SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Eco Arts ku bufatanye na Classic Tours&Travel bateguye irushanwa ryo kubungabunga Ibidukikije .
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imikino > Eco Arts ku bufatanye na Classic Tours&Travel bateguye irushanwa ryo kubungabunga Ibidukikije .
Imikino

Eco Arts ku bufatanye na Classic Tours&Travel bateguye irushanwa ryo kubungabunga Ibidukikije .

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/04/27 at 6:01 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
4 Min Read
SHARE

Mu gihe  Leta y’U Rwanda n’isi yose bahangayikishijwe n’ihindagurika ry’ikirere  rituma ibidukikije ndetse n’ibinyabuzima byinshi muri  iyi minsi biri guhura n’ibibazo byinshi mu Rwanda  hateguwe irushanwa ryo kubungabunga  Ibidukikije  ndetse n’ubukerarugendo binyuze mu mukino  w’amaguru  ryiswe Secoto (Sustainable Environmental Conservation and Tourism).

Nkuko twabitangarijwe n’Umwe  mubari gutegura iri rushanwa  yatubwiye ko irushanwa  rya SECOTO rizaba rigamije   cyane  gushishikariza urubyiruko ryo  jwi ry’ejo hazaza   kubungabuga ibidukikije  n’ubukerarugendo mu buryo burambye  binyuze mu mpano zitandukanye harimo Ubukurikori,Siporo,Ubuhanzi, Umuco ndetse  n’imyindagaduro ikunzwe n’abagize ikiragano gishya  cy’urubyiruko .

Yatubwiye ko kandi iryo  rushanwa  riteganyijwe kubera mu Rwanda  mu mpeshyi z’uyu mwaka  rizitabirwa n’urubyiruko ruri hagati y’Imyaka ya  15 na 18  ruzaturuka  mu bihugu 20 byo  mu bihugu kw’isi hose mu rwego rwo gukomeza kuzamura  ijwi ry’urubyiruko mu kubugabunga  ibidukikije .

Umushinga  wo kwemeza  iri rushanwa rya  Secoto  ryaganiriweho  muri kongere rusange ya  73  y’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru kw’isi ryitabiriwe  n’abanyamuryango  bose ba FIFA yabereye  I Kigali muri werurwe  uyu mwaka .

Muri  iyo nama Ubuyobozi  bwa  Eco -Arts bweretse abari bitabiriye iyo kongere  ya FIFA  ko urubyiruko rukina  umupira w’amaguru ari inzira  yo gushishikariza Imiryango kubungabunga ibidukikije binyuze muri uwo mukino .

Nkuko yakomeje abivuga  yatangaje ko urubyiruko  rufite impano yo gukina umupira  w’amaguru ruzitabira iri rushanwa ryo kubungabunga ibidukikije ruzatanga  ubutumwa  bukangurira abantu  guharanira guteza imbere  ibidukikije .

Iri rushanwa rizahuza urubyiruko 600 rukina umupira w’amaguru ruturutse mu makipe 20,aba  bakaba bazaba  ari  ijwi ryiza ryo  guharanira kubungabunga ibidukikije   binyuze mu kuzamura  Impano nshya  mu mupira w’amaguru kw’isi hose .

Uwo muyobozi yadutangarije kandi  abakunzi b’umupira  w’amaguru mu Rwanda ,  Abahagarariye  ibihugu byabo mu Rwanda ,Abakunzi  b’imyidagaduro  ,Abanyenshuri n’abandi  bo mu mujyi wa Kigali na Rubavu bazishimira  kwakira abo bashyitse ndetse  bikazaba ari  umwanya mwiza wo gutanga ubutumwa bwiza bwo kubungabunga ibidukikije n’ubukerarugendo ku bayobozi b’ibanze ngo babugeze ku baturage  bayobora  binyuze  mu nkuru zanditse n’izishushanyije

Icyo gihe kizaba aricyo guha ubutumwa bwiza  bwo kubungabunga ibidukikije n’ubukerarugendo  ku bayobozi  b’ibanze   bazaba bahagarariye abaturage bazabikora binyuze mu kuvuga inkuru n’ibikoresho byanditseho.

Ikindi kintu kidasanzwe n’uko mu gihe iryo rushanwa rizaba ribera mu Rwanda hazaba  hari  ibitangazamakuru mpuzamahanga byinshi  bizatuma ubutumwa   bugera  ku bantu benshi bashoboka  mu gihe irushanwa rya  SECOTO rizaba  riri kubera  I Kigali.

Abazitabira amahugurwa azaba mu gihe cya SECOTO bazabona umwanya wo kungurana ibitekerezo ku bijyanye n’umuco  ndetse n’ubuyobozi  ndetse  bazanabona umwanya wo gukora ubushakashatsi kuri parike kugira bige  ku myitwarire y’inyamanswa , bazanashimangira  kandi n’imikoranire  hagati yabo  .

Ubwo  amarushanwa azaba asozwa   hazahembwa  amakipe abiri iya mbere  n’iya kabiri . Andi makipe asigaye azahabwa inkunga ntoya yo kubafasha guteza imbere ibidukikije..

 

Gahunda ya Eco Arts igamije guteza imbere kubungabunga ibidukikije n’ubukerarugendo burambye hubakwa imikoranire hagati y’abantu na kamere ndetse no kugira uruhare mu mibereho myiza y’abaturage kugira ngo iterambere rirambye
Classic tours and travel agency ni sosiyete yashinzwe mu 2018, ni isosiyete ikora kinyaumwuga itanga serivisi zuzuye ku bakiriya bayo basura u Rwanda kandi atari gusa. Mu myaka myinshi y’uburambe, twamenye ko ubucuruzi bw’ingendo burenze ibikorwa.

 

 

You Might Also Like

PSG yegukanye igikombe cya champions League itsinze Inter Milan 5-0(Amafoto)

Winner Rwanda yafunguye ubwidagaduriro bw’abana mu murenge wa Gitega

Abantu 27 harimo abana 4 bakomerekeye mpanuka mu birori byo kwishimira igikombe Liverpool yegukanye

Jose Chameleon na Weasel bazatarama mu birori byo kwishimira Ibikombe APR FC yegukanye

Munyakazi Sadate yasezeranyije Perezida Kagame kuzazana ibikombe mpuzamahanga mu Rwanda

Nsanzabera Jean Paul April 27, 2023 April 27, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Shampiyona ya Billard yegukanywe na Murekatete Edissa

December 2, 2024
Imyidagaduro

Skol yateguye igitaramo Nyega Nyega kizahuriramo abaraperi bakanyujijeho mu Rwanda

May 5, 2023
Imyidagaduro

The ben yasabye abakunzi be kumuhitiramo indirimbo nshya yashyira hanze muri ebyiri afite

October 12, 2023
Imyidagaduro

John Legend yunamiye inzirakarengane za Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 zishyinguye mu rwibutso rwa Kigali

February 24, 2025
Andi makuru

Perezida Kagame yazamuye mu ntera abapolisi basaga 4000

June 7, 2023
Andi makuru

Umuryango wa Jimmy Carter watangaje ko amaze umwaka ari mu kigo gishinzwe kumwitaho

February 19, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?