SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Putin yihanangirije ibihugu byo mu burengerazuba bikora nk’Aba-nazi
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Font ResizerAa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Putin yihanangirije ibihugu byo mu burengerazuba bikora nk’Aba-nazi
Andi makuru

Perezida Putin yihanangirije ibihugu byo mu burengerazuba bikora nk’Aba-nazi

Nsanzabera Jean Paul
Nsanzabera Jean Paul
Published: May 9, 2023
Share
SHARE

Byari ibirori bikomeye n’imyiyereko yitondewe mu Murwa Mukuru w’u Burusiya, Moscow, ubwo kuri uyu wa Kabiri habaga akarasisi kazwi nka Victory Day Parade, kuri Red Square.

Ni umunsi baba bizihizaho urugamba batsinzemo u Budage bw’Aba-Nazi, mu Ntambara ya Kabiri y’Isi.

Ni igikorwa cyahuriranye n’urugamba u Burusiya bukomeje kurwana na Ukraine, aho Perezida Vladimir Putin yavuze ko igihugu cye cyatangijweho intambara yeruye n’Uburengerazuba bw’Isi.

Yavuze ko iyi ntambara ari umusaruro w’ubwishongozi no kwishyira hejuru by’Uburengerazuba, hamwe n’ibibi byinshi bagiye bakora ntawe ushobora kugira icyo ababaza.

Yashimiye abasirikare bitabiriye aka karasisi bavuye ku rugamba muri Ukraine.

Ati “Urugamba rwo kugena ahazaza h’igihugu cyatubyaye iteka rwarwanywe n’igihugu cyose, kandi iteka ruhabwa umwihariko.”

Perezida Putin yabwiye aba basirikare ko umutekano w’u Burusiya uza mbere y’ibindi byose, kandi “buri wese arimo kubasengera.”

Iki gikorwa ariko cyabaye mu mutekano uhambaye, ku buryo nta ndege zagurukijwe nk’uko bisanzwe. Ku rundi ruhande, abashinzwe umutekano bari bahawe imbunda zifite ubushobozi bwo guhanura za drones.

Byatumye mu mijyi 21 y’u Burusiya basubika ibi birori byo ku wa 9 Gicurasi, hirindwa ko Ukraine ishobora kubiba umugono ikabatera ibisasu.

Ni ibirori byanitabiriwe n’abayobozi bo mu bindi bihugu nka Armenia, Belarus, Kazakhstan, Tajikistan, Turkmenistan na Uzbekistan.

Mu ijambo rye kandi, Putin yavuze ko intambara u Burusiya burimo kurwana ijyanye no guharanira ukubaho kwabwo, kuko Uburengerazuba bw’Isi bukomeje kubiba umwuka w’urwango ku Barusiya n’igihugu cyabo.

Yagereranyije ubuyobozi bwa Ukraine ko burimo gukoreshwa n’Uburengerazuba nk’Aba-Nazi, ku buryo bisa n’aho abarimo kubigiramo uruhare “bibagiwe abatsinze abo Ba-Nazi”.

Yashimangiye ko buri wese mu Burusiya ashyigikiye ibikorwa bidasanzwe barimo muri Ukraine, kandi ko byanze bikunze bagomba gutahana intsinzi.

Ni mu gihe ngo icyo bakomeje guharanira muri ibi byose ari ahazaza hatekanye h’u Burusiya.

Amayobera ku mishyikirano ya M23 na RDC i Kampala itavugwaho rumwe
Ihuriro ry’abaskuti ba kera bageneye inkunga abana 48 biga muri GS Gasabo
Bwiza na Chris Eazy batumiwe mu gitaramo cyiswe Liberation Day Rwanda muri Zambia
RDF igiye gushinga Kaminuza ya Gisirikare (National Defense University)
Perezida Paul Kagame yunamiye Papa Francis witabye Imana
Share This Article
Facebook Email Print
Leave a Comment Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Online Casinos Around Dublin Ie

May 28, 2024

Ireland Casino Bonus

May 28, 2024

Maria Casino Bonus Codes 2024

May 28, 2024

All Lucky Clovers 5

May 28, 2024
Imikino

Karisimbi Event yateguriye abakunzi ba Billard irushanwa

September 11, 2023

Boaboa Casino Review And Free Chips Bonus

May 28, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?