SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Judith Heard yakoranye indirimbo na Koffi Olomide
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Judith Heard yakoranye indirimbo na Koffi Olomide
Imyidagaduro

Judith Heard yakoranye indirimbo na Koffi Olomide

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/05/22 at 9:45 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Kantengwa Judith uzwi nka Judith Heard, Umunyamideli wabigize umwuga yanejejwe no gukorana na Koffi Olomide washimye uburanga bwe akamusaba ko bahurira mu mashusho y’indirimbo nshya yise ‘Andress’.

Mu kiganiro cyihariye yagiranye n’itangazamakuru  Judith Heard yatangaje ko yanejejwe bikomeye no gukorana na Koffi Olomide umuhanzi yakuze yumva bacuranga iwabo ndetse n’ubu bakaba bakimufana cyane.

Ati “Gukorana na Koffi Olomide byanshimishije cyane, ntewe ishima no kuba ndi Umunyarwandakazi n’Umugande wiyambajwe n’umuhanzi ukomeye muri Afurika no hanze yayo, byanejeje cyane kuko no mu muryango wanjye ni we muhanzi twakuze twumva indirimbo ze tuzibyina yaba abakuru n’abato kugeza n’ubu.”

“Muri make ni umuririmbyi twese dukunda nk’Abanyarwanda n’Abanya-Uganda.”

Judith Heard umaze kubaka izina rikomeye mu bijyanye n’imideli n’amarushanwa y’ubwiza avuga ko yahuye bwa mbere na Koffi mu 2018 ari nabwo baganiriye.

Ati “Kugira ngo duhure byatewe n’inshuti yanjye yari ifite ibirori byo kwizihiza isabukuru y’amavuko y’imyaka 40 umukunzi we atumira Koffi Olomide kuza muri ibyo birori.”

“Nyuma yo kuririmba iyo nshuti yanjye ni yo yansabye ko najya guhura na Koffi Olomide, tukimara guhura yarambwiye ati ’uri umugore mwiza’, uri umunyamideli ukomeye ndifuza kuzagukoresha mu mashusho y’imwe mu ndirimbo zanjye nzakora vuba.”

Nyuma y’umwaka umwe bahuye ni bwo Koffi yandikiye Judith Heard amubwira ko yakitegura bagakora amashusho y’indirimbo undi na we ntiyazuyaza amubwira ko ayiteguye ahita amwoherereza itike y’indege bahurira i Dar Es Salaam ari naho bakoreye amashusho yayo.

Iyi ndirimbo ‘Andress’ igaragaramo Judith Heard yasohotse ku wa 20 Gicurasi 2023 iri kuri album Koffi Olomide yise ‘Légende Millénium’.

Uyu munyamideli akaba Miss Environment International -Africa 2022 avuga ko nta yindi mishinga yisumbuyeho afitanye na Koffi Olomide.

Judith Heard yifashishije umurongo wo muri Bibiliya agaragaza ko ari igitangaza cy’Imana cyabayeho kugira ngo akorane na Koffi Olomide.

Uyu munyamideli yifashishije amagambo yanditse mu Umubwiriza 3:11 handitse ko “buri kintu cyose yakiremye ari cyiza mu gihe cyacyo. Imana yashyize mu bantu ibitekerezo by’igihe cyahise n’igihe kizaza, nyamara ntibashobora kumenya ibikorwa by’Imana uhereye mu ntangiriro ukageza mu iherezo.”

 

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul May 22, 2023 May 22, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Abanyamuryago ba Rayon Sport bagiye kwitorera komite nshya

October 30, 2024
Andi makuru

#Kwibuka30 : Abanyarwanda ba mu buholandi bibutse abakorewe Jenoside basabwa kwamagana abagifite ingengabitekerezo yayo (Amafoto

April 8, 2024
Imyidagaduro

RDB yashimiye abateguye igikorwa cya Trace Awards & Festival,

August 26, 2023
Imyidagaduro

Niyonzima Haruna yahishuye uko atarotaga kuba icyamamare mu mupira w’amaguru

November 1, 2024
Andi makuru

Vladimir Putin yatangaje ko barashe ku birindiro bya Ukraine bikomeye

November 28, 2024
Imikino

APR BBC yasubiriye REG BBC

September 7, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?