SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: U Rwanda rw’abatarengeje imyaka 13 na 11 ruzakina na Brazil ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi gitegurwa na PSG
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imikino > U Rwanda rw’abatarengeje imyaka 13 na 11 ruzakina na Brazil ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi gitegurwa na PSG
Imikino

U Rwanda rw’abatarengeje imyaka 13 na 11 ruzakina na Brazil ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi gitegurwa na PSG

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/06/05 at 10:05 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Abana bakinira irerero ryigisha umupira w’amaguru rya Paris Saint-Germain riherereye mu Rwanda, batangiranye intsinzi mu irushanwa rihuza amarerero y’iyi kipe aherereye mu Bihugu bitandukanye.

Guhera tariki 1 Kamena 2023, amakipe ahagarariye u Rwanda yerekeje mu Bufaransa aho yari agiye gukina.

Nyuma yo gutsinda imikino mu byiciro byombi [U11 na U13], U Rwanda na Brésil byageze ku mikino ya nyuma muri iri rushanwa rihuza Amashuri y’Umupira w’Amaguru ya Paris Saint-Germain ku Isi.

Amakipe ahagarariye u Rwanda muri iri rushanwa [Paris Saint-Germain Rwanda], yitwaye neza mu minsi ibiri y’irushanwa kuko yatsinze imikino yose yakinnyemo, binayihesha itike yo gukina imikino ya nyuma.

Ikipe y’abatarengeje imyaka 11 yitwaye neza kuva ku munsi wa mbere, ibanza gutsinda Kuwait mbere yo gukurikizaho Turikiya n’u Bufaransa.

Mu batarengeje imyaka 13, u Rwanda rwatsinze Turikiya, u Bufaransa, u Bwongereza ndetse na Koreya y’Epfo, rubona kubona itike igera ku mukino wa nyuma.

Mu byiciro byombi, u Rwanda rurakina na Brésil ku mikino ya nyuma iteganyijwe kuri uyu wa Mbere kuri Parc des Princes, ruhatanira Igikombe cy’Isi kiri guhuza ibihugu birenga 20 byitabiriye iri rushanwa.

Iri rushanwa riri kuba ku nshuro ya karindwi, ikaba iya kabiri ryitabirwa n’ikipe zo mu Rwanda. Ku nshuro ya mbere, abatarengeje imyaka 13 b’u Rwanda begukanye igikombe mu gihe abatarengeje imyaka 11 basoreje ku mwanya wa kane.

Ubwo amakipe ahagarariye u Rwanda yahagurukaga mu Gihugu, umutoza mukuru wa yo, Nyinawumuntu Grâce unayobora igice cya tekiniki muri iri shuri riherereye i Huye, yavuze ko afitiye icyizere aba bana.

You Might Also Like

PSG yegukanye igikombe cya champions League itsinze Inter Milan 5-0(Amafoto)

Winner Rwanda yafunguye ubwidagaduriro bw’abana mu murenge wa Gitega

Abantu 27 harimo abana 4 bakomerekeye mpanuka mu birori byo kwishimira igikombe Liverpool yegukanye

Jose Chameleon na Weasel bazatarama mu birori byo kwishimira Ibikombe APR FC yegukanye

Munyakazi Sadate yasezeranyije Perezida Kagame kuzazana ibikombe mpuzamahanga mu Rwanda

Nsanzabera Jean Paul June 5, 2023 June 5, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Perezida Salva Kiir yirukanye ba visi Perezida be

February 11, 2025
Imyidagaduro

Umwamikazi Annick wamenyekanye muri Miss Rwanda 2012 akomeje kwitwara neza mubanyamideli bo muri Turkiya

June 23, 2023
Imyidagaduro

Bruce Melodie yishimiye uko yanditswe mu itangazamakuru mpuzamahanga muri 2023

January 11, 2024
Iyobokamana

Aline Gahongayire agiye gushyira hanze indirimbo yise 6th September itariki atazibagirwa mu buzima bwe

September 3, 2024
Imyidagaduro

Ubushinjacyaha bwajuririye icyemezo cy’ifungurwa rya Titi Brown

December 12, 2023
Imyidagaduro

TMC wahoze muri Dream Boys ari i Kigali

December 4, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?