muri Shampiyona nyuma y’imikino icyenda atabona izamu

Nyuma y’uyu mukino, Perezida wa Sunrise FC, Hodari Hilary, yavuze ko abakinnyi bakiri ba bandi ariko ikipe yahindutse mu mikinire ndetse batatinze kubona ko bari baribeshye ku mutoza.

Ati “Abantu ntibahindutse ariko imikorere yahindutse, biragaragara ko harimo ukuboko k’umutoza. Hari ishyaka, ubushake, ikipe irihuta ndetse ifite inyota yo gutsinda. Nyuma y’imyitozo ibiri gusa yakoresheje, ntitwatinze kubona ko twari twaribeshye ku mutoza ariko nyuma twakoze amahitamo meza.”

Hodari yakomeje avuga ko Umutoza Mayanja yabanje kubagora ababwira ko atakwishyira mu kibazo aza gutoza ikipe iri ku mwanya wa nyuma, bakomeje kugirana ibiganiro ababwira ko aramutse aje yabanza akareba abakinyi ikipe ifite niba bashoboye, ubwo yazaga kubareba bakina na Muhazi United ni bwo yemeye ko bakorana.

Yagize ati “Twakomeje kuganira atubwira ko ikipe iri ku mwanya wa nyuma, adashobora gufata icyemezo cyo kuza. Dukomeje kuganira yageze aho atubwira ko yabanza kureba ikipe uko ikina niba hari icyo yahindura.”

“Yarabikoze araza areba umukino twatsinzwemo na Muhazi United ibitego 2-1, atubwira ko yabikora yemera ko dukorana. Kubera ko twasaga n’aho twihebye, intego twamuhaye muri aya mezi arindwi asigaye ngo Shampiyona irangire ni ukugumisha ikipe ku Cyiciro cya Mbere.”

Jackson Mayanja {Mia Mia} yishimiwe na Perezida wa Sunrise Fc

 

Nyuma yo gutsinda uyu mukino, Sunrise FC iracyari ku mwanya wa nyuma n’amanota icyenda n’umwenda w’ibitego bitandatu.

Imikino itatu izakurikizaho ni ukwakira Kiyovu Sports na Gasogi United kuri Stade ya Nyagatare mbere yo gusura Gorilla kuri Kigali Pelé Stadium.

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Muhire Jimmy November 7, 2023 November 6, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Iyobokamana

Korali Ganza Kristo yo muri ADEPR Gasave yateguye igiterane cy’amashimwe kizamara iminsi 2

May 14, 2025
Imyidagaduro

Urubanza rwa Prince Kid rwagombaga kuba uyu munsi rwimuwe

March 9, 2023
Andi makuru

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

May 31, 2025
Imyidagaduro

Ibitaramo bya Juno Kizigenza na Ariel Wayz iburayi byegejwe imbere

October 6, 2023
Imyidagaduro

Rick Ross yatandukanyen’umukunzi we

March 7, 2024
Andi makuru

Kizza Besigye utavuga rumwe na Museveni yagejejwe mu rukiko rwa Gisirikare

November 20, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?