SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Murenzi Abdallah na Nkuranga Alphonse beguye mu buyobozi bwa FERWACY
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imikino > Murenzi Abdallah na Nkuranga Alphonse beguye mu buyobozi bwa FERWACY
Imikino

Murenzi Abdallah na Nkuranga Alphonse beguye mu buyobozi bwa FERWACY

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/08/31 at 8:58 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Kuri uyu wa Gatatu ni bwo hamenyekanye amakuru y’ubwegure bwabo, yemejwe n’umwe muri bo, ariko avuga ko “nta kindi cyo kubivugaho”.

Aba bayobozi bombi beguye mu gihe Umunyamabanga w’iri Shyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda, Munyankindi Benoît, aheruka gutabwa muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gufata icyemezo gishingiye ku itonesha, ubucuti, ikimenyane cyangwa icyenewabo.

Ku wa 22 Kanama, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha “RIB”  rwatangarije itangazamakuru ko “Murenzi Abdallah usanzwe ari Perezida wa FERWACY na we akurikiranywe adafunze ku cyaha cyo kuba icyitso kuri ibyo byaha byakozwe na Munyankindi akabihishira.”

Ifungwa rya Munyankindi rishobora kuba rifitanye isano no ku kuba mu minsi ishize, yarasabiye umugore we Visa yo kujya muri Ecosse, akamushyira kuri lisiti y’abagomba guherekeza Ikipe y’Igihugu yari igiye gusiganwa mu gihe nta nshingano yari afite muri iyo delegasiyo.

Ibyo byamenyekanye mu ntangiriro z’uku kwezi. Icyo gihe abakinnyi bari munsi y’imyaka 19 b’Ikipe y’Igihugu y’Umukino wo gusiganwa ku magare bagiye i Glasgow muri Ecosse bitabiriye Shampiyona y’Isi, bahurira n’ibibazo mu nzira ku buryo byageze aho batabarizwa ari bonyine mu Bwongereza babuze n’ibyo kurya.

Ubwo Perezida Paul Kagame yari mu birori byo kwizihiza imyaka 10 ishize hatangijwe gahunda ya YouthConnekt, ku wa 23 Kanama, yavuze ku bibazo bimaze iminsi biba muri siporo y’u Rwanda, atanga urugero rujya gusa neza n’ibiheruka kuba muri FERWACY.

Ati “Urugero, ufashe abantu bagiye mu marushanwa, bavuye hano bagiye hanze mu Burayi, ni abantu 20. Abana, urubyiruko nkamwe rwose, babishaka ndetse bananishoboye. Ubundi bari banakwiye kubishobora kurusha niba ubushobozi bwabageragaho bukabafasha.”

abantu muri bisi, bo bagiye mu ndege, ntabwo bagiye mu ndege bonyine nk’abo bayobozi, oya, batwaye n’imiryango yabo n’inshuti.”

Murenzi Abdallah yari amaze umwaka umwe atorewe manda ya kabiri muri FERWACY, ni nyuma y’uko yageze ku buyobozi mu Ukuboza 2019 asimbuye Bayingana Aimable na we weguye nyuma y’imyaka 11 ayiyobora.

Ku rundi ruhande, Nkuranga Alphonse yakoraga nk’Umuyobozi Nshingwabikorwa muri FERWACY kuva muri Nzeri 2022.

You Might Also Like

PSG yegukanye igikombe cya champions League itsinze Inter Milan 5-0(Amafoto)

Winner Rwanda yafunguye ubwidagaduriro bw’abana mu murenge wa Gitega

Abantu 27 harimo abana 4 bakomerekeye mpanuka mu birori byo kwishimira igikombe Liverpool yegukanye

Jose Chameleon na Weasel bazatarama mu birori byo kwishimira Ibikombe APR FC yegukanye

Munyakazi Sadate yasezeranyije Perezida Kagame kuzazana ibikombe mpuzamahanga mu Rwanda

Nsanzabera Jean Paul August 31, 2023 August 31, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Ubukungu

RURA yagabanyije 183 Frw ku bikomoka kuri Lisansi

December 5, 2023
Imyidagaduro

Eddy Kenzo yashimiye Perezida Museveni nyuma yo kubatera inkunga ya Miliyari 20

November 28, 2023
Imyidagaduro

Safi Madiba yateguje igitaramo I Kigali

December 3, 2024
Imikino

REG BBC yatsinzwe na US Monastir yo muri Tunisia

March 21, 2023
Imikino

Abasore n’inkumi b’ikigo Tiger Gate S Ltd bashimiwe umurava berekanye ku mukino w’amavubi na Djibouti

November 1, 2024
Iyobokamana

Umuramyi Fortran Bigirimana agiye gukorera igitaramo I Bruxelles

August 7, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?