SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Mutoni Assia yibarutse imfura
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Mutoni Assia yibarutse imfura
Imyidagaduro

Mutoni Assia yibarutse imfura

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/06/20 at 6:39 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Umukinnyi wa Filime wabigize umwuga, Mutoni Assia, yibarutse umwana w’imfura, yabyaranye n’umugabo we Uwizeye Mohammed babana muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Amakuru y’uko Mutoni Assia yibarutse umwana w’umuhungu yamenyekanye kuri uyu wa Mbere, tariki 19 Kamena 2023.

Mutoni Assia yabyariye mu Bitaro bya Maine Medical Center muri Amerika aho abana n’umugabo we. Umwana na nyina bose bameze neza.

Mutoni akora ubukwe ntiyifuje ko benshi babimenya ku mpamvu ze bwite. We n’umugabo we baheruka guhurira mu kiganiro kigaruka ku buzima bwo muri Amerika aho asigaye aba ubu. Icyo gihe, yavuze ko atigeze atekereza ko azahatura ariko ubu yasanze nta yandi mahitamo afite agomba kuhaba gusa hari byinshi byamutonze birimo kwirirwana irungu, kubaho atari gukina filime n’ibindi.

Yavuze ko umugabo we yigeze kumubuza gukina filime amubwira ko agomba gushaka akandi kazi akora akava no mu biganiro byo kuri YouTube.

Mutoni yavuze ko ibi byamubabaje cyane yibaza icyaba kibiteye, agera aho yifuza gusubira mu Rwanda gusa nyuma y’igihe umugabo we yamusobanuriye icyatumye abimubwira.

Uwizeye Mohammed asobanura ko yabikoze ko uyu mugore abanza akamenyera ubuzima bwo muri Amerika kuko yiyumvaga nk’aho akiri i Kigali aho azajya agenda akamara umwanya munini yagiye muri filime.

Uyu mukinnyi wa filime yatanze ubutumwa ku bantu bafite abo bakundana baba hanze y’igihugu, abamenera ibanga ryamufashije kubaka uru rukundo rwe na Uwizeye.

Ati “Gukundana n’umuntu mutari kumwe biragoye kubera ko bisaba kwihanganirana, kwizerana bikomeye, hakabaho no kwibukiranya uko undi abayeho no kumenya amasaha mugenzi wawe abonekeraho, ukamwereka ko umwizeye no gusaba imbabazi aho wakosheje.

Bivugwa ko Mutoni yasabwe akanakobwa ku wa 30 Nyakanga 2022, indi mihango y’ubukwe yabereye muri Amerika aho umugabo we asanzwe atuye.

Mutoni Assia w’imyaka 29 yagaragaye muri filime zitandukanye zirimo Gatarina, Giramata, Intare y’ingore, Seburikoko, City Maid, Close Chapter yo muri Tanzania n’izindi.

Mu minsi ishize aheruka kuvuga ko hari filime yise ‘Visa’ ari gukora afatanyije n’umugabo we Uwizeye Mohammed igaruka ku buryo butandukanye abantu bakoresha bashaka uko bajya muri Amerika , i Burayi n’ahandi.

Mbere yo kwibaruka, Mutoni Assia yari yatangiye gukora ibijyanye n’ubushabitsi bwo gucuruza ibyo kurya cyane cyane abakeneye ibiryo byo muri Afurika baba i Portland Maine.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul June 20, 2023 June 20, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Ubuzima

Richard Slayman wahawe impyiko y’ingurube yavuye mu bitaro

April 4, 2024
Andi makuru

Mu bupfura bwinshi Ubwongereza bwatumijeho Ambasaderi w’ u Rwanda i Londres

February 20, 2025
Imyidagaduro

Amatariki Boyz II Men izataramiraho i Kigali yamenyekanye

July 28, 2023
Andi makuru

Abashinwa bahishuye ko biteguye guhangana n’amerika igihe icyo aricyo cyose

March 6, 2025
Imikino

Florentino Pérez yongeye gutorerwa kuyobora Real Madrid

January 20, 2025
Andi makuru

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Mugenzi we wa Togo Faure Gnassingbé

January 20, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?